Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CANAL+ Rwanda Mu Bufatanye Bwo Kurengera Ibidukikije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

CANAL+ Rwanda Mu Bufatanye Bwo Kurengera Ibidukikije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 October 2021 7:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo Canal + gisanzwe gicuruza serivisi z’itumanaho harimo no gutanga amashusho kinjiye mu mushinga wo kurengera ibidukikije. Ni mucyo bise ‘Ukwezi Kumwe, Impamvu Imwe’ ( 1 MOIS 1 CAUSE).

Ubuyobozi bwa CANAL+ Rwanda buvuga ko bwatangije iriya gahunda mu rwego rwo gufasha Leta y’u Rwanda mu mushinga wayo w’igihe kirekire wo gutuma umujyi wa Kigali  uba ahantu hatoshye ibyo bita mu Cyongereza Green City, byose bikubiye mu cyerekezo cya 2050.

Ni muri urwo rwego, CANAL+ Rwanda yatangije umushinga mugari wo gukusanya dekoderi zishaje zitakibasha kwakira amashusho mu buryo bushimishije kugira ngo zihurizwe hamwe zitunganywe neza.

Abafite Dekoderi zishaje basabwe kuzishyira Canal + zikanagurwa cyangwa zigasanwa zikongera zigakora

Dekoderi zitagikora ziri muri mu rwego rw’imyanda ya elegitoronike.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iyo idakusanyirijwe hamwe ngo ijyanwe ahatu inagurwe, cyangwa se itabwe ahantu hamwe kugira ngo ivanwe mu ngo, ihinduka ikibazo gikomeye ku buzima bw’abantu n’ibindi binyabuzima.

Kubera izo mpamvu, CANAL+ Rwanda yahisemo gutangiza ubukangurambaga bunini bwo gukusanya dekoderi zishaje zitacyakira amashusho yo mu rwego rwo hejuru kugira ngo zitunganywe neza.

Iki gikorwa kikaba kizatangira ku ya 1 Ugushyingo 2021.

CANAL+ Rwanda irasaba abafatabuguzi kugarura dekoderi bafite zishaje ku maduka ndetse no ku bacuruzi bemewe.

Izi dekoderi zizakusanyirizwa hamwe maze zoherezwe ku ruganda rwa ‘Enviroserve Rwanda’ ruri mu Kagari ka Ramiro mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera  kugira ngo zitunganywe.

- Advertisement -

Ibice bya pulasitike bizajanjagurwa kugira ngo bikoreshwe mu zindi nganda, mu gihe ibyuma bizasukurwa bikongera gukoreshwa mu buryo busukuye.

Canal+ Rwanda yahisemo gukorana na ‘Enviroserve Rwanda Green Park’ nk’ikigo cy’intangarugero mu gusukura imyanda ya elegitoronike muri Afrika y’i Burasirazuba.

Umuyobozi wa Canal + Rwanda Madamu Sophie Tchatchoua yagize ati: “ Twe nka Canal + dukorana n’u Rwanda mu nzego zo guteza imbere imibereho y’abari n’abategarugori, kuzamura uburezi ndetse no kwita ku bidukikije. Ubu rero twinjiye mu bidukikije. Ni urwego rufite akamaro mu kurinda ubuzima bw’abaturage barimo n’abakiliya bacu kugira ngo tugire uruhare mu kugira ubuzima bwiza bw’abatuye u Rwanda.”

Sophie Tchatchoua aganira n’abanyamakuru

EnviroServe Rwanda Green Park ni umufatanyabikorwa ukomeye wa Guverinoma y’u Rwanda nayo yasinye amasezerano y’ubufatanye mu gukusanya no gutunganya imyanda y’ibikoresho binyuranye kugira ngo byongere gukoreshwa.

Madamu Sophie Tchatchoua hari ubutumwa yasigiye abo muri ruriya ruganda
TAGGED:BugeseraCanal +featuredIbidukikijeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ya G20 i Roma
Next Article Impamvu Byafashe Igihe Kirekire Ngo Abanyarwanda Bemere Inkiko Gacaca
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?