Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abagororwa Hafi 4800 Barimo Abahamijwe Kwikuramo Inda Bafunguwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abagororwa Hafi 4800 Barimo Abahamijwe Kwikuramo Inda Bafunguwe

admin
Last updated: 04 August 2021 5:11 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatangaje ko rwarekuye abagororwa 4791 barimo abagore 10 bahamijwe icyaha cyo gukuramo inda baheruka guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame, n’abandi 4781 barekuwe by’agateganyo.

Ni nyuma y’ibyemezo byafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30 Nyakanga 2021, muri Village Urugwiro.

RCS yanditse kuri Twitter iti ” Kuri uyu wa 04/08/2021, Abagore 10 bahamijwe n’inkiko icyaha cyo gukuramo inda bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, ndetse n’abandi bagororwa 4781 bafunguwe by’agateganyo n’Iteka rya Minisitiri batangiye gusubizwa mu miryango yabo.”

Kuri uyu wa Gatatu nibwo hasohotse Iteka rya Perezida ritanga imbabazi ku bagore 10 bahamijwe icyaha cyo kwikuramo inda, bakagenda bakatirwa ibihano bitandukanye biri hagati y’igifungo cy’umwaka umwe n’imyaka itatu.

Harimo batatu bo mu Karere ka Musanze, babiri bo muri Nyamagabe, batatu bo muri Muhanga, umwe wo muri Ngoma, umwe wo muri Nyarugenge.

Ni nayo gazeti yasohotsemo Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ry’abakatiwe 4781, bari bafungiwe muri gereza za Bugesera, Gicumbi, Huye, Muhanga, Musanze, Ngoma, Nyagatare, Nyamagabe, Nyanza, Nyarugenge, Rubavu, Rusizi na Rwamagana.

Mu barekuwe harimo Umushinwa Zhou Fudong wari ufingiwe mu Rwanda, mu 2019 wakatiwe gufungwa imyaka itanu azira gutanga indonke.

Muri rusange abarekuwe by’agateganyo bahamijwe ibyaha byiganjemo ubuhemu, gukubita no gukomeretsa harimo n’aho byateye urupfu, kwiba, gusenya inyubako utari nyirayo, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukora inyandiko mpimbano.

Ibyo byaha kandi birimo kunywa no gufatanwa ibiyobyabwenge no gukwirakwiza amafaranga y’amahimbano.

Ni ibyaha byatumye bariya bantu bakatirwa igifungo kiri hagati y’imyaka 10 yakatiwe uwahamijwe gukubita no gukomeretsa byateye urupfu n’imyaka ibiri yakatiwe abahamijwe icyaha cyo kwiba.

Abarekuwe bategetswe kwiyereka Umushinjacyaha wo ku Rwego rw’Ibanze rw’aho baba no kubimenyesha inzego z’ubuyobozi mu gihe cy’iminsi 15, no kwitaba Umushinjacyaha inshuro imwe mu kwezi ku munsi yagennye.

Bategetwe gusaba Minisitiri ufite ubutabera mu nshingano ze uruhushya igihe cyose bashatse kujya mu mahanga.

Biteganywa ko nk’uwahawe imbabazi ashobora kuzamburwa bitewe n’imwe mu mpamvu zirimo igihe yaba akatiwe kubera ikindi cyaha cyangwa atubahirije kimwe mu byategetswe.

Ku warekuwe by’agateganyo na we ashobora kongera gufungwa igihe akatiwe kubera ikindi cyaha cyangwa atitwaye neza ku buryo bugaragara.

Uwambuwe ifungurwa ry’agateganyo cyangwa imbabazi afungwa igice cy’igihano cy’igifungo yari asigaje igihe yarekurwaga.

Hisunzwe ayahe amategeko ?

Ingingo ya 227 y’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ryo mu mwaka wa 2019, iteganya ko Perezida wa Repubulika afite ububasha bwo gutanga imbabazi ku muntu wakatiwe n’urukiko, abisabwe cyangwa abyibwirije, amaze kugisha inama Urukiko rw’Ikirenga.

Imbabazi zitanzwe na Perezida wa Repubulika zivanaho ibihano byose cyangwa bimwe uwakatiwe yahawe cyangwa zikabisimbuza ibindi bihano byoroshye.

Gusaba imbabazi bikorwa mu nyandiko uwakatiwe igihano cyangwa umuhagarariye mu buryo bwemewe n’amategeko yandikira Perezida wa Repubulika.

Inyuzwa ku buyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa iyo usaba imbabazi afunze, bikamenyeshwa Minisitiri ufite ubutabera mu nshingano ze.

Usaba imbabazi agaragaza impamvu ashingiraho azisaba.

Ingingo ya 232 yo iteganya ko uwakatiwe igihano kimwe cyangwa byinshi by’igifungo ashobora gufungurwa by’agateganyo kubera impamvu zitandukanye.

Zirimo igihe yagaragaje ibimenyetso bihagije by’ubwitonzi kandi agaragarwaho impamvu nyakuri zihamya ko azabana neza n’abandi, cyangwa arwaye indwara ikomeye idashobora gukira, byemejwe n’umuganga wemewe na Leta.

Ashobora kubisaba kandi igihe yakatiwe igifungo kitarengeje imyaka itanu akaba amaze gufungwa kimwe cya gatatu cyayo, cyangwa iyo yakatiwe igifungo kirengeje imyaka itanu akaba amaze gufungwa bibiri bya gatatu byayo.

Iyo yakatiwe igifungo cya burundu ntashobora gufungurwa by’agateganyo atarangije imyaka 20 y’igifungo.

Ifungurwa ry’agateganyo ry’uwakatiwe risabwa Minisitiri ufite ubutabera mu nshingano ze, binyujijwe ku Muyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa.

Abarekuwe bagendaga bahabwa icyemezo cy’uko bafunguwe mu buryo bwemewe n’amategeko
TAGGED:AbagororwafeaturedImbabaziPaul KagameRCS
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IBUKA Yikomye Ishyirahamwe Rivuga Ko Rivugira Abarokotse Jenoside
Next Article Umunyapolitiki Utavuga Rumwe na Leta Ya Tanzania Yagejejwe Imbere Y’Urukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?