Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ashraf Ghani Wahoze Ayobora Afghanistan ‘Yahungiye’ Muri Oman
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ashraf Ghani Wahoze Ayobora Afghanistan ‘Yahungiye’ Muri Oman

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 August 2021 5:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ghani wahoze ayobora Afghanistan akaza kuyihunga nyuma yo kotswa igitutu n’Abatalibani yahungiye muri Oman nk’uko ibinyamakuru byo mu Burusiya bibitangaza.

Yahunze ari muri Kajugujugu, atwaye amafaranga menshi n’imodoka enye.

N’ubwo Abarusiya batangaza ko Ashraf Ghani yahungiye muri Oman, hari andi makuru avuga ko yahungiye mu gihugu cya Tajikistan.

Ku Cyumweru tariki 15, Kanama, 2021 nibwo Ghani yafashe indege ahunga igihugu cye atinya ko yafatwa mpiri n’Abatalibani bamuryaga isataburenge.

Nta gihe kinini cyashize, Abatalibani bahise binjira mu Ngoro y’Umukuru w’igihugu cya Afghanistan, batangira kuririmba intsinzi.

Bari bagarutse ku butegetsi nyuma y’imyaka 20 bari bamaze babwambuwe n’Abanyamerika mu ntambara babagabyeho mu mwaka wa 2001.

Ambasade y’u Burusiya i Kabul ivuga ko ubwo Asharfu Ghani yahungaga yajyanye amafaranga menshi ndetse n’imodoka enye.

Ngo hari amafaranga yabuze aho akirwa mu ndege, ahitamo kuyasiga.

Bamwe baravuga ko yagiye muri Oman abandi bati: ” Ari Tajikistan’

Amakuru avuga ko yahungiye mu murwa mukuru wa Oman witwa Muscat  ahuriranye n’andi avuga ko yahungiye mu murwa mukuru wa Tajikistan witwa Dushanbe.

Ubwo yahungaga, Ashraf Ghani yanditse kuri Facebook ko ahunze yanga ko hameneka amaraso menshi ariko abatavuga rumwe nawe basubije bamubwira ko yabaye ikigwari, asiga abaturage be mu kangaratete.

Abatalibani baraganje. Aha ni mu Nteko ishinga amategeko

Ibiri kubera muri Afghanistan, itangazamakuru ryo mu Burayi ribifata nk’ikibazo cy’isi gikomeye cyane nk’uko byigeze kugenda ubwo ibihugu byacikagamo ibice kubera iby’umuhora wa Suez.

 

Ni intsinzi bagezeho itabavunnye cyane
Bamwe bavuga ko Ashraf Ghani yabaye ikigwari agasiga abaturage be mu kangaratete
TAGGED:AfghanistanfeaturedPerezidaTaliban
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Museveni Yasabye Inzego z’Umutekano Guhagarika Iyicarubozo
Next Article Uganda Iri Gutereta Mozambique Ngo Yoherezeyo Ingabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?