Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe ubukungu Gashema Janvier asaba abashoramari baba ab’i Nyaruguru cyangwa ab’ahandi gushora i Kibeho muri byinshi harimo n’aho bavungirishiriza amadolari.
Gashema yabivugiye mu Nama yagutse yahuje abashoramari bo muri Nyaruguru n’abayobozi na RDB n’abandi bakora mu iterambere ry’igihugu bigira hamwe uko aka Karere kakomereza aho kageze.
Avuga ko mu myaka mike ishize, abasuraga Kibeho bari abantu 600,000, nyuma baza kwiyongera, ubu(mu mwaka wa 2025) bikubye kabiri baba Miliyoni 1.2.
Ubwiyongere bwabo bwatumye havuka ikibazo cyo kubacumbikira kuko hari benshi barara hanze.
Gashema ati: “Ntiwarara hanze, ngo aho waraye uhatinde. Tukeneye abantu bubaka amacumbi na Hoteli zihagije zizatuma abadusuye babona aho barira amafaranga yabo.”
Si amacumbi avuga ko akenewe kuko n’ishoramari mu rwego rw’imari nk’ibiro bivunja amadovize nabyo bikenewe kugira ngo abanyamahanga babone aho bayavunjishiriza.
Imboni y’Akarere ka Nyaruguru muri Guverinoma, (Rtd) Major General Albert Murasira wafunguye iyo Nama y’Abashoramari bo muri Nyaruguru yabwiye itangazamakuru ko aho kageze ari heza kuko kavuye ‘habi’.
Murasira avuga ko byaje guhinduka, ubu aka Karere kakaba karateye imbere mu nganda no mu bukerarugendo.
Minisitiri w’ibikorwa by’ubutabazi avuga ko n’ubwo ari uko bimeze, hagikenewe imikoranire ihamye hagati y’abikorera n’ubuyobozi.
Ati: “Dukurikije aho Akarere kavuye n’aho kari ubu turabona bigenda neza kuko kagerageje kwiteza imbere, ariko ubu igihe cyari kigeze ngo hashyirwaho ingamba zihamye ngo karusheho gutera imbere.”

Avuga ko mu nama yabahuje uyu munsi ari ukureba uko imikoranire hagati y’abikorera n’ubuyobozi yahama.
Yemeza ko ibyo byatinyura abashoramari bakarushaho gushora i Nyaruguru.
Albert Murasira avuga ko ibyo nibibaho, bizatuma abashoramari, bakabikora ‘babyibwirije.’
Umuyobozi wungirije muri RDB ushinzwe ishoramari Michelle Umurungi asanga kugira Nyaruguru irusheho gutera imbere, bikwiye ko abagatuye babigiramo uruhare rutaziguye.
Avuga ko abashoramari b’aho bakwiye kongera ishoramari ryaho, abasaba kutibanda gusa muri Kibeho ahubwo bakagukira no mu guteza imbere ubuhinzi bw’ibirayi no kurushaho kwita kuri Pariki ya Nyungwe.
Ati: “Nyaruguru ni Akarere katarabonerwa ishoramari rirambye mu bice byinshi. Hari amahirwe menshi turabonera ishoramari.”

Mu izina rya RDB, Michelle Umurungi yasezeranije abari muri iyo nama ku ishoramari mu Karere ka Nyaruguru ko ikigo akorera kizabunganira binyuze mu kuborohereza ishoramari binyuze mu misoro ibagabanyirizwa, mu kubufasha kumenyekanisha ibyo bakora n’ibindi.
Aka karere gatuwe n’abaturage bagera ku 340,000 batunzwe ahanini n’ubuhinzi kakabamo inganda enye.
Nyaruguru yose yahoze muri Perefegitura ya Gikongoro ikaba yari muzikennye kurusha izindi mu Rwanda.
Aka Karere kahurijwemo izahoze ari Komini Nshili, Mubuga na Rwamiko.


