Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bwa Mbere Ubumwe Bw’Uburayi Bwibutse Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bwa Mbere Ubumwe Bw’Uburayi Bwibutse Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2024 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuva yahagarikwa ubu hashize imyaka 30, nibwo bwa mbere Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 yibutswe n’abakora ku cyicaro cy’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi bakorera i Brussels mu Bubiligi.

Ku wa Mbere taliki 8, Mata,  2024  nibwo bifatanyije n’isi kwibuka iyi Jenoside ya nyuma yaranze Ikinyejana cya 20 ikaba ari nayo ikomeye yahitanye abantu benshi mu gihe gito.

Umuhango wo kwibuka  ku nshuro ya 30 wateguwe ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi ndetse n’Ibiro byo mu Muryango w’Ubumwe bw’Uburayi bishinzwe ububanyi n’amahanga.

Abantu 100 nibo bawitabiriye, bakaba ari abantu bakora mu mashami atandukanye y’ibikorwa by’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi.

Icyo gihe kandi hari na Visi Perezida w’uyu Muryango witwa Josep Borell.

Josep Borrell yavuze ko ubumwe n’ubwiyunge nk’uko byagenze mu Rwanda bushoboka iyo habayeho kwemera amateka y’ibyabaye, ababigizemo uruhare bakabihanirwa  hakabaho n’uburyo buhoraho bwo kwibuka inzirakarengane.

Umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wahatangiye ubuhamya witwa Esther Mujawayo akaba n’umwe mu bashinze  AVEGA yatanze ubuhamya bw’inzira igoye yanyuzemo mu gihe cya Jenoside.

Ati: “Mu mwaka wa 1994 ku musozi nakuriyeho, Abatutsi bose barishwe. Nk’abapfakazi twajyaga twibaza ngo ‘Njye narokokeye iki?’. Buri gihe mba numva ntatekanye iyo mvugira ahantu hafatirwa ibyemezo bikomeye nko muri UN cyangwa EU kuko bari bazi neza ibigiye kuba ariko ntibagire icyo bakora ngo babibuze”.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage ari na we uruhagarariye mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Igor César yasabye ko Isi yakwimakaza ubumwe, asaba Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi gukoresha ijambo ufite mu kwamagana ko Jenoside  no kurwanya ko yakongera kubaho.

Bacanye urumuri rw’icyizere

Muri uyu muhango  hafashwe umwanya wo guha icyubahiro Abatutsi bishwe muri Jenoside yabakorewe hacanwa n’urumuri rw’icyizere.

Muri iki gikorwa habamuritswe ibihangano bitandukanye bigize imurikagurisha bise ‘Peace is our Choice”, rigaragaza intandaro ya Jenoside n’imbaraga u Rwanda rwashyize mu kwiyubaka nyuma yayo.

Amafoto@Karirima

TAGGED:AbatutsiAbibumbyeBubiligifeaturedJenosideUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Umusirikare Yiciye Abaturage Muri Resitora
Next Article Gicumbi: Aravugwaho Kurandura Imyaka Y’Uwarokotse Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?