Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akamaro K’Indabo Mu Kuruhura Abantu Mu Mutwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Akamaro K’Indabo Mu Kuruhura Abantu Mu Mutwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2022 12:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Indabo zihumura neza zirema umuntu mo akanyabugabo ko gukomeza gukora n'ubwo yaba ananiwe
SHARE

Umuntu aho ava akagera akunda ibimera. Ibimera ni ingenzi mu kuduha ibiribwa, umwuka wo guhumeka, ibicanwa, imiti, n’ibikoresho byo mu ngo. Hejuru y’ibi, hiyongeraho ko ibimera bitewe mu bikombe by’ibumba mu Biro abantu bakoreramo, bifasha mu kubagarurira akanyamuneza iyo akazi kabateye umwiryane

Indabo ziri mu bikombe by’ibumba zituma amaso azireba anyurwa n’amabara yazo, uko kunyurwa kukagera no mu bwonko, umuntu akumva aguwe neza.

Umwarimu wo muri Kaminuza ya Texas A&M University witwa Mengmeng Gu yabwiye The Washington Post ko indabo ari ibimera byiza haba mu murima cyangwa mu biro, mbese ngo aho zaba ziteye cyangwa ziteretse hose, zinyura amaso y’uzireba cyangwa uzikoraho.

Ubushakashatsi bumaze imyaka irenga icumi bwerekana ko mu mico yose y’abantu aho batuye hose ku isi, ibimera ari ibinyabuzima badashobora kubaho batabana nabyo.

N’ikimenyimenyi mu gihe abanyamateka bita Antiquité hari ubusitani bwubatswe i Babuloni bwubatswe n’umwami Nebukadinezari II kugira ngo bujye bumushimisha.

Umuntu wanditse bwa mbere iby’ubu busitani ni umuherezabitambo w’i Babuloni witwaga Marduk.

Bwabaye kimwe mu bintu bitangaje abantu bo muri kiriya gihe bubatse.

Ubu busitani babwita Hanging Garden of  Garden of Babylon.

Umubano w’abantu n’ibimera warakomeje kugeza n’ubu.

Nta hantu ku isi utazasanga ubusitani cyane cyane mu Mirwa mikuru.

Kubera ko abantu basigaye bakorera mu biro aho baba bitaruye ibimera, ubu abahanga bavuga ko kuzana ibimera mu nzu cyangwa mu biro ari ikintu kiza gituma umuntu adatandukana nabyo igihe kirekire.

Ubushakashatsi buvuga ko iyo umuntu ari kumwe n’ikimera nta minota 20 ishira adatangiye kumva aguwe neza.

Wa muhanga wo muri ya Kaminuza witwa Gu avuga ko akamaro k’indabo atari ukuzireba ukumva uguwe neza gusa ahubwo ngo niyo uzihumurije nabwo birakubaka.

Abantu bakorera mu Biro nibo ba mbere bagira ubwonko bukora cyane kandi bugakenera ibituma buruhuka kugira ngo n’ubutaha buzakore.

Bamwe iyo bumvise bananiwe banywa ikawa, abantu bakareba video ariko rero hari n’abahitamo gutembera mu busitani buri hafi aho.

Kugira indabo mu Biro rero nabyo bifasha abahakorera kumva baguwe neza, imbaraga zikabagaruka mu bugingo.

Indabo mu Biro ziruhura mu mutwe

Birumvikana ariko ko bimwe mu bituma umukozi wo mu Biro akora atuje ari umukoresha we utamuhoza ku nkeke kandi umuhembera igihe, akamufata nk’umufatanyabikorwa aho kuba umugererwa.

Muri rusange indabo n’ibimera ni ibinyabuzima ducyesha byinshi kandi twagombye kubana nabyo neza aho ari ho hose.

Soma ingorane z’abakozi…

Ku Kazi: Ahantu Tumara Igihe, Hakaduhemba, Ariko Hagoye…

TAGGED:AbakoziAKAZIfeaturedIbimeraIndaboUmunaniro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amagi: Indi Mpamvu Y’Intambara Y’Ubucuruzi Hagati Ya Kenya Na Uganda
Next Article Koneshereza Abaturage Witwaje Kuragirira Abakomeye Byageze N’ i Musanze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?