Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana B’i Kayonza Batsinze Irushanwa Mu Ikoranabuhanga Bazabishimirwa N’Akarere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Abana B’i Kayonza Batsinze Irushanwa Mu Ikoranabuhanga Bazabishimirwa N’Akarere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2024 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

John Bosco Nyemazi uyobora Akarere ka Kayonza yabwiye Taarifa ko ubuyobozi bw’ako,  ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bako, bazahemba abana bo muri Kayonza Modern School baraye babaye aba mbere mu guhanga ikoranabuhanga ryifashisha ubwenge bukorano, artificial intelligence.

Ntiyatangaje icyo gihembo icyo ari cyo ariko avuga ko kuba bahesheje akarere ishema bitazagurikira aho.

Nyemazi yagize ati: “ Ni ishema nk’akarere kandi intambwe bateye yatanze umusaruro. Nk’Akarere tuzareba niba hari ibintu bakeneye ngo tubatere inkunga. Tuzashaka abandi bafatanyabikorwa badufasha mu guteza imbere imyigire yabo”.

Abajijwe niba impamvu yaba yaratumye abo bana batsinda itaba ifitanye isano ya bugufi ni uko abenshi biga muri kiriya kigo ari abaturutse i Kigali bakaba bafite ubumenyi mu ikoranabuhanga kurusha abo muri Kayonza (Akarere k’icyaro) Meya Nyemazi yavuze ko atari ko abibona.

Asanga impamvu yareberwa ku myigishirize y’ikigo kuko abana bose bigishirizwa hamwe, bakigishwa bimwe hatarebwe aho  buri wese yaturutse.

Yavuze ko ibyo abanyeshuri bo muri kiriya kigo bagezeho ari urugero rw’ibishoboka kuri bagenzi babo.

John Bosco Nyemazi

Avuga ko byerekana kandi ubushake ubuyobozi bukuru bw’u Rwanda bufite mu kuzamura  no guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi.

Kubera ko hari ikindi kiciro cyo kurushanwa muri uru rwego rw’ikoranabuhanga, Nyemazi yasabye abanyeshuri batsinze icyiciro cyabanje kurushaho kwihugura kugira ngo bazahagararire neza u Rwanda mu Busuwisi ahazabera ikindi kiciro.

Ubwo aba banyeshuri bahembwaga hari na Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu.

Perezida Kagame yashimiye aba banyeshuri kubera ubuhanga berekanye

Yabashimiye ibyo bakoze binyuze mu guha buri wese mudasobwa igendanwa kandi ababwira ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu iterambere rya muntu muri rusange n’iry’igihugu by’umwihariko.

TAGGED:AbanyeshuriIkoranabuhangaKagameKayonzaMudasobwaNyemazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kugera Kure Siko Gupfa
Next Article Umunyasudani Y’Epfo Wavuzweho Kuburirwa Irengero Yarabonetse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?