Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi Wa Canada Yitabye Nduhungirehe 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Wa Canada Yitabye Nduhungirehe 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2025 9:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yahamagaje Ambasaderi wa Canada mu Rwanda Julie Crowley kugira ngo atange ibisobanuro kubyo igihugu cye cyashinje u Rwanda birimo ubwicanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Hashize igihe gito Canada ishinje u Rwanda kugira Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, no gufasha umutwe wa M23.

Iki gihugu cyahise gihagarika imikoranire hagati yacyo n’u Rwanda.

Cyarushinje kugira uruhare mu bugizi bwa nabi bukorerwa mu Burasirazuba bwa RDC burimo kugaba ibitero ku basivili, ku mpunzi, ku batabazi, ku ngabo z’Umuryango w’Abibumbye n’iz’akarere, ubuhotozi, gushimuta no gufata ku ngufu abagore n’abakobwa.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yahisemo guhamagaza Ambasaderi wa Canada ngo atange ibisobanuro.

Uyu mudipolomate yagaragarijwe ko ibyo igihugu cye gishinja u Rwanda nta shingiro bifite.

Julie yagaragarijwe kandi ko Canada yirengagije impungenge z’u Rwanda mu bijyanye n’umutekano warwo, ihitamo guhishira ibibi Guverinoma ya DRC ikorera abaturage birimo n’ubwicanyi bukorerwa Abanye-Congo b’Abatutsi ku bufatanye n’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda.

U Rwanda rwashimangiye ko rudateze gutezuka ku ntego yo kurinda abaturage barwo no gukomeza kubungabunga umutekano w’igihugu.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye Ernest Rwamucyo yagaragaje ko imyitwarire ya Canada ishobora kuba ifitanye isano n’inyungu iki gihugu gifite muri DRC cyane cyane izijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Yatangaje ko Canada yafatiye u Rwanda ibi bihano mu gihe umujyi wa Toronto uri kuberamo inama mpuzamahanga yo kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro, PDAC 2025.

Rwamucyo yasobanuye ko iyo nama igamije kubungabunga inyungu Canada ifite mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri DRC kandi ko itangazo ry’ibi bihano ryahuriranye n’uruzinduko rwa Minisitiri ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wa RDC, Kizito Pakabomba, yagiriye i Toronto.

Ati: “Iri harabika ryabaye mu gihe hari kuba PDAC 2025, ni inama igamije kurengera inyungu nyinshi Canada ifite mu mabuye y’agaciro muri DRC. Rihuriranye no kugera i Toronto kwa Minisitiri wa DRC ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Kizito Pakabomba, urageza ijambo ku bitabira inama.”

Julie yitabye nyuma y’uko ku wa Mbere Tariki 03, Werurwe, 2025, yari yatumijwe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ngo azagire ibyo ayisubiza.

TAGGED:AmbasadeAmbasaderiCanadafeaturedNduhungirehe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ubuke Bw’Ibyumba By’Amashuri Buracyari Ikibazo
Next Article Umushinga Wa Misiri Wo Kubaka Gaza Nshya Uhabanye N’Uwa Trump
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?