Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: I Dubai Kagame Yasuye Aho U Rwanda Rumurikira Ibyarwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amafoto: I Dubai Kagame Yasuye Aho U Rwanda Rumurikira Ibyarwo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 October 2021 5:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasuye aho u Rwanda rumukira ibyo rwakoze mu imurikagurisha mpuzamahanga iri kubera i Dubai muri Leta ziyunze z’Abarabu. Biri kumurikirwa mu imurikagurisha ryiswe Dubai World Expo 2020, icyumba u Rwanda rumurikiramo ibyarwo kiswe RwandaExpo2020 Pavilion.

Ryatangiye tariki 01, Ukwakira, 2021 rikazarangira tariki 31, Werurwe, 2022.

Biteganyijwe ko rizitabirwa n’abantu bagera kuri miliyoni 25 baturutse aho bashatse aho ari ho hose ku Isi.

Intego yaryo ni uguhuriza hamwe abantu b’imico n’ubwenegihugu bitandukanye kugira ngo bahahe ariko barusheho no kumenyana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Kagame yazengurutse icyumba u Rwanda rumurikiramo ibyo rwahanze ari kumwe n’abandi bayobozi barimo na Amb Emmanuel Hategeka uhagarariye u Rwanda muri kiriya gihugu no mu bindi bigikikije.

Mu bihamurikirwa harimo ibyerekana ubwiza bw’u Rwanda kugira ngo bireshye ba mukerarugendo mpuzamahanga bazarusure, ibyerekena intego z’iterambere rwihaye zo mu mwaka wa 2050, robots zikorerwa mu Rwanda, uko Umujyi wa Kigali uzaba umeze mu myaka iri imbere n’ibindi.

Kagame yanagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar witwa Tamim Bin Hamad, baganira kuri byinshi bigize umubano w’ibihugu byombi.

Ni umubano ukomeye…

Uyu ni umubano ukomeye, ushingiye kuri byinshi ariko cyane cyane mu bufatanye bucuruzi bushingiye k’ugutwara abantu n’ibintu mu ndege.

- Advertisement -

Ni ubufatanye bukomeye kandi bw’igihe kirekire kuko Ikigo cy’indege za Qatar gifatanye amasezerano y’igihe kirekire n’icy’u Rwanda mu rwego rwo kuzabyaza umusaruro ikibuga cy’indege cya Bugesera kizaba ari intangarugero mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Ibihugu byombi biherutse gusinyana andi masezerano y’ubufatanye ku isoko ry’imari binyuze mu mikoranire y’ibigo by’imari bya Qatar Financial Centre (QFC) na Rwanda Finance Limited (RFL).

Hari amasezerano y’ubufatanye mu by’isoko ry’imari-

Ni amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere ibikorwa by’ishoramari ku isoko ry’imari hagati y’ikigo cya Qatar kitwa QFC na Kigali International Financial Centre (KIFC).

Iki kigo cy’u Rwanda cyemejwe na Guverinoma y’u Rwanda kugira ngo kizarufashe kuba Ihuriro nyafurika ry’ubucuruzi mu rwego rw’imari.

Mu rwego rwa gisirikare n’aho ibihugu byombi birafatanyije…

Hari ku  Cyumweru taliki 13, Ukuboza, 2020 ubwo  Umugaba w’ingabo z’u Rwanda Gen Jean Bosco Kazura yahuraga na mugenzi we uyobora ingabo za Qatar, Lieutenant General Ghanem bin Shaheen al-Ghanem bakagirana ibiganiro.

Ikinyamakuru cyo muri Qatar kitwa Gulf Times icyo gihe cyanditse ko Abagaba bakuru b’ingabo z’ibihugu byombi baganiriye ku  mikoranire n’uko yatezwa imbere.

Umugaba w’ingabo z’u Rwanda Gen Jean Bosco Kazura yahuye na mugenzi we uyobora ingabo za Qatar, Lieutenant General Ghanem bin Shaheen al-Ghanem.

Ibiganiro bagiranye byitabiriwe n’abandi basirikare bakuru mu ngabo za Qatar.

Mbere y’aho, hari Taliki 07, Mutarama, 2020, nibwo Umugaba mukuru w’Ingabo za Qatar Lt Gen Ghanin Bin Shaheen Al –Gahnim nawe yasuye u Rwanda agirana ibiganiro na mugenzi we Gen Jean Bosco Kazura.

Kubera ko Qatar  ifite imigabane ingana n 49% by’imigabane y’ikibuga cy’indege kiri kubakwa mu Karere ka Bugesera mu Mirenge irimo n’uwa Rilima, bigaragara ko ubufatanye mu bya gisirikare hagati ya Qatar n’u Rwanda buzafasha mu guteza imbere ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere.

Bivuze kandi ko u Rwanda rugomba gufashwa kwiyubakira ubushobozi bwo kuba nta mwanzi wavogera ikirere cyarwo.

Amafoto ya Perezida Kagame asura RwandaExpo 2020 Pavilion 

Murakaza neza mu Rwanda i Dubai
Perezida Kagame yeretswe n’izi robots
Icyumba u Rwanda ruzamukira ibyo ruhanga
Yeretswe igishushanyo gisobanutse cy’uko Kigali izaba imeze mu mwaka iri mbere
Itsinda rya bamwe mu Banyarwanda bazamurikira abashyitsi ibyo u Rwanda rwajyanye muri ririya murikagurisha
Perezida Kagame yahuye kandi na Emir wa Qatar Tamim Bin Hamad

[email protected]/photos/paulkagame

TAGGED:BugeserafeaturedIkibugaIndegeKagameQatarRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Yafunze Ibindi Bitaro Byigenga
Next Article Uwashushanyaga Intumwa Y’Imana Muhammad Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?