Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Arasaba Leta Y’u Rwanda Kongera Imari Yageneraga Inzego Zita Ku Bana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Arasaba Leta Y’u Rwanda Kongera Imari Yageneraga Inzego Zita Ku Bana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2021 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abana bahagarariye abandi mu Rwanda bateraniye mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ku munsi wahariwe umwana. Umwe mu baharanira inyungu zabo witwa Evariste Murwanashyaka yabwiye Taarifa ko mu gihe u Rwanda ruri kuva mu bibazo bya COVID-19, Leta yagombye kongera ingengo y’imari yagenerwaga ibigo byita ku bana.

Avuga ko abana b’u Rwanda nabo bagezweho n’ingaruka zatewe n’ingamba zo kwirinda kiriya cyorezo, bamwe ndetse ngo basubitswe amashuri, abandi ntibayakomeza kubera ko ababyeyi babo batakaje akazi.

Evaritse Murwanashyaka usanzwe uri Umuyobozi muri CLADHO ushinzwe guhuza ibikorwa akagira n’inshingano z’umwihariko zo kwita ku bana, ashima ko Leta y’u Rwanda ikora uko ishoboye ngo izamure imibereho y’abana.

Ati: “ Mbere na mbere nifurije abana b’u Rwanda umunsi mwiza kuri uyu munsi mpuzamahanga w’umwana kandi bagire ubuzima bwiza.”

Yunzemo ko n’ubwo Leta yakoze ibishoboka byose ngo umwana w’u Rwanda abeho neza ariko umwana agifite ibibazo bimubangamiye.

Muri byo harimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ibihano bibabaza umubiri, abana bava mu ishuri, abana bari mu buzererezi n’abakoreshwa imirimo mibi.

Yemeza ko ibi ari ibibazo bikomereye abana kandi n’ubwo hari ibyo bari basanganywe mbere, ariko hari ibyatewe na COVID-19.

Muri ibi harimo ibyatewe n’uko kiriya cyorezo cyatumye ubukungu bw’imiryango y’Abanyarwanda itakaza ubushobozi mu by’ubukungu.

Murwanashyaka ati: “ Tukaba dusaba Leta ko yashyiraho ingamba zihamye n’ubushobozi (ingengo y’imari)  hagamijwe guhangana n’ibibazo byose abana bahura nabyo birimo nibyo batewe n’ingaruka za Covid19.”

Leta y’u Rwanda isanganywe gahunda zo kuzamura imibereho y’abana.

Izo gahunda zishyira mu bikorwa n’ibigo bitandukanye birimo Inama y’igihugu y’abana, Ikigo gishinzwe imikurire iboneye y’abana n’ibindi.

Ibi byose biyobowe na Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango iyoborwa na Professeur Jeannette Bayisenge.

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Prof Jeannette Bayisenge
TAGGED:AbanaCLADHOfeaturedMurwanashyakaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article KCB Igiye Kugura Imigabane Yari Isigaye Muri Banki Y’Abaturage Y’u Rwanda
Next Article Ndasaba Abapolisi Kuba Intangarugero Mu Kubahiriza Amategeko- Min Ugirashebuja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?