Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Yise Xi Umunyagitugu, Ubushinwa Buti: ‘Uwo Ni Umwanduranyo’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Biden Yise Xi Umunyagitugu, Ubushinwa Buti: ‘Uwo Ni Umwanduranyo’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 June 2023 2:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma gato y’uko Umunyamabanga w’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken arangije urugendo yakoreraga Beijing, Perezida Biden yavuze ko mugenzi we uyobora Ubushinwa ari ‘umunyagitugu’.

Biden ubwo yari yitabiriye igikorwa cyo gukusanya amafaranga giheruka kubera i California, yavuze ko Perezida Xi yatunguwe kandi ababazwa cyane no kubona igipirizo cy’ubutasi cy’Ubushinwa( spy ballon) cyari mu kirere cy’Amerika cyararashwe n’indege y’intambara.

Ni ubwa mbere Perezida Biden yavuze  kuri Xi jinping nk’umuntu ku giti cye, akamuvugaho amagambo ab’i Beijing bafashe nk’umwanduranyo.

Ubwo yari avuye kuganira na bagenzi be bo mu Bushinwa uko umubano wakongera kuba mwiza, Blinken yavuze ko n’ubwo ibyabaye kuri kiriya gipirizo byababaje Abashinwa, ngo ibyo byagombye kurangira, ahubwo ibihugu byombi bikita ku nyungu bisangiye mu gihe kiri imbere.

Ibi ariko ntibyatinze kuzanwamo kirogoya n’amagambo ya Biden wise Xijinping ‘umunyagitugu’.

Biden yavuze ko kuba Xi yarababajwe n’iraswa cya kiriya gikoresho cy’ubutasi ari uko atatekerezaga ko hari uwakirasa.

Ngo uko niko abanyagitugu bose bitwara iyo batunguwe.

 Mu gukomeza amagambo, Biden yunzemo ko Ubushinwa muri iki gihe bufite ibibazo by’ubukungu bitabworoheye.

Ubushinwa bwagize icyo bubivugaho…

Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa witwa Mao Ning yavuze ko imvugo ya Biden ari imvugo nyandagazi, igaragaza umuyobozi utazi gushyira mu gaciro.

Madamu Mao Ning

Ning yavuze ko ibyo Biden aherutse kuvuga, byerekana ko yakoze nkana Ubushinwa mu jisho kandi ko byakomye mu nkokora umurongo w’ububanyi n’amahanga ibihugu byombi byari bitangiye gushyiraho.

Ku rundi ruhande hari abavuga ko ibyo Blinken yemeranyije na Xi jinping ubwo aheruka mu Bushinwa ari ingingo zikomeye zigomba kubungwabungwa kugira ngo hatazagira igikoma rutenderi intambara ikavuka.

TAGGED:AmerikaBidenBushinwafeaturedIntambaraPerezidaXi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwashyize Ibigize Irangamimerere Byose Mu Ikoranabuhanga
Next Article Mu Mujyi Wa Kigali Hagiye Kuzanwa Bisi Zikoresha Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?