Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamahanga Benshi Bafungiwe Mu Rwanda Ni Abo Muri EAC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyamahanga Benshi Bafungiwe Mu Rwanda Ni Abo Muri EAC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2025 9:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Icyapa cyerekana aho igororero rya Nyarugenge riherereye.
SHARE

Nyuma yo kumva ko mu Rwanda hafungiwe abanyamahanga 500, Taarifa Rwanda yamenye ko abenshi muri bo ari abo mu Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba, EAC.

Abenshi muri bo bakurikiranyweho impapuro mpimbano, gukubita no gukomeretsa, ibyaha by’ikoranabuhanga n’ibibazo bifitanye isano na za Banki no guhemukira ababizeye bakabaha amafaranga.

Mu bafungiwe ibibazo by’amafaranga, ahaninni baba barafashwe bakaburanishwa bagafungwa kubera ibibazo bagiranye na za Banki nini zikorera mu Rwanda.

Amakuru Taarifa Rwanda yakuye mu rwego rw’igihugu rw’igorora avuga ko abenshi mu banyamahanga bafungiwe mu Rwanda ari abagabo kuko bihariye 80% n’aho abagore bakaba ari 20%.

Muri bo, haba harimo abatararangiza kuburana ariko bari mu igorero.

Impamvu ituma abatuye EAC ari bo benshi bafungiwe mu Rwanda ni uko ari abo mu bihugu bituriye u Rwanda,  bakaba batembera, cyangwa bagakora mu Rwanda, ibi bikabongerera ibyago byo kuba bafungwa baramutse bakoreye ibyaha mu Rwanda.

Mu batuye EAC bahafungiwe harimo abo muri Tanzania, Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Uganda n’Uburundi.

Abandi banyamahanga ni Umwongereza umwe, Umunya Comoros umwe, Abashinwa bane, abo muri Sierra Leone bane, Abanya Kenya bane, Umunya Bangladesh umwe n’abandi.

Ku byerekeye abanya Sudani bakunze kuvugwaho urugomo, amakuru avuga ko nta n’umwe muri bo uri mu igororero ry’u Rwanda kuko ibyaha bakora birangirira kuri Polisi ntibagezwe mu nkiko.

Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Igororero CG Evariste Murenzi niwe watangarije mu kiganiro n’abanyamakuru cyaraye kibaye uwo mubare w’abanyamahanga bafungiwe mu Rwanda.

Hari mu kiganiro cyo gutangiza Icyumweru cy’Ubutabera cyatangiye kuri uyu wa Mbere Tariki 08 kikazarangira Tariki 19, Ukuboza, 2025.

Murenzi yavuze ko mu Rwanda umuntu wese uhakoreye icyaha akagihamwa n’inkiko afungwa iyo ari cyo gihano zimukatiye.

Igisubizo cye kandi cyashimangiwe n’Umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe abakozi n’ubutegetsi DCG JC Ujeneza.

Ujeneza yavuze ko nta munyamahanga wakwigira ‘akari aha kajya he’ ngo ahungabanye Abanyarwanda hanyuma yumve ko yakwidegembya.

Ati: “Nta muntu uri hejuru y’amategeko yaba Umunyarwanda cyangwa umunyamahanga. Abantu bagomba kubimenya. Iyo bigaragaye ko umunyamahanga yakoze ibintu bigize icyaha tumushyikiriza RIB.”

TAGGED:AbanyamahangaAbaturagefeaturedIgororeroMurenzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Polisi Irashakisha Umugabo Ukekwaho Kwica Umugore We
Next Article Bugesera: Abaturage Bugarijwe N’Inzara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?