Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Icyeneye Ubuhinzi Buvuguruye – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Afurika Icyeneye Ubuhinzi Buvuguruye – Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2021 7:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye abwiye abandi banyacyubahiro bari bitabiriye Inama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika ko abatuye uyu mugabane badakwiye guhinga ari benshi ahubwo bagomba no kweza bakihaza mu biribwa.

Hari mu nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga yiswe Africa Green Revolution Forum(AGRF) yari iyobowe na Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta, Haile Mariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia n’abandi.

Perezida Kagame yavuze ko kuba  70% by’abatuye Afurika bakora mu rwego rw’ubuhinzi ariko abarenga 35% by’abatihagije mu biribwa bakaba baba muri Afurika ari ikintu gikwiye guhinduka.

Abandi banyacyubahiro bitabiriye iriya nama yari iyobowe na Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta

Avuga ko  hacyenewe impinduka kugira ngo  ubuhinzi bunoge ndetse n’umusaruro ubukomokaho  ugasaranganywe neza hose ku isi.

Perezida Kagame yavuze ko kimwe mu bigomba gukorwa kugira ngo umusaruro uboneka muri Afurika ugirire abayituye akamaro ari ugucuruzanya hagati y’ibihugu byayo.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame avuga ko imihindagurikire y’ikirere nayo yazambije ibintu, ituma umusaruro ukomoka ku buhinzi ugabanuka.

Kimwe mu byatumye ugabanuka ni uko n’ubutaka buhingwa bwo muri Afurika bwakomeje kuba ubutayu.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko kugira ngo iki kibazo kigabanye ubukana bisaba imikoranire hagati y’inzego zifata ibyemezo muri Politiki y’ubuhinzi, abikorera ku giti cyabo ndetse no kubakira ubushobozi abakora muri urwo rwego.

Inzara ni ikibazo muri Afurika

Inzara muri Afurika isa n’iyabaye karande.

Raporo yasohotse mu mwaka wa 2020 isohowe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi yavuze ko uko imibare ihagaze muri iki gihe yerekana ko mu mwaka wa 2030 abantu bashonje ku isi bazaba ari miliyoni 840.

Imibare yerekana ko mu mwaka wa 2019, Mozambique nicyo gihugu cyahuye n’ikibazo cy’ubutayu gikomeye kubera ingaruka zo gushyuha kw’ikirere.

Ikindi gihugu cya Afurika cyugarijwe gisa n’aho inzara yakibayemo karande ni Ethiopia.

Mu minsi ishize hari raporo yasohowe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi itabariza abatuye Intara ya Tigray kubera inzara ibugarije.

Ni inzara yiyongereye ku bibazo bya Politiki bihamaze iminsi ndetse byateye intambara hagati y’abatuye iriya Ntara n’ubuyobozi bw’i Addis Ababa.

TAGGED:AfurikafeaturedInzaraKagameKalibataKenyattaRwandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Rusumo Hafatiwe Ikamyo Yibwe Muri Afurika Y’Epfo
Next Article Guinée Yahawe Akato
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?