Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2025 7:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida wa Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe Mahmoud Ali Youssouf. Ifoto: Bantou Gazette
SHARE

Perezida wa Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe Mahmoud Ali Youssouf yatangaje ko akimara kumenya ko Samia Suluhu Hassan yatsinze amatora, yahise amushimira kuri iyo ntsinzi, ariko amwibutsa ko Afurika ishyigikiye politiki ishingiye kuri demukarasi.

Kuba amushimira kuri iyi ntsinzi ariko, ntibyabujije Ibiro bye kwamagana urupfu rw’abaturage baguye mu myigaragambyo yakurikiye itangazwa ry’ibyavuye muri ariya matora.

Amatora ya Perezida wa Tanzania n’ay’Abadepite yabaye kuwa Gatatu tariki 29, Ukwakira, 2025.

Yitabiriwe n’abantu bagera kuri miliyoni 30, ariko abashyigikiye amashyaka atari ku butegetsi barayamagana kuko bavugaga ko kuba abantu babo barayahejwemo bivuze ko ntawakwizera ko yaciye mu mucyo.

Abiganjimo urubyiruko nibo bagiye mu muhanda ya Dar es Salaam, Dodoma, Mwanza n’ahandi mu mijyi minini y’iki gihugu barigaragambya bikomeye.

Polisi yaraje ibanza kubuka ibyuka biryani mu maso ariko bayibera ibamba.

Nibwo yaje gukoresha amasasu nyayo irabarasa ndetse raporo ritangwa n’ibinyamakuru nka BBC, Al Jazeera, AFP n’ibindi zivuga ko haguye abantu bagera kuri 700.

Ibiro bya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika bivuga ko bibabajwe n’urupfu rw’abo bantu.

Mu itangazo ryabyo haranditse ngo: “ Chairperson ababajwe cyane n’urupfu rw’abantu bigaragambije nyuma y’itora riharuka muri Tanzania. Afashe mu mugongo abo mu miryango yaba nyakwigendera.”

Handitsemo ko Afurika yunze ubumwe ishaka ko demukarasi ishyirwa imbere hose muri Afurika, uburenganzira bw’abaturage bukubahirizwa.

Ibyo bigomba gukorwa bishingiye ku mahame ari mu Itegeko nshinga rishyiraho uyu muryango agenga imiyoborere ya demukarasi mu Cyongereza bise ‘Principles of the African Charter on Democracy, Elections and Governance.’

TAGGED:AfurikaAmatorafeaturedKomisiyoSamiaSuluhuTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga
Next Article Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Imidugararo Y’Amatora Muri Cameroun Yatumye Ibiciro Muri Centrafrique Bizamuka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

You Might Also Like

Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kwikira Inama Y’Abayobora Amashuri Ya Gisirikare Muri Afurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?