Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi B’u Bushinwa Bangiwe Gusezera Kuri Elisabeth II
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abayobozi B’u Bushinwa Bangiwe Gusezera Kuri Elisabeth II

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 September 2022 3:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi bw’u Bwongereza bangiye ab’u Bushinwa kuzitabira umuhango wo gusezera ku mwamikazi w’u Bwongereza Elisabeth II uherutse gutanga, akazatabarizwa kuri uyu wa Mbere Taliki 19, Nzeri, 2022.

Umuvugizi w’Inteko ishinga amategeko y’u Bwongereza witwa Sir Lindsay Hoyle avuga ko abayobozi b’u Bushinwa batemerewe kuzajya gushyira indabo ku isanduku Umwamikazi Elisabeth II aruhukiyemo iri muri Cathédrale ya Westminster.

Umwe mu Badepite bo mu Bwongereza yabwiye Politico ko ayo makuru ari impamo ariko ubwo iki kinyamakuru cyabazaga abo mu Biro bya Hoyle ngo agire icyo abivugaho, banze kubikora kuko ngo ari ikibazo cy’umutekano w’igihugu.

Sir Lindsay Hoyle Umuvugizi w’Inteko ishinga amategeko y’u Bwongereza

Hashize  iminsi mike abayobozi bo hirya no hino ku isi batumiwe kuzajya gusezera k’umwamikazi Elisabeth II kandi bigomba gukorwa mbere yo ku wa Mbere kubera ko ari wo munsi nyirizina azatabarizwa

Si ubwa mbere Abongereza banga ko abayobozi b’u Bushinwa binjira mu nzu  z’u Bwongereza zikomeye kuko no mu mwaka wa 2021 bangiye Ambasaderi w’u Bushinwa witwa Zheng Zeguang kwinjira mu Nteko ishinga amategeko y’u Bwongereza.

Hari nyuma y’uko u Bushinwa nabwo bufatiye ibihano abanyapolitiki benshi b’Abongereza bari bamaze iminsi babushinja gukorera iyicarubozo abatuye Intara Xinjiang bo mu bwoko bw’’aba Uyghur b’Abisilamu.

Amb Zheng Zeguang

U Bwongereza bwanzuye ko nta muyobozi w’u Bushinwa uzabwinjirira mu nyubako z’icyubahiro nk’Inteko ishinga amategeko igihe cyose buzaba butarakuraho biriya bihano.

U Bwongereza bupfa iki n’u Bushinwa?

Umubano mubi hagati ya Beijing na London ufite byinshi ushingiyeho ariko iby’ingenzi twavuga ni iby’u Bwongereza bwita ‘kutubahiriza uburenganzira bwa muntu’.

Ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi, ni ukuvuga u Burayi n’Amerika, bikunze kuvuga ko u Bushinwa buri mu bihugu bitubahiriza uburenganzira bwa muntu, bigatanga ingero zirimo uko bwitwara ku kibazo cy’abaturage b’Intara ya Xinjiang bo mu bwoko bw’’aba Uyghur b’Abisilamu.

Ni kenshi u Bwongereza n’ibindi bihugu by’i Burayi bwatangaje ko u Bushinwa bwubatse inkambi zo gutuzamo bariya baturage mu rwego rwo kubaca mu bandi Bashinwa.

Ibi ariko u Bushinwa burabihakana kandi ubivuze wese bamwitwaramo umwikomo.

Kubera ko u Bwongereza busanzwe ari inshuti magara n’Amerika, icyo u Bushinwa bupfuye na kimwe muri ibi bihugu kigira ingaruka no ku kindi.

Iby’uko u Bushinwa bufata nabi abaturage bo muri Xinjiang b’aba Uyghur b’Abisilamu byigeze kwandikwaho n’abanyamakuru ba BBC, u Bushinwa buhita bufunga imirongo iyi radio yumvikaniragamo muri kiriya gihugu.

Byabaye muri Gashyantare, 2021.

U Bwongereza n’u Bushinwa bakunze kugira ibyo bapfa

Hari hashize kandi igihe gito u Bwongereza nabwo bufunze Ikigo cy’itangazamakuru cy’Abashinwa kitwa CGTN cyahakoreraga.

Ubutegetsi bw’i Beijing bwavugaga ko BBC yatandukiriye amabwiriza agenga itangazamakuru ritabogamye, bityo ko ishami ryayo rivuga Icyongereza kandi ku makuru mpuzamahanga rifungwa.

U Bushinwa bwashinjaga BBC gutangaza amakuru abogamye arebana n’ingamba zabwo mu kurwanya COVID-19, ibirego iburega bwo gukoresha abantu imirimo y’agahato no kuvangura abaturage b’Abisilamu bitwa Uighurs.

Ubushinwa buri mu bihugu  bifite umubare munini w’abaturage bavuga Icyongereza ugereranyije n’ubwinshi bw’abagituye.

Mu mwaka wa 2020,  kandi u Bushinwa bwirukanye abanyamakuru ba The Washington Post, The Wall Street Journal na The New York Times.

Icyo gihe USA yategekwaga na Donald Trump.

Ikindi kibazo ni uko u Bwongereza bujya bushinja u Bushinwa gushaka kwigarurira Hong Kong nk’aho ari akarima kabwo, ibi kandi birakaza u Bushinwa cyane kuko buyifata nk’Intara yabwo.

Ibi byiyongeraho ko u Bushinwa busanzwe ari umufatanyabikorwa n’u Burusiya bwa Vladmir Putin, ikintu abayobozi b’u Burayi hafi ya bose batishimira.

TAGGED:AbayoboziBushinwaBwongerezaElisabeth
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twanze Guheranwa N’Ibibi Twubaka u Rwanda Rwishimirwa- Jeannette Kagame
Next Article Urubanza Rwa Bamporiki Rwasubitswe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?