Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasoreshwa Baganiriye Na Rwanda Revenue
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abasoreshwa Baganiriye Na Rwanda Revenue

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2024 2:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) n’abo bakorana guhera kuri uyu wa 21 Werurwe 2024 batangije igikorwa cy’iminsi ibiri cyo kwegera abasora bakaganira ku bibazo bahura nabyo n’uburyo babona byakemurwa.

Bizimana Ruganintwali Pascal yahuye n’abari baje kuganirira nawe ku Gisimenti mu Mujyi wa Kigali.

Komiseri w’Imisoro y’Imbere mu Gihugu, Batamuliza Hadjara avuga ko guhura n’abasoreshwa ari uburyo bwo kuganira nabo ngo ibibazo bahura nabyo bishakirwe umuti.

Avuga ko ibibazo byakiriwe byibanze ahanini ku kwandukuza ubucuruzi, avuga ko hakenewe ubushakashatsi kugira ngo hamenyekane impamvu abantu benshi biyandikisha mu bucuruzi hashira igihe gito bagasaba kwiyandukuzaho

Ikindi ni icy’abantu basaba gukurirwaho amande baciwe bitewe no kutamenya inshingano zabo ngo bazubahirize birimo no kwibagirwa kumenyekanisha umusoro.

Ati : “Turabasaba ko bakangukira gusobanukirwa inshingano zabo nk’abasora, kubera ko nk’uko mubizi twagerageje gufunga TIN z’abantu batagize ikintu na kimwe bakora, twarazisuzumye turazifunga”.

Avuga ko hari  abandi bafite imyenda y’imisoro y’ibirarane by’imyaka myinshi kandi ko ari benshi.

Abo bose ngo bakangurirwa kumenya inshingano zabo, bakamenyekanisha umusoro wabo bakanawishyura kuko itegeko riteganya ko umusoro utishyuwe mu gihe cyawo ugira ibihano n’inyungu z’ubukererwe zijyanirana nabyo.

Icyakora ngo umuntu ufite umwenda uremereye cyane ashobora kuvugana n’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro bakemeranya uko azajya ayishyura mu byiciro.

Abakemuriwe ibibazo bishimiye ko abayobozi bakuru ba RRA babegereye, babakemurira ibibazo batagombye kubasanga ku cyicaro gikuru.

Bizimana Ruganintwali Pascal yahuye n’abari baje kuganirira nawe ku Gisimenti

Umwe muri bo witwa Uwimana Thérèse akorera ubucuruzi mu Karere ka Gasabo.

Avuga ko umucungamutungo we yarangaye mu kwishyura imisoro, ibihano birazamuka.

Ati : “Twumvise itangazo ko hari abakomiseri baje kutwegera nk’abasora, nza kubareba ngo mbasobanurire icyo kibazo. Komiseri yamfashije ansobanurira imisoro uko iteye, nsanga nibyo, anyereka inzira nshobora gucamo ngo nkurirweho ibihano n’amande, nkishyura umusoro fatizo (principale) kugira ngo mbashe no gukomeza akazi, nkomeze kwiteza imbere kandi nteza imbere igihugu. Igisubizo mpawe cyanyuze.”

Uwo mu Murenge wa Kigarama mu karere ka Kicukiro witwa Mbituyimana Jean de Dieu we avuga ko ubwo yajyaga kwishyura umusoro ku mutungo utimukanwa ku butaka, yitabaje umuntu usanzwe afasha abasora ukorera ku muhanda.

Yamwujurije ifishi nabi mu kugena agaciro k’umutungo ashyiramo amafaranga menshi.

Mu gihe yagombaga kwishyura umusoro wa Frw 18,000 yamwujurije nabi asanga azishyura hejuru ya miliyoni Frw 10.

Uyu mucuruzi yahise yandikira ikigo cy’imisoro n’amahoro agenera kopi Komiseri Mukuru amwemerera ko bihinduka ariko ntibyakurwa muri sisiteme.

Yashimiye ko ubwo bahuraga Komiseri Mukuru yahise amukemurira cya kibazo cyari kimuhangayikishije.

Ikigo cy’imisoro n’amahoro kandi gishishikariza abasora bafite imisoro batishyuye kwimenyekanisha ku bushake, mbere yo kumenyeshwa ko bazakorerwa igenzura.

Impamvu ni u ko bashyiriweho ubworoherezwe bubemerera kwishyura umusoro w’ibanze, ntibacibwe amande n’ibihano by’ubukererwe.

Ikigo cy’imisoro n’amahoro gisaba abacuruzi  kumenyekanisha no kwishyura umusoro ku nyungu w’umwaka wa 2023 mbere  kuko italiki ntarengwa ya 31, Werurwe, 2024.

TAGGED:AbasoreshwaAmahorofeaturedImisoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Angola, DRC N’u Rwanda Mu Biganiro Ku Bibazo By’Umutekano Muri DRC
Next Article Nkongwa Iravugwa Mu Bigori N’Amasaha By’i Nyamagabe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?