Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Icyeneye Ubuhinzi Buvuguruye – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Afurika Icyeneye Ubuhinzi Buvuguruye – Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2021 7:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye abwiye abandi banyacyubahiro bari bitabiriye Inama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika ko abatuye uyu mugabane badakwiye guhinga ari benshi ahubwo bagomba no kweza bakihaza mu biribwa.

Hari mu nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga yiswe Africa Green Revolution Forum(AGRF) yari iyobowe na Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta, Haile Mariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia n’abandi.

Perezida Kagame yavuze ko kuba  70% by’abatuye Afurika bakora mu rwego rw’ubuhinzi ariko abarenga 35% by’abatihagije mu biribwa bakaba baba muri Afurika ari ikintu gikwiye guhinduka.

Abandi banyacyubahiro bitabiriye iriya nama yari iyobowe na Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta

Avuga ko  hacyenewe impinduka kugira ngo  ubuhinzi bunoge ndetse n’umusaruro ubukomokaho  ugasaranganywe neza hose ku isi.

Perezida Kagame yavuze ko kimwe mu bigomba gukorwa kugira ngo umusaruro uboneka muri Afurika ugirire abayituye akamaro ari ugucuruzanya hagati y’ibihugu byayo.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame avuga ko imihindagurikire y’ikirere nayo yazambije ibintu, ituma umusaruro ukomoka ku buhinzi ugabanuka.

Kimwe mu byatumye ugabanuka ni uko n’ubutaka buhingwa bwo muri Afurika bwakomeje kuba ubutayu.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko kugira ngo iki kibazo kigabanye ubukana bisaba imikoranire hagati y’inzego zifata ibyemezo muri Politiki y’ubuhinzi, abikorera ku giti cyabo ndetse no kubakira ubushobozi abakora muri urwo rwego.

Inzara ni ikibazo muri Afurika

Inzara muri Afurika isa n’iyabaye karande.

Raporo yasohotse mu mwaka wa 2020 isohowe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi yavuze ko uko imibare ihagaze muri iki gihe yerekana ko mu mwaka wa 2030 abantu bashonje ku isi bazaba ari miliyoni 840.

Imibare yerekana ko mu mwaka wa 2019, Mozambique nicyo gihugu cyahuye n’ikibazo cy’ubutayu gikomeye kubera ingaruka zo gushyuha kw’ikirere.

Ikindi gihugu cya Afurika cyugarijwe gisa n’aho inzara yakibayemo karande ni Ethiopia.

Mu minsi ishize hari raporo yasohowe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi itabariza abatuye Intara ya Tigray kubera inzara ibugarije.

Ni inzara yiyongereye ku bibazo bya Politiki bihamaze iminsi ndetse byateye intambara hagati y’abatuye iriya Ntara n’ubuyobozi bw’i Addis Ababa.

TAGGED:AfurikafeaturedInzaraKagameKalibataKenyattaRwandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Rusumo Hafatiwe Ikamyo Yibwe Muri Afurika Y’Epfo
Next Article Guinée Yahawe Akato
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?