Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CHUK Yitandukanyije N’Uwayiyitiriye Akaka Ruswa Abakoze Impanuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

CHUK Yitandukanyije N’Uwayiyitiriye Akaka Ruswa Abakoze Impanuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 September 2021 11:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali( CHUK) bwahaye Taarifa itangazo buvuga ko umugabo Polisi iherutse kwereka itangazamakuru ivuga ko yamufashe kubera kwaka abantu bakoze impanuka ruswa yiyita umukozi wa CHUK, atari we.

Polisi yaraye yeretse itangazamakuru ko yataye muri yombi umugabo witwa Rutaganda, nyuma y’amakuru y’uko yiyitaga Komanda wa Polisi ukora mu  by’umutekano w’umuhanda akaka abashoferi bakoze impanuka amafaranga avuga ko ari ayo kuzabafasha kubakurikiranira ikibazo.

Mu magambo  ari mu ijwi Taarifa yafashe, umugabo yabwiye itangazamakuru yari umushoferi w’Imbangukiragutabara ya CHUK.

Yitwa Rutaganda akavuga ko atigeze yaka bariya bantu amafaranga, ahubwo ngo yabatse nomero zabo ngo azababaze uko bamerewe.

Rutaganda uvugwaho kwiyita umupolisi akaka abantu amafaranga asanze bakomerekeye mu mpanuka

Yemera ko icyo umutimanama we umuciraho urubanza ari uko hari abamwoherereje amafaranga kuri Mobile Money ariko ntiyabasubize.

Umwe mubo bivugwa ko yatwaye amafaranga ni umumotari.

Uyu mumotari yabwiye itangazamakuru ko uriya mugabo yamwatse nomero amubwira ko ari umupolisi ushobora kumugira mu kibazo cy’impanuka kigacyemuka.

Ngo yamwijeje ko hadacyenewe amafaranga menshi, ko niyo byaba Frw 50 000 yayamuha bigacyemuka, undi amusubiza ko ntayo yabona, bakomeje guciririkanya kugeza ubwo bemeranyije ku Frw 15 000.

Ati: “ Mu by’ukuri iki nicyo nicuza kandi rwose ndasaba Abanyarwanda imbabazi kuko nararengereye, sinasubiza amafaranga yangezeho.”

Nyuma y’inkuru Taarifa yasohoye ivuga iby’ifatwa ry’uriya mugabo n’ibyo Polisi imukurikiranyeho, ubuyobozi bwa CHUK bwahaye Taarifa itangazo rivuga ko uriya mugabo atari umukozi wayo.

Iri tangazo ryasinyweho na Prof Théobald Hategekimana rigira riti: “…Ubuyobozi bukuru bw’ibitaro bya Kaminuza bya Kigali( CHUK) buramenyesha igitangazamakuru ‘Taarifa’ ko Bwana Augustin Rutaganda ukurikiranywe na Polisi, akaba yareretswe itangazamakuru ku wa Gatatu tariki 22, Nzeri, 2021 atari umukozi w’ibitaro bya CHUK…”

Prof Théobald Hategekimana

Taarifa yabajije Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda niba bakimufata nk’umushoferi wa Ambulance ya CHUK, asubiza ko icyo Polisi imukurikiranyeho ari ukuyiyitirira akaka abaturage amafaranga.

CP John Bosco Kabera yagize ati: “Icyaha akekwaho Polisi yamufatiye ntabwo ari urwego akorera, ni ukwiyirira icyo atari cyo (umupolisi ushinzwe gupima impanuka) maze akarya amafaranga y’abaturage”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yabwiye Taarifa ko uriya mugabo yamaze gushyikirizwa ubugenzacyaha ngo akurikiranwe kuri kiriya cyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera
TAGGED:AbanyarwandaCHUKfeaturedImbangukiragutabaraKaberaUmushoferi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akamashini Kaguruka Gatahura Ikirere Cyanduye
Next Article Abakoresha Umupaka Wa Rusizi Bafite Ibyago Byo Kuvana COVID Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?