Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Airtel Money Igiye Gutangiza Gahunda Yo Kugoboka Abarwayi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Airtel Money Igiye Gutangiza Gahunda Yo Kugoboka Abarwayi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 July 2024 6:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gitanga serivisi z’ikoranabuhanga n’itumanaho Airtel Rwanda cyatangije gahunda yiswe Ingoboka igamije gufasha abarwayi kwishyura ibitaro no kubona uko bagura imiti ariko bakagira n’amafaranga basagura azabondora bakize.

Muri iyi gahunda Airtel izakorana na Radiant Insurance Company mu gufasha abarwayi bamaze kwiyandikisha muri iyi gahunda ya Ingoboka Cash.

Kugira ngo ushobora gukoresha iyo gahunda ni ngombwa ko uba uri umukiliya wa Airtel Money kandi ugakanda *182*6*2# ugakomeza…

Airtel Money na  Radiant bavuga ko ibi byakozwe no mu rwego rwo guteza imbere ikoranabuhanga mu rwego rw’ubwishingizi.

Ubu buryo bugabanyijemo uburyo bubiri ari bwo Ingoboka Kashi Y’ubuntu  na Ingoboka Kashi Y’ishyuwe.

Ingoboka Kashi Y’ubuntu iha umurwayi uburyo bwo kwishyura ibitaro amafaranga ya serivisi yahawe umurwayi kandi uwo murwayi akaba yabona na murandasi n’amayinite yo guhamagaza umuntu yishyuye Frw 750  kandi ibi bikaba buri kwezi.

Ubundi buryo ni  Ingoboka Cash Y’ishyuwe, bukaba uburyo buha umukiliya kubona uburyo yihitiyemo bwo kwiyitaho cyangwa kwita ku muryango we akoresheje amafaranga yunguka buri kwezi.

Gahunda ni uko umuntu ukoresheje Frw 750 ku kwezi agura amayinite cyangwa ipaki ya Airtel Money, azajya asubizwa Frw 6,000 kuri buri joro uwo muntu amaze mu bitaro.

Ni gahunda itangira nyuma y’iminsi itatu ari kwa muganga.

Icyo Airtel igamije ni ugufasha umuryango kubona amafaranga yawufasha gukomeza kubaho neza no mu gihe umuntu wawuhiraga arwaye.

Umuyobozi w’Ikigo Airtel Money witwa Jean Claude Gaga avuga ko ubuyobozi bwacyo bugamije gufasha abantu kubona uburyo bworoshye bwo kwishyura ibitaro ariko bakagira agafaranga basigarana kazatuma bacuma iminsi.

Umuyobozi nshingwabikorwa wa Radiant Yacu witwa Ovia K. Tuhairwe avuga ko ikigo cye kizakorana na Airtel Money kugira ngo abakiliya bayo barwaye babone uko bagobokwa nk’uko izina Ingoboka ribivuga.

Ubuyobozi bwa Airtel Money  buvuga ko iyi gahunda izagezwa hirya no hino mu Rwanda kugira ngo buri wese yungukirwe nayo.

Ubukangurambaga bwo kwitabira iyi gahunda bwatangirijwe muri Gare yo mu Mujyi rwagati ahitwa Down Town.

Umwe mu baturage bo mu Karere ka Ruhango wari uri muri Gare yabwiye itangazamakuru acyumva iby’iyi gahunda yumvise ayikunze.

Ati: ” Ninjiye hano nje gutega imodoka ntaha nsanga bari muri iyi gahunda. Barampamagara ngo bambwire ikintu cyamfasha. Naje nsanga bari muri gahunda ya Ingoboka Cash”.

Avuga ko nagera mu Ruhango azabishishikariza abandi baturage kuko yumva akamaro kabyo.

Uyu muturage avuga ko burya kwiteganyiriza ari ingenzi kuko ntawe umenya uko ejo azaramuka ameze.

Abaturage bavuga ko ubu buryo buzaba ari ingenzi ku bakiliya ba Airtel Money
TAGGED:AirtelGagaMoneyRadiantUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakiriye Indorerezi Mu Matora Aheruka
Next Article Habineza Arashaka Gushyira Imbaraga Nyinshi Mu Ishyaka Rye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?