Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Blackberry ‘Zitagezweho’ Zigiye Kuva Ku Isoko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Blackberry ‘Zitagezweho’ Zigiye Kuva Ku Isoko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2021 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo ryaturutse muri MTN Rwanda rivuga ko Telefoni zitwa Blackberry zizaba zatagikora guhera tariki 04, Mutarama, 2022. Abasanzwe bakoresha telefoni zo muri ubu bwoko zikoresha ikoranabuhanga ryitwa BBOS 7.1, BBOS 10 na BBOS 2.1 barasabwa kwegera MTN  bagahindurirwa imikorere ya telefoni zabo.

Iyi mikorere bayita operating systems.

MTN yatangaje ko abashaka kugura izindi telefoni zo muri buriya bwoko ariko zifite imikorere ivuguruye bazagabanyirizwaho 5%.

Umuntu uzaba atarahindura imikorere ya Blackberry ye ntazashobora kwitaba, guhamagara, kohereza cyangwa kwakira ubutumwa ndetse n’uburyo bita  1-1-2 [functionality]ntibuzakora.

Ubusanzwe BlackBerry ni telefoni ikomeye kandi ikozwe k’uburyo itekanye kurusha inyinshi ziriho ubu.

Ifasha ibigo by’umutekano, ibya Leta n’iby’abikorera kutagira umujura winjira mu makuru yabyo uko yishakiye nta mbogamizi ahuye nazo.

Bishingiye ku mikorere ya ziriya telefoni n’uko umutekano mu ikoranabuhanga uhagaze muri iki gihe, abayobozi bo mu kigo gikora kikanatanga ziriya telefoni bavuga ko mu mwaka wa 2017 bahaye igihe abazifite ngo babe bazishyize ku mikorere yari igezweho yo kurinda ikoranabuhanga.

Iriya myaka ibiri yagiye gushira ihurirana n’uko isi muri rusange yari iri mu kaga yatewe na COVID-19.

Byabaye ngombwa ko abantu bongererwa igihe kugeza tariki 04, Mutarama, 2022.

Indi mikorere ya Blackberry izahagarara harimo iyitwa Enhanced Sim Based Licensing (ESBL) / Identity Based Licensing (IBL), ubwo bwa BlackBerry bwo kwakira emails, BlackBerry Link, BlackBerry Desktop Manager, BlackBerry Blend n’uburyo buyirinda kwinjirirwa n’abagizi ba nabi bitwa  BlackBerry Protect.

Itangazo rya MTN k’ukuvaho wa Blackberry…

Effective 4th January 2022, all BlackBerry devices will be terminated. Be an early bird and enjoy a 5% discount toward your new smartphone purchase when you trade in your old BlackBerry device. Visit https://t.co/xBUDnEaWnO to learn more about the offer. #BrighterLives pic.twitter.com/9kNT6BMJC4

— MTN Rwanda (@MTNRwanda) December 13, 2021

TAGGED:BlackberryfeaturedImikorereMTNtelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yifurije Ramaphosa Gukira COVID-19 Vuba
Next Article Tombola Ya UEFA Champions League Yasheshwe, Isubirwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Amerika Yagabye Igitero Muri Syria

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

You Might Also Like

Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?