Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Cristian Rodriguez Yegukanye Tour Du Rwanda 2021 (Amafoto)
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Cristian Rodriguez Yegukanye Tour Du Rwanda 2021 (Amafoto)

Last updated: 10 May 2021 9:09 am
Share
SHARE

Rodriguez Martin Cristian ukinira Total Direct Energie yegukanye Tour du Rwanda 2021, yari irimo kuba ku nshuro ya 13. Ni irushanwa rimaze icyumweru rizenguruka ibice bitandukanye by’u Rwanda.

Uyu musore ukomoka muri Espagne yageze ku munsi wa nyuma ari we wambaye umwenda w’umuhondo, abasha kuwugumana ubwo yegukanaga agace ka munani k’irushanwa. Abakinnyi bahagurukiye ku i Rebero kuri Canal Olympia ari naho basoreje, basiganwa intera ya kilometero 75.3.

Rodriguez yegukanye iri rushanwa muri rusange akoresheje 22h49’51’’, mu ntera ya kilometero 913.3 abakinnyi banyonzemo igare mu cyumweru cyose.

Yarushije Piccoli James ukinira Israel Start Up Nation amasegonda 17. Ku mwanya wa gatatu haje Umunyamerika Hoehn Alex ukinira Wildlife Generation wakoresheje 22h50’42’’.

Ni mu gihe Umufaransa Boileau Alan ukinira B&B Hotels wanegukanye uduce dutatu muri iri rushanwa, ku rutonde rusange yaje ku mwanya wa kane, aho yakoresheje 22h50’42’’.

Umunyarwanda waje hafi ni Manizabayo Eric waje ku mwanya wa 18, akiniria Benediction Ignite. Yakoresheje 23h05’43’’, bivuze ko Cristian wabaye uwa mbere amurusha 15’52’’.

Irushanwa ry’uyu mwaka ryabanje kwimurwa kuko ryagombaga kuba muri Gashyantare 2021, ariko riza kwimurirwa muri Gicurasi.

Risojwe nta munyarwanda ubashije kwegukana agace nibura kamwe, ku munsi w’irushanwa.

Agace abakinnyi basiganweho kuri iki Cyumweru
TAGGED:AmagareCristian RodriguezfeaturedTour du Rwanda 2021
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 12 Bafashwe Bakekwaho Ibyaha Birimo Gushyiraho Umutwe W’Abagizi Ba Nabi
Next Article Kagame Yifurije Abagore Umunsi Mwiza W’Ababyeyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?