Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakingiwe Byuzuye Ni Bo Bazareba Umukino wa Rayon Sports Na Kiyovu Sports
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abakingiwe Byuzuye Ni Bo Bazareba Umukino wa Rayon Sports Na Kiyovu Sports

admin
Last updated: 22 October 2021 1:05 pm
admin
Share
Stade Amahoro
SHARE

Rayon Sports F.C igiye guhura na Kiyovu Sports F.C mu mukino witiriwe ‘Rayon Sports Day’ uzitabirwa gusa n’abafana bakingiwe byuzuye COVID-19, ari na wo mukino wa mbere w’umupira w’amaguru uzarebwa n’abafana guhera muri Werurwe 2020.

Ni umukino uzabera muri Stade Amahoro ku Cyumweru saa cyenda. Bijyanye n’uko ibikorwa nk’ibi bitagomba kurenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu, biteganywa ko uyu mukino uzarebwa n’abafana 8000.

Bitandukanye n’uko byagendaga ku yindi mikino aho urukingo rumwe rwa COVID-19 rwemerwaga, kuri uyiya mukino hazemererwa abakingiwe byuzuye gusa.

Ni ukuvuga abahawe inkingo ebyiri ku bakingiwe hakoreshejwe Pfizer, AstraZeneca na Sinopharm cyangwa rumwe rwa Johnson & Johnson.

Umuvugizi wa Rayon Sports Nkurunziza Jean Paul, yabwiye itangazamakuru ko ari icyemezo cyafashwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC.

Ati “Icya mbere ni uko urukingo rumwe rutemewe, urabizi ko muri Volleyball na Basketball wasabwaga kuba ufite urukingo rumwe, ariko RBC mu nama tuvuyemo mu kanya batubwiye ko bazemera ko umuntu agura itike akinjira, agomba kuba afite inkingo ebyiri.”

Uretse gukingirwa byuzuye, nk’ibisanzwe umuntu agomba kuba yaripimishije COVID-19 bikagaragara ko ari muzima, kandi igipimo kikaba kitarengeje amasaha 72.

Yakomeje ati “Ikindi ni uko itike ahasigaye hose ni 2000 Frw, 5000 Frw mu ntebe z’umuhondo na 15,000 Frw mu myanya y’icyubahiro na 20,000 Frw mu myanya y’imbere mu cyubahiro (VVIP).”

Biteganywa ko amatike atangira kugurishwa kuri uyu wa Gatanu saa kumi n’imwe.

Nkurunziza yavuze ko iyi gahunda ibaye ku nshuro ya kabiri, ahanini igamije gutuma abafana bongera gusubira muri stade nyuma y’amezi 19.

Stade Amahoro iyo yuzuye neza yakira abafana 25,000.

TAGGED:featuredKiyovu SportsRayon SportsRayon Sports DayStade Amahoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzego Ziyemeje Korohereza Umukozi W’Umugore Ufite Umwana Muto
Next Article Airtel- Rwanda Yahaye Abamotari Umwambaro W’Akazi Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?