Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Canada Yahaye u Rwanda Izindi Nkingo 433,300 Za Covid-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Canada Yahaye u Rwanda Izindi Nkingo 433,300 Za Covid-19

Last updated: 21 December 2021 12:46 pm
Share
SHARE

Ambasade ya Canada mu Rwanda yatangaje ko icyo gihugu cyatanze izindi nkingo 433,300 za COVID-19, zigiye kwifashishwa mu gukingira abaturarwanda benshi bashoboka.

Ni inkingo zakiriwe nyuma y’uko mu kwezi gushize nabwo u Rwanda rwakiriye doze miliyoni 1.6 z’urukingo rwa Covid-19 rwo mu bwoko bwa Moderna, zatanzwe na Canada binyuze muri gahunda mpuzamahanga yo gufasha ibihugu kubona inkingo, COVAX.

#GoodNewsAlert!
This week 433,300 additional doses of the #COVID19 vaccine arrived in #Rwanda 🇷🇼 thanks to #Canada’s 🇨🇦 contribution.
No one is safe until everyone is safe. 💉 pic.twitter.com/3PqxQlQ6tS

— Canada in Rwanda and Burundi (@CanadainRwanda) December 21, 2021

Izo zose hamwe ni inkingo zisaga miliyoni ebyiri zatanzwe na Canada, zishobora gukingira byuzuye abaturage barenga miliyoni imwe.

Ni inkingo zibonetse mu gihe leta irimo gukingira abantu benshi hagamijwe kurinda abaturage kuzahazwa na virus itera COVID-19 ikomeje kugenda yihinduranya.

Magingo aya virus irimo kwanduza abantu benshi ni Omicron.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel kuri uyu wa Mbere yavuze ko u Rwanda rufite inkingo zihagije, ahubwo abantu basabwa “kwitabira kuza gukingirwa”.

Yagize ati “N’ahandi tutaragera ku mibare myiza nk’iya Kigali kandi inkingo bazifite, hoye kugira uwivutsa ayo mahirwe yo kugira ngo akingirwe, twese igihugu tugere kuri 70% tunarenze.”

“Nta n’impamvu yo kutarenza kuko uko inkingo zizaboneka n’iyo mibare tuzayizamura kugeza igihe n‘abana bafite hagati y’imyaka 5 kugeza kuri 11, ubu dutegereje ko inkingo z’abana zikozwe ku buryo nyine ruba ari urukingo rw’umwana, ruzapfa kugera ku isoko, leta izarushaka.”

Kugeza ubu abaturarwanda bakingiwe byuzuye ni 36%, ndetse uyu mwaka uzarangira nibura hamaze gukingirwa 40%. Hari icyizere ko umwaka utaha uzarangira hamaze gukingirwa 70%.

Abahawe urukingo rwa mbere ni miliyoni 7.3, abakingiwe byuzuye ni miliyoni 4.9 mu gihe abahawe urukingo rushimangira basaga ibihumbi 55.

Muri iki gihe hagezweho gahunda yo gutanga urukingo rwa kabiri rwa COVID-19 ku ngimbi n’abangavu bafite imyaka 12-17, yatangiye kuri uyu wa Kabiri ku bigo by’amashuri biri mu Mujyi wa Kigali.

TAGGED:COVID-19Dr Daniel NgamijefeaturedInkingoModerna
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Rubavu Polisi Yarashe Uwiyitaga DPC W’Abuzukuru Ba Shitani
Next Article Barafinda Yasubijwe i Ndera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Baheze Muri Rigoli Nyuma Yo Gushikuza Umukobwa iPhone

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?