Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaherutse Gutorwa Muri Njyanama Bahise Bajyanwa Gutyaza Ubwenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaherutse Gutorwa Muri Njyanama Bahise Bajyanwa Gutyaza Ubwenge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2021 10:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi 500 baherutse gutorerwa kujya mu Nama Njyanama mu Turere twose n’Umujyi wa Kigali ubu bari i Rwamagana mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda riri mu Murenge wa Gishari gutyaza ubwenge.

Ni amahugurwa abaye nyuma y’igihe gito batorewe ziriya nshingano nshya basimbuye bagenzi babo bari basanzwe muri kariya kazi.

Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari Commissioner of Police( CP) Robert Niyonshuti niwe wabahaye ikaze.

CP Robert Niyonshuti, Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi rya Gishari

Bose bari bambaye impuzankano ya Polisi y’u Rwanda, bicaye mu cyumba bakurikiye inama bahawe na Polisi ndetse na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Hon Jean Marie Vianney Gatabazi.

Ubwo yagiraga icyo atangaza nyuma y’uko za Njyanama na Nyobozi zose zabonaga abazijyamo, Minisitiri Gatabazi yasabye abayobozi bashya kuzirinda amatiku ahubwo bagakorera hamwe.

Yabibukije ko inshingano yabo ya mbere ari ugusenyera umugozi umwe hagamijwe iterambere ry’umuturage.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi atangiza ariya mahugurwa

Byitezwe ko rimwe mu masomo bariya bayobozi bazahahwa harimo no kumenya uko bakorana hagati yabo ndetse bakongererwa n’ubumenyi basangwa mu burere mboneragihugu.

Ibi ni ngombwa kuko hari bamwe bagiye muri ziriya nshingano zitoroshye ku nshuro ya mbere.

Hari bamwe mu bayobozi bayoboye mbere y’aba, bagiye bagaragarwaho imyitwarire idahwitse irimo guhohotera abaturage, gukurikiranwaho ruswa, kunyereza ibigenewe abatishoboye n’ibindi.

Ni kenshi Perezida Paul Kagame yacyashye abayobozi haba mu nama yabaga yagiranye n’abaturage yabasanze mu mirenge ndetse no mu Nama nkuru y’Umushyikirano, akababwira ko nta wundi bakorera uretse umuturage.

TAGGED:AbayobozifeaturedGatabaziGishariMinisitiriPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 106 Bamaze Gutabwa Muri Yombi Nyuma y’Ibitero Byagabwe i Kampala
Next Article Ubwisanzure Mu Itangazamakuru Buri Kuri 93.7%-Ubushakashatsi Bwa RGB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?