Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 81 Bakatiwe Urwo Gupfa Biciwe Icyarimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 81 Bakatiwe Urwo Gupfa Biciwe Icyarimwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2022 2:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ubwa mbere abantu 81 bakatiwe urwo gupfa baciwe rimwe muri Arabie Saoudite. Birashoboka ko nta n’ahandi biraba ku Isi. Televiziyo y’iki gihugu yatangaje ko bariya bantu bari abagizi ba nabi barimo n’abakozi ba Al Qaida ‘bageze ikirenge mu cya shitani.’ Abishwe barimo abantu 73 bakomoka muri Arabie Saoudite, Abanya Yemeni barindwi n’Umunya Syria umwe.

Ikindi ubutegetsi bwo mu bwami bwa Arabie Saoudite buvuga ni uko bariya bantu bari barahamijwe ibyaha byo kwica abantu b’inzirakarengane barimo abana n’abagore.

Abantu benshi baherukaga kwicwa  nyuma yo guhamwa n’ibyaha bihanwa n’iki gihano ni abantu 60 bishwe mu mwaka wa 1980.

Undi mwihariko  ni uko abakatiwe urwo gupfa muri Arabie Saoudite akenshi bicwa baciwe umutwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu mwaka wa 2021 abantu 69 nabo barishwe nyuma yo guhamwa ibyaha bikomeye n’inkiko.

Icyakora bo ntibiciwe icyarimwe.

Abanya Arabie Saoudite 73 baraye bishwe,  Leta ivuga ko barimo abahoze muri Al Qaida, Islamic State ndetse n’abakoranaga n’abarwanyi b’aba Houthi bakorera muri Yemen.

Arabie Saoudite: Kimwe mu bihugu bicye ku isi bigifite igihano cy’urupfu mu mategeko yacyo

Abantu 60 bishwe mu mwaka wa 1980 bari bahamijwe uruhare mu bitero byagabwe ku Musigiti Mukuru w’i Macca, hari mu mwaka wa 1979.

Gushyira mu bikorwa kiriya gihano cy’urupfu bikozwe mu gihe isi yose muri iki gihe ihanze amaso ibiri kuba hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

- Advertisement -

Ibiro Ntaramakuru bya Arabie Saoudite byitwa SPA bivuga ko urubanza rwa bariya baregwa rwaburanishijwe n’abacamanza 13 kandi ruburanishwa mu byiciro bitatu kugira ngo bariya bantu bose uko ari 81 baburane.

Bivuga kandi ko bariya bantu bahawe uburenganzira bwo kunganirwa.

Ubutabera bwa Arabie Saoudite buvuga ko bariya bantu bakoze ibyaha bikomeye byahitanye benshi barimo abagore, abana n’abashinzwe umutekano.

Ubwami bwa Arabie Saoudite buri mu bihugu bicye ku isi bigifite igihano cy’urupfu mu mategeko yabyo kandi ibwami bavuga ko kiriya gihano kitagomba kuzavaho kuko giteganywa no muri Qoran.

TAGGED:ArabiefeaturedIbyahaSaouditeUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Bavuga Ko Umuntu Wabo Akurikiranyweho Urupfu Rw’Uwo Batiriranywe, Uwo Biririranywe Yidegembya
Next Article Rwanda: Ururimi Rw’Amarenga Rwatangiye Kwigishwa Abaganga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?