Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaganga Bo Muri Cuba Bazaza Mu Rwanda Guhugura Bagenzi Babo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaganga Bo Muri Cuba Bazaza Mu Rwanda Guhugura Bagenzi Babo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2024 10:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko mu mezi atatu ari imbere mu Rwanda hazagera itsinda ry’abaganga bo muri Cuba bazaza guhugura bagenzi babo mu mivurire igezweho. Biri muri gahunda Leta y’u Rwanda ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo  yo kongera inshuro enye umubare w’abaganga mu myaka ine.

Biteganyijwe ko abaganga bo muri Cuba bazaza mu Rwanda bazoherezwa mu bitaro byo mu Rwanda kugira ngo bakorane na bagenzi babo.

Mu Ugushyingo, 2023 , Minisiteri y’ubuzima yatangije gahunda ifatanyijemo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima na Kaminuza y’u Rwanda yo guhugura abaganga barimo ababyaza n’abaforomo, abavura za cancer, indwara zifata amaso n’abandi kugira ngo bizamura umubare w’abaganga wikubye byibura inshuro enye.

Icyo Minisiteri y’ubuzima irangamiye ni uko mu ishami ry’ubuvuzi muri Kaminuza y’u Rwanda hajya harangiza abanyeshuri bari hagati ya 2000 n’abanyeshuri 8000 buri mwaka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Inzego z’ubuvuzi mu Rwanda zubatse guhera ku rwego rw’Umudugudu ahari za postes de santé 1,247, ibigo nderabuzima 512, ibitaro 40 by’Uturere, ibitaro bine(4) byo ku rwego rw’Intara n’ibitaro umunani(8) by’icyitegererezo ku rwego rw’igihugu.

N’ubwo Guverinoma ifite umugambi wo kongera umubare w’abiga ubuvuzi, ku rundi ruhande, ababyaza n’abaforomo basaba Leta kuzamura urwego rw’imibereho yabo kuko ngo bavunika bagahembwa intica ntikize!

Umuyobozi w’Urugaga rw’abaforomo n’ababyaza mu Rwanda witwa André Gitembagara yigeze kubwira  itangazamakuru ko bikwiye ko Leta yita ku babyaza n’abaforomo kuko bagira uruhare rutaziguye mu kuvuka no kubaho kw’impinja na ba Nyina.

Yemeza ko hari bamwe mu babyaza n’abaforomo b’abahanga bahitamo gushaka akazi mu mahanga nko muri Canada no mu Bwongereza bityo u Rwanda rugatakaza amaboko.

Imvune no guhembwa nabi biri mu bituma abakora uyu mwuga bawuvamo cyangwa bakajya kuwukorera mu mahanga.

- Advertisement -

Abaforomo n’ababyaza bahembwa hagati ya Frw 120, 000 na Frw 200,000.

Impuzandengo y’amasaha bakora mu Cyumweru ni 60  kandi ubundi itegeko rivuga ko umukozi wa Leta atagomba kurenza hagati y’amasaha 40 na 45 mu Cyumweru.

Kuba Cuba izohereza abaganga bayo gufasha ab’u Rwanda biri no mu byaganiriweho na Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana ubwo aheruka gusura Cuba mu mezi make yatambutse.

Cuba na Israel biri mu bihugu bifite abaganga benshi ugereranyije n’umubare w’abaturage.

TAGGED:AbabyazaAbaforomoAbagangaCubafeaturedRwandaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ICUKUMBUYE: Uyobora Ubutasi Bw’Uburundi Ntiyifuzaga Kuyoborwa Na Ndayishimiye
Next Article Israel Yemereye Amakamyo 419 Kwinjiza Imfashanyo Muri Gaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?