Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaminisitiri Basabye Ko Abadepite Ba EALA Bagabanywa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abaminisitiri Basabye Ko Abadepite Ba EALA Bagabanywa

admin
Last updated: 24 November 2021 11:09 am
admin
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri bashinzwe imari n’ubucuruzi mu Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yasabye ko umubare w’abagize Inteko ishinga amategeko yawo ugabanywa, bijyanye n’uburyo ingengo y’imari iyitangwaho ikomeje kuba nini cyane.

Ni igitekerezo cyazamuwe mu gihe EAC ikomeje kugira ibibazo by’amikoro, bishingiye ku misanzu y’ibihugu ikunze kudatangirwa igihe.

Raporo yashyikirijwe inama ya 12 ya ba minisitiri bashinzwe imari n’ubucuruzi muri EAC, igaragaza ko EALA ifite abayigize benshi ugereranyije n’izindi nteko zishinga amategeko z’uturere, bigatuma ari nayo itangwaho amafaranga menshi kugirango yuzuze inshingano zayo.

Igitekerezo kivuga ko umubare w’abadepite bahagarariye buri gihugu wagabanywa, bakava ku icyenda bakaba batanu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bibarwa ko mu misanzu itangwa n’ibihugu nibura 35.35 ku ijana bikoreshwa kuri EALA, ubunyamabanga bukuru bw’umuryango butangwaho 35.16 ku ijana naho Urukiko rwa Afurika y’Iburasirazuba rugatangwaho 7.06 ku ijana.

Iyo raporo yanasabye ko inshuro iyi nteko iteraba zagabanywa zikaba enye mu mwaka w’ingengo y’imari, hagamijwe kugabanya ingengo y’imari ikoreshwa.

Amakuru avuga ko ubusanzwe buri mudepite ahabwa umushahara wa buri kwezi ungana na $6,408 (nibura miliyoni 6,6 Frw) hakiyongeraho $160 ashyikirizwa uko inteko yateranye.

Iyo mikorere ngo ivuguruwe maze aba badepite mu mirimo yabo bakajya bunganirwa n’inteko zishinga amategeko zisanzwe z’ibihugu, inshuro bahura zagabanyuka n’amafaranga atangwa bikaba uko.

Abadepite ba EALA ariko bamaganye iyo raporo, bavuga ko imikorere yabo ari icyitegererezo ku zindi nteko z’uturere.

- Advertisement -

Depite Rose Akol uhagarariye Uganda muri EALA, yavuze ko uko iyi nteko igengwa n’amasezerano ashyiraho EAC ku buryo bariya baminisitiri atari bo bagomba kuba basuzuma kiriya kibazo, nk’uko ikinyamakuru Nation cyabitangaje.

Ni icyemezo kugira ngo cyubahirizwe kigomba kwemezwa n’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango, nk’urwego rukuru rwawo.

Buri gihugu gihagararirwa n’abadepite icyenda, aho umuntu yemerewe manda zitarenga ebyiri z’imyaka itanu, itanu.

Muri manda izarangira mu 2022 u Rwanda ruhagarariwe na Martin Ngoga ari na we uyoboye EALA, Rwigema Pierre Celestin, Kalinda François Xavier, Barimuyabo Jean Claude, Bahati Alex, Uwumukiza Françoise, Rutazana Francine, Ndangiza Fatuma na Gasinzigwa Oda.

TAGGED:EACEALAfeaturedMartin Ngoga Abadepite
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafana 15 Bafatiwe Ku Mukino Wa APR FC na Rayon Sports
Next Article Abayoboye Igitero Cyishe Abaturage Mu Kinigi Basabiwe Gufungwa Burundu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?