Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2026 10:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Icyuma bakoresha bacukura petelori. Ifoto:Pngtree
SHARE

Perezida Donald Trump yavuze ko ibigo bya Amerika bizashora Miliyari $100 mu gucukura petelori yo muri Venezuela. Yabibwiye Fox News mu kiganiro yayihaye kuri uyu wa Kane kibanze ku byo ateganya kuzakorera Venezuela mu rwego rw’ubukungu.

Iyi mvugo ije mu gihe ateganya guhura n’abayobozi bakuru b’ibigo bicukura kandi bigatunganya ibikomoka kuri petelori, akaza kubakira kuri uyu wa Gatanu tariki 09, Mutarama, 2026.

Ni ibigo 14 by’Abanyamerika biza kwitabira uwo muhuro nk’uko Politico yabyanditse, iki kinyamakuru kikongeraho, ariko, ko hari ibigo byahoze bicukura muri Venezuela bigenda biguru ntege mu kwemera gusubira kuhashora kuko biteye ejo hazaza hayo niba hazaba hatekanye.

Nubwo hari uko kubigendamo gake, Perezida Trump yavuze ko igihugu cye kizakomeza gushora Miliyari nyinshi z’amadolari muri Venezuela mu nzego zitandukanye hagamijwe kuyubakira ubushobozi no gutuma irushaho kugirira Amerika akamaro.

Yemeza ko nibigenda uko babiteganyije, ibikomoka kuri petelori bizaboneka ku isi mu ngano ihagije, bituma igiciro cyabyo kigabanuka, bigere henshi bitagoranye.

TAGGED:AmerikaPeteloriTrumpVenezuela
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR
Next Article Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?