Nyuma y’imikino itatu yikurikiranya itabona intsinzi, Al Hilal yabonye amanota atatu itsinze Gorilla FC naho indi nayo yo muri Sudan itsinda Musanze FC zombi ziba zinjiye neza mu mikino yo kwishyura iri gukinwa muri shampiyona y’u Rwanda.
Ku mukino wa Shampiyona y’u Rwanda bita Rwanda Premier League wakinwe kuri uyu wa Gatatu tariki 24, Ukuboza, nibwo aya makipe yitwaye neza bituma asatira andi yo mu Rwanda asanzwe imbere muri iyi Shampiyona igeze ku munsi wa 13.
Ikipe ya Al-Hilal yatsinze Gorilla FC ibitego 3-0.
Ubusanzwe iyi kipe irakomeye kuko nubwo yari imaze igihe gito itsindwa, ubundi isanganywe abakinnyi bakomeye.
Gusa bamwe muri bo bagiye mu bihugu byabo gukinira amakipe yabyo ari gukina Igikombe cya Afurika kiri gukinirwa muri Maroc.
Mbere y’uko bagenda, yari yabanje gutsinda Rutsiro naho Kiyovu Sports banganya umukino umwe mu gihe yanganyije na Marine FC ibitego bibiri ku bindi.
Ahmed M’Bareck na Adama Coulibali nibo batsindiye Al-Hilal ibitego bibiri byatumye Gorilla FC itakaza umukino wa kabiri yikurikiranya nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports ibitego 2-1 mu mukino uheruka.
Nyuma yo gutsinda Gorilla FC, Al-Hilal yahise ifata umwanya wa 12 n’amanota 14, ubu ikaba imaze gukina imikino umunani aho irushwa inota rimwe na Gorilla FC iri ku mwanya wa 11.
Al-merrikh( itozwana Darko Nović) nayo yatsinze Musanze FC ibitego bitatu kuri bibiri.
Musanze FC niyo yabanje igitego gitsinzwe na Hakizimana Tity nyuma hazamo ikindi cya Shaban Hussein iba itsinze bibiri ku busa bwa Al-merrikh.
Igice cya mbere cyarangiye ari uko bimeze gusa mu gice cya kabiri byahindutse.
Al-merrikh yishyuye ibitego byombi yongeraho n’igitego cya gatatu cyatsinzwe na Daba Sugoba bituma ifata umwanya wa kabiri.
Ni umukino wayo wa karindwi ikinnye idatsindwa, bikaba byatumye igira amanota 24, icyakora irushwa amanota atanu na Police FC iyoboye urutonde rwa shampiyona.
Aya makipe yo muri Sudan yaje gukina muri Shampiyona y’u Rwanda kubera intambara ica ibintu muri kiriya gihugu, Al-Merrikh iracyafite indi mikino itarakina kandi ishobora kuzayitsinda ikaza imbere.


