Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Icyeneye Ubuhinzi Buvuguruye – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Afurika Icyeneye Ubuhinzi Buvuguruye – Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2021 7:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye abwiye abandi banyacyubahiro bari bitabiriye Inama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika ko abatuye uyu mugabane badakwiye guhinga ari benshi ahubwo bagomba no kweza bakihaza mu biribwa.

Hari mu nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga yiswe Africa Green Revolution Forum(AGRF) yari iyobowe na Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta, Haile Mariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia n’abandi.

Perezida Kagame yavuze ko kuba  70% by’abatuye Afurika bakora mu rwego rw’ubuhinzi ariko abarenga 35% by’abatihagije mu biribwa bakaba baba muri Afurika ari ikintu gikwiye guhinduka.

Abandi banyacyubahiro bitabiriye iriya nama yari iyobowe na Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta

Avuga ko  hacyenewe impinduka kugira ngo  ubuhinzi bunoge ndetse n’umusaruro ubukomokaho  ugasaranganywe neza hose ku isi.

Perezida Kagame yavuze ko kimwe mu bigomba gukorwa kugira ngo umusaruro uboneka muri Afurika ugirire abayituye akamaro ari ugucuruzanya hagati y’ibihugu byayo.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame avuga ko imihindagurikire y’ikirere nayo yazambije ibintu, ituma umusaruro ukomoka ku buhinzi ugabanuka.

Kimwe mu byatumye ugabanuka ni uko n’ubutaka buhingwa bwo muri Afurika bwakomeje kuba ubutayu.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko kugira ngo iki kibazo kigabanye ubukana bisaba imikoranire hagati y’inzego zifata ibyemezo muri Politiki y’ubuhinzi, abikorera ku giti cyabo ndetse no kubakira ubushobozi abakora muri urwo rwego.

Inzara ni ikibazo muri Afurika

Inzara muri Afurika isa n’iyabaye karande.

Raporo yasohotse mu mwaka wa 2020 isohowe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi yavuze ko uko imibare ihagaze muri iki gihe yerekana ko mu mwaka wa 2030 abantu bashonje ku isi bazaba ari miliyoni 840.

Imibare yerekana ko mu mwaka wa 2019, Mozambique nicyo gihugu cyahuye n’ikibazo cy’ubutayu gikomeye kubera ingaruka zo gushyuha kw’ikirere.

Ikindi gihugu cya Afurika cyugarijwe gisa n’aho inzara yakibayemo karande ni Ethiopia.

Mu minsi ishize hari raporo yasohowe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi itabariza abatuye Intara ya Tigray kubera inzara ibugarije.

Ni inzara yiyongereye ku bibazo bya Politiki bihamaze iminsi ndetse byateye intambara hagati y’abatuye iriya Ntara n’ubuyobozi bw’i Addis Ababa.

TAGGED:AfurikafeaturedInzaraKagameKalibataKenyattaRwandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Rusumo Hafatiwe Ikamyo Yibwe Muri Afurika Y’Epfo
Next Article Guinée Yahawe Akato
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?