Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 8 Bo Muri Kimihurura Bamaze Gupfa Bikekwa Ko Bazira Inzoga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu 8 Bo Muri Kimihurura Bamaze Gupfa Bikekwa Ko Bazira Inzoga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2021 9:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare yatangajwe n’Ikinyamakuru Flash FM ku rubuga rwacyo rwa Twitter ivuga ko kuri uyu wa Gatatu umuntu wa munani yishwe n’inzoga yitwa Umuneza, iherutse gukurwa k’isoko n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kwita ku miti n’ibiribwa, Rwanda FDA.

Umuntu wa munani iriya nzoga yishe yitwa Jeremy Hakizimana akaba ari umugabo w’imyaka 42 y’amavuko  nawe wari utuye mu Murenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo.

Tariki 27, Ukuboza, 2021 nibwo Taarifa yanditse inkuru ya mbere kuri iki kibazo cy’urupfu rw’abantu bane barimo abagabo batatu n’umugore umwe bazize inzoga yitwa Umuneza n’indi yitwa Imberabose.

Abaturage yahiranye ni abo mu Kagari ka Kimihurura, Umurenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo ahitwa mu Myembe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo gihe Umuyobozi nshingwabikorwa wungirije w’Akarere ka Gasabo Bwana Règis Mudaheranwa yabwiye Taarifa ko amakuru y’urupfu rw’abo bantu yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 27, Ukuboza, 2021.

Twongeye kumuhamagara kuri uyu wa Kane tariki 30, Ukuboza, 2021 ngo agire icyo atubwira ku mubare w’abaturage b’Akarere abereye Umuyobozi wungirije bakomeje kwicwa n’inzoga, ariko ntiyashobora kwitaba telefoni ye.

Abantu umunani bivugwa bahitanywe na ziriya nzoga ni abo mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo

Twamwandikiye ubutumwa bugufi, turacyategereje icyo abidutangarizaho.

Twahamagaye n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimihurura Madamu Alphonside Murebwayire ngo nawe agire icyo adutangariza kuri iki kibazo  ariko ntiyashoboye kwitaba telefoni ye igendanwa.

Ubutumwa bugufi twamwandikiye tumubaza kuri iki kibazo yadusubije ko ari mu nama, ko hakekwa abantu barindwi ko ari bo bahitanywe n’iriya nzoga.

- Advertisement -

Yatwandikiya ati: ” Ndi mu nama. Harakekwa 7″.

Hakizimana Jeremy uvugwaho kuba uwa munani wahitanywe n’iriya nzoga yari asanzwe atuye mu Mudugudu w’Ubumwe.

Mu murenge wa Kimihurura mu mudugudu w'Ubumwe haravugwa umugabo witwa Hakizimana Jeremy ufite imyaka 42 witabye IMANA bivugwa ko yishwe N'inzoga yitwa Umuneza imaze guhitana abagera ku 8 mu minsi itatu gusa. @Gasabo_District pic.twitter.com/ghnlDnIiF2

— Flash Radio & TV (@flashfmrw) December 29, 2021

Ku wa Kabiri tariki 28, Ukuboza, 2021 nibwo Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti, Rwanda FDA, cyahagaritse ku isoko amoko abiri y’inzoga zikoze mu bitoki.

Imwe yitwa Umuneza na Tuzane, mu gihe hagikorwa iperereza ku ngaruka zagaragaye ku bantu batandukanye bavuga ko bari bazinyoye.

Uretse abapfuye ku wa Mbere tariki 27, Ukuboza, 2021  barimo umugore umwe n’abagabo batatu, hari n’abandi babiri barimo umugore n’umugabo icyo gihe bajyanywe kwa muganga barembye.

Bose byavugwaga ko bahereye ku munsi ubanziriza uwa Noheli banywa Umuneza.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa Rwanda FDA, Dr Emile Bienvenu, yavuze ko ari icyemezo iki kigo cyafashe gishingiye ku igenzura ryakozwe nyuma ya raporo z’abantu bikekwa ko baguwe nabi nyuma yo kunywa bimwe muri biriya binyobwa.

Dr Bienvenu yagize ati: “Mu gihe Rwanda FDA ikiri gukora ubusesenguzi bwimbitse ndetse n’ibipimo bya Laboratwari ngo hamenyekane neza icyateye ingaruka abantu bagize, Rwanda FDA ibaye ihagaritse icuruzwa, ikwirakwizwa no kunywa izo nzoga.”

Izi nzoga Rwanda FDA yabaye izikuye ku isoko

Yasabye abagurishaga izo nzoga haba mu tubari no mu mabutike kubihagarika.

Yanasabye abaturarwanda kuba bahagaritse kuzinywa, ndetse n’inganda zikora izo nzoga zasabwe guhagarika kuzikora.

TAGGED:AbaturagefeaturedIbiribwaInzogaKimihurura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kubaka Ibitaro Bivura Umutima Bikomeye Mu Karere Ruherereyemo
Next Article Impamvu Guhabwa Urukingo Rushimangira Rwa COVID-19 Byashyizwe Ku Mezi Atatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?