Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abayobozi B’Amadini Batakambiye Imana Ngo Amahoro Agaruke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Abayobozi B’Amadini Batakambiye Imana Ngo Amahoro Agaruke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2022 2:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi mu  nzego za kidini batandukanye kandi baturutse mu madini atandukanye bateranye bakora amasengesho yo gusabira  amahoro Repubulika ya Demukarasi ya Congo, cyane cyane uburasirazuba bw’iki gihugu.

Bahuye nta gihe kinini gishize hatangajwe ko hishwe abantu barenga 50 biciwe muri Rutshuru, impaka ubu zikaba ari ukumenya uwagize uruhare muri ubwo bwicanyi kuko buri ruhande rubigarama.

Abayobozi b’amadini bateraniye gusaba Imana ngo ibagarurire amahoro barimo abo mu madini ya Gikirisitu n’aya Kisilamu.

Pasiteri Samuel Ngahiembako uyobora Idini bita L’Eglise du Christ au Congo yabwiye Africa News  ati: “Twihuje kugira ngo dufatanye gusenga, dusengere igihugu cyacu kugira ngo Imana idufashe kubona no kubumbatira amahoro. Ni ikintu twiyemeje ko buri mpera z’Icyumweru tuzajya duhura dusenge Imana kugira ngo idufashe kongera gutekana.”

Mu gihe aba banyamadini basenga basaba Imana ngo ibabe hafi, abanyapolitiki n’abayobozi b’ingabo ndetse n’ab’inyeshyamba barashinjanya uruhare mu bwicanyi buherutse kubera muri Rutshuru.

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC witwa Patrick Muyaya avuga ko Guverinoma avugira izakora ibishoboka byose hamenyekane abakoze biriya kandi  bazagezwe imbere y’ubutabera.

Bishwe barasiwe ahitwa Kishishe,  mu gace