Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 January 2026 1:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Igice kiri mu ibara risa n'icyatsi nicyo gituwe n'abantu. Ahandi hose ni urubura.
SHARE

Abayobozi ba Amerika bavuga ko niba ibyo gukoresha imbaraga za gisirikare byanze ngo Amerika yigarurire igihugu cya Greenland, izayigura na Denmark.

Imyaka ibaye amagana ubwami bwa Denmark ari bwo butegeka Greenland, igihugu kiri mu mpera y’isi y’Amajyaruguru gituwe n’abaturage barenga gato 50,000.

Mu rwego rwo kuganira ku byerekeye uko Amerika yakwigarurira iki gihugu, mu Cyumweru gitaha Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio arateganya kuzagisura.

Abaturage b’iki gihugu ariko babwiye BBC ko badashaka kuba Abanyamerika.

Bavuga ko aho babaye, bahabaye neza.

Umucuruzi wo mu murwa mukuru Nuuk witwa Mia Chemnitz yagize ati: “ Abaturage ba Greenland ntidushaka kuba Abanyamerika. Ntabwo turi ibicuruzwa byo kugurisha.”

Ibyo avuga abihuza na benshi mu baturage b’aho, bakemeza ko ibyo Donald Trump amaze iminsi avuga by’uko azatera kiriya gihugu akakigarurira cyangwa akishyura amafaranga, bibahangayikishije.

Aho Amerika ishimutiye Nicolas Maduro wahoze uyobora Venezuela ikamujyana bunyago kandi ikamufungira muri New York, abantu bahise bavuga ko hazakurikiraho kwigarurira Greenland.

Rubio azajya muri Greenland mu Cyumweru gitaha kuganira n’abayiyobora.

Mu Nteko ishinga amategeko ya Greenland naho batejwe inkeke n’ibyo Trump aherutse kuvuga.

Greenland ni igihugu gifite ibyo kivuze binini kuri Amerika kuko aho giherereye hayifasha gucungira hafi igice cy’Amajyaruguru y’isi, kandi iki gice kikaba gikize cyane ku mutungo kamere.

Ni igihugu gituwe n’abaturage 56,000.

TAGGED:AmadolariAmerikafeaturedIkaritaIngaboKugura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi
Next Article Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?