Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Busingye Yashwishurije Umu ‘Feminist’ Waketse Ko Ashyigikiye Impenure Mu Banyarwandakazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Busingye Yashwishurije Umu ‘Feminist’ Waketse Ko Ashyigikiye Impenure Mu Banyarwandakazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 August 2022 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Busingye Johnston wigeze kuba Minisitiri w’Ubutabera ubu akaba ahagarariye u Rwanda mu Bwongereza yavuze ko ashyigikiye umuhati wa Polisi n’izindi nzego zirimo n’itangazamakuru mu kwamagana abakobwa cyangwa abagore bamwe bamaze kugira  ingeso kwambara impenure.

Hashize amasaha make asubije umwe mu bagore baharanira uburenganzira bwa bagenzi babo witwa Sylvie Nsanga ko akunda ukuntu Amb Busingye Johnston ahora ari ku ruhande ruvuganira abagore.

Yavuze ko Busingye ari impirimbanyi nkuru y’uburenganzira bwa muntu muri rusange n’ubw’abagore by’umwihariko.

Ati: “ Arakabaho…Buri gihe aba ari ku ruhande ruharanira uburenganzira bwa muntu n’ubw’abagore. Ndamukumbuye.”

Ni amagambo ya Sylivie Nsanga yashyize mu Cyongereza kuri Twitter twashyize mu Kinyarwanda.

Bisa n’aho Nsanga yatekerezaga ko Ambasaderi Busingye ashyigikiye ko abakobwa bahabwa uburenganzira bakajya bambara impenure uko bashaka.

Sylvie Nsanga

Icyakora  Busingye mu magambo yumvikana neza yamusubije ati: “ Madamu  Sylvie, mu mwaka wa 2018 igisubizo natanze icyo gihe cyarebaga ikintu cyari kihariye muri icyo gihe. Muri iki gihe rero biratandukanye.  Muri iki gihe usanga urubyiruko rw’abasore n’inkumi biyahuza ibiyobyabwenge, abakobwa bakambara impenure ku mugaragaro kandi iki si ikintu dukwiye kurenza ingohe. Nshyigikiye umuhati wa Polisi y’u Rwanda, ababyeyi, itangazamakuru n’izindi nzego mu kwamagana iyi myitwarire.”

Ms Sylvie,
My 2018 response was to a specific case, at the time.

The current issue of
our young men & women who drink & drug themselves unconscious, appear in public literally naked is objectionable.

I support the efforts of leaders,RNP, parents,youth,media etc to address it. https://t.co/KAE3NjABbg

— Busingye Johnston (@BusingyeJohns) August 15, 2022

Uko bigaragara ikibazo cy’impenure kimaze kuba ingingo ishishikaje Abanyarwanda.

Imbuga nkoranyambaga zabaye ahantu bamwe bavugira ko umuntu afite uburenganzira bwo kwambara uko ashaka, ndetse hari n’abaherutse kwandika ko wagira ngo Polisi y’u Rwanda yabuze akandi kazi none iri kukihimbira.

Umwe yaranditse ati: “Ariko umenya Police yarabuze akazi yinjira muri Hanga Umurimo.”

Mugenzi we nawe ati: “ Nanjye ntyo …..nibanze inoze ibiyireba ….abantu barara bakatishwa n’inzembe…none ngo impenure?!!”

Bamwe bavuga ko Polisi yagombye gukurikirana ibintu biri serieux aho gutinda ku majipo.

Kuri Twitter ho hari uwavuze ko iyo yirebeye izo mpenure, yumva stress y’izamuka ry’ibiciro igabanutse.

Undi ati: “ Bagore nimuhaguruka abe ari mwe mwirwanirira kuko abagabo bo bazahora ari abagabo…”

Hari n’uwasabye abitwa ‘Feminists’  kugana inkiko kuko uburenganzira bw’abo bitirirwa guhirimbanira bufunyanzwe…

Feminists bakwiye kugana inkiko aho uburenganzira bw'abo bitirirwa guhirimbanira bufinyanzwe…

— رحابام (@Rehabiamu) August 15, 2022

Polisi yamaze kubifataho umwanzuro irawutangaza…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera aherutse kunenga Abanyarwandakazi bambara impenure kandi biri mu bitubahirije umuco n’indangagaciro z’u Rwanda.

Avuga ko ari ibintu biri gufata indi ntera. Kuri we, ibyo ntibikwiye.

Ati: “ Ntibikwiye mu muco, ntibikwiye no mu ndangagaciro mwahoze muvuga…”

Yunzemo ko ‘bo nka Polisi’ batazabyemera kandi ngo ubutumwa nk’ubwo ni ngombwa kubutanga.

