Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bibuka Ko Kagame Yabakijije FLN Ya Rusesabagina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Bibuka Ko Kagame Yabakijije FLN Ya Rusesabagina

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2024 1:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu baturage ba Gasaka muri Nyamagabe babwiye Taarifa Rwanda ko bazatora Kagame bamushimira ko yabakijije FLN ya Rusesabagina yari yarabajengereje batagikora ngo biteze imbere kubera ubwoba.

Hari kuwa Mbere taliki 20, Nzeri, 2021 ubwo urukiko rwakatiraga Paul Rusesabagina imyaka 25 y’igifungo kuko yagize uruhare mu rupfu rw’Abanyarwanda bagera ku icyenda n’abandi bagakomereka bazira ibitero  by’umutwe yashinze witwa FLN.

Umuvugizi wa FLN yari Sankara.

Umucamanza waciye urwo rubanza ni Antoine Muhima.

Umwe muri abo baturage avuga ko Sankara yari yarababazengereje kubera ibyo yavugaga ari mu mahanga ubwoba bukabaheza mu nzu.

Abana ngo bajyaga gushaka inkwi zo gucana babebera, guteka bikaba gusenga Imana ngo bishye nta sasu rivuze bakabisiga ku ziko.

Umwe mu baturage bari bavuye kuri stade ya Nyagasenyi yatubwiye ko ashima Kagame ko we n’abasirikare ayoboye ari bo batumye Nyungwe yongera kuba nyabagendwa.

Ati: Ndamwemera kuko nkunda umugabo uguma ku kuri yavuze. Kagame yavuze ko Abanyarwanda tugomba gutekana kandi ko uwanga u Rwanda nta mahoro azabona kandi koko  uwayoboraga FLN ntayo yabonye. Naje nje kumushimira ko ubu twidegembya”.

Undi witwa Musanabera yatubwiye ko ijambo Kagame yababwiriye Nyamagabe ryabibukije abo FLN ya Rusesabagina yabavukije ariko  nanone rikaba ijambo ryo kubibutsa ko yababaye hafi icyo gihe kandi azakomeza kubikora.

Rusesabagina yarafashwe ashyikirizwa ubutabera bw’u Rwanda araburanishwa, yivana mu rubanza ariko arakatirwa.

Paul Rusesabagina ubwo yari mu rukiko rwo mu Rwanda

Nyuma yaje guhabwa imbabazi ba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda , Paul Kagame nk’uko abiherwa ububasha n’amategeko.

Abasomyi ba Taarifa Rwanda bibuke ko ibitero bya FLN bitabaga gusa muri Nyamagabe ahubwo byabagaga za Ruheru na Nyabimata muri Nyaruguru.

Utwo ni uturere dukora ku ishyamba rya Nyungwe rikomeza rikagera mu Burundi ariko ryitwa Kibira.

Nsabimana Callixte wari wariyise Sankara akaba umuvugizi wa Rusesabagina na FLN ye

Kagame yigeze kubwira RBA ko u Rwanda rufite inzego zishinzwe guhiga abagome kandi ribikora neza wanagenzura ntugire igifutamye ubibonamo.

Ubwo Perezida Kagame yiyamamazaga muri Nyamagabe yabwiye abari baje kumwumva ko nibatora umukandida wa FPR bazaba batoye umutekano n’amajyambere.

Niba hari abateze amatwi, bumvise icyo yababwiye.

Hagati aho Kagame arakomereza muri Nyamasheke na Rusizi.

TAGGED:featuredKagameRusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nimuhitamo Umukandida Wa FPR Muzaba Muhisemo Umutekano N’amajyambere- Kagame
Next Article Trump Yaraye Abijije Biden Icyokere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukerarugendoUbukungu

Kinigi: Abaturiye Ahazagurirwa Pariki Bahawe Uburyo Bwo Kwihaza Mu Biribwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC Ntishaka Ubuhuza Bwa Thabo Mbeki 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Haganiwe Uko UNHCR Yakomeza Imikoranire N’ u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbukungu

Angola Igiye Kujya Itunganya Diyama Yose Icukura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?