Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Arasaba Leta Y’u Rwanda Kongera Imari Yageneraga Inzego Zita Ku Bana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Arasaba Leta Y’u Rwanda Kongera Imari Yageneraga Inzego Zita Ku Bana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2021 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abana bahagarariye abandi mu Rwanda bateraniye mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ku munsi wahariwe umwana. Umwe mu baharanira inyungu zabo witwa Evariste Murwanashyaka yabwiye Taarifa ko mu gihe u Rwanda ruri kuva mu bibazo bya COVID-19, Leta yagombye kongera ingengo y’imari yagenerwaga ibigo byita ku bana.

Avuga ko abana b’u Rwanda nabo bagezweho n’ingaruka zatewe n’ingamba zo kwirinda kiriya cyorezo, bamwe ndetse ngo basubitswe amashuri, abandi ntibayakomeza kubera ko ababyeyi babo batakaje akazi.

Evaritse Murwanashyaka usanzwe uri Umuyobozi muri CLADHO ushinzwe guhuza ibikorwa akagira n’inshingano z’umwihariko zo kwita ku bana, ashima ko Leta y’u Rwanda ikora uko ishoboye ngo izamure imibereho y’abana.

Ati: “ Mbere na mbere nifurije abana b’u Rwanda umunsi mwiza kuri uyu munsi mpuzamahanga w’umwana kandi bagire ubuzima bwiza.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yunzemo ko n’ubwo Leta yakoze ibishoboka byose ngo umwana w’u Rwanda abeho neza ariko umwana agifite ibibazo bimubangamiye.

Muri byo harimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ibihano bibabaza umubiri, abana bava mu ishuri, abana bari mu buzererezi n’abakoreshwa imirimo mibi.

Yemeza ko ibi ari ibibazo bikomereye abana kandi n’ubwo hari ibyo bari basanganywe mbere, ariko hari ibyatewe na COVID-19.

Muri ibi harimo ibyatewe n’uko kiriya cyorezo cyatumye ubukungu bw’imiryango y’Abanyarwanda itakaza ubushobozi mu by’ubukungu.

Murwanashyaka ati: “ Tukaba dusaba Leta ko yashyiraho ingamba zihamye n’ubushobozi (ingengo y’imari)  hagamijwe guhangana n’ibibazo byose abana bahura nabyo birimo nibyo batewe n’ingaruka za Covid19.”

- Advertisement -

Leta y’u Rwanda isanganywe gahunda zo kuzamura imibereho y’abana.

Izo gahunda zishyira mu bikorwa n’ibigo bitandukanye birimo Inama y’igihugu y’abana, Ikigo gishinzwe imikurire iboneye y’abana n’ibindi.

Ibi byose biyobowe na Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango iyoborwa na Professeur Jeannette Bayisenge.

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Prof Jeannette Bayisenge
TAGGED:AbanaCLADHOfeaturedMurwanashyakaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article KCB Igiye Kugura Imigabane Yari Isigaye Muri Banki Y’Abaturage Y’u Rwanda
Next Article Ndasaba Abapolisi Kuba Intangarugero Mu Kubahiriza Amategeko- Min Ugirashebuja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?