Ni henshi kandi mu buryo butandukanye aho usanga abakobwa( n’abagore bamwe na bamwe) bambara imyenda iberekana uko bateye, bamwe bakambara imyenda ibonerana cyangwa migufi bikabije bikaba byakururira bamwe mu bagabo bafite umutima udafite uburere irari rishobora gutuma hari bamwe babafata ku ngufu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera

Mu muco w’Abanyarwanda, kwihesha agaciro n’icyubahiro aho umuntu ari ni kimwe mu by’ibanze biwuranga.

Birashoboka ko Polisi y’u Rwanda ishobora kuba ari cyo iharanira ko cyakomeza gusigasirwa kandi bigakorwa hakiri kare kuko CP Kabera avuga muri iki gihe ibyo kwambara impenure biri ‘gufata indi ntera.’

Umuvugizi wa Polisi, @RNPSpokesperson aravuga ko Polisi y'Igihugu itazarebera abafite imyitwarire yo kwiyambika impenure. #RBAAmakuru pic.twitter.com/YO0Vd8EFP2

— Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) August 13, 2022

Umubyeyi witwa Umumararungu utuye mu Murenge wa  Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge yabwiye Taarifa ko ibyo Polisi ivuga bifite ishingiro ariko ko itagomba kuzabikorana imbaraga zirimo gufata uwambaye impenure.

Kuri we asanga ikwiye gukorana na Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Inama y’igihugu y’urubyiruko n’izindi nzego zirimo n’abanyamadini kugira ngo habeho ubukangurambaga bwo kubwira abana ko uwambaye yikwije aba yiyubashye kandi yubahishije n’abo bari kumwe.

Aba ni bamwe mu bari bagiye mu gitaramo cya Kizz Daniel

Ati: “ Niba Polisi igiye kujya muri icyo kibazo, izazirikane ko umuntu afite uburenganzira bwo kwambara uko ashaka bityo habeho kuganira n’ababyeyi n’abakobwa kugira ngo bumve ibyiza byo kwambara wikwije… Nibishyiramo imbaraga ihabwa n’itegeko ishobora kuzabikora nabi bikayihesha isura mbi kandi mu by’ukuri itari igamije ikibi.”

Umugabo witwa Sugira wo mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro we avuga ko hari n’ababyeyi baha abana babo urugero rubi, bakambara nabo izo mpenure, umukobwa wabo akazakura abona ko kwambara neza ari ukwigana Nyina.

Kuri we, ababyeyi bari mu b’ibanze bagombye kwibutswa ko ‘Inyana ari iya Mweru’ bityo ko uko bambara, uko bitwara mu bandi n’uko bavugira mu ruhame cyangwa mu rugo bigira uruhare rutaziguye mu myitwarire y’abo bibarutse.

Yavuze ati: “ Ntawe utanga icyo adafite…Niba abakobwa bakura babona ba Nyina bambara izo Mini ndemera neza ko nabo bazazambara. Imwe mu ngamba ni uko ababyeyi muri rusange n’ababyeyi b’abagore by’umwihariko bajya bazirikana icyo umugani w’Abanyarwanda uvuga ko ‘uwiba ahetse aba abwiriza uwo mu mugongo’ uvuze.”

N’ubwo umuco ari uruhurirane ry’imigirire ishingiye ku mateka, ururimi, imyizerere by’abantu runaka kandi ukaba ukura bitewe n’uko muri iki gihe abantu bahura bakaganira, bagahahirana, abahanga mu mibanire y’abantu( sociologists) bavuga ko muri buri muco hari ibitagomba guhinduka, ahubwo bigasigasirwa kugira ngo uwo muco uhorane umwimerere.

Muri ibyo bintu harimo icyo bita norms.

Izi norms nizo zihuza zigakora  ikintu kinini kurushaho kitwa indangagaciro(values) z’umuco runaka.

Izo ndangagaciro nizo zitandukanya abantu basangiye umuco runaka n’abandi bafite undi wabo.

Indangagaciro aho zibera  umwihariko ni uko abana bazigira ku babyeyi babo kandi bigatangira bakiri bato.

Umwana ugize ibyago akavukira kandi agakurira mu muryango ugizwe n’ababyeyi batakaje izo ndangagaciro nawe  akura ntazo afite, keretse iyo azigiye mu mashuri cyangwa mu idini ariko nabwo ntibyahuza agaciro no kuzigishwa n’ababyeyi be.

Niyo mpamvu Abanyarwanda baca umugani ngo ‘imfura igenda nka Se’ cyangwa ngo ‘Umwana apfa mu iterura.’

TAGGED:ImpenureKaberaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuryango Wa Perezida Kagame Wabaruwe
Next Article Ibyo Muri Kenya Biri Gufata Indi Ntera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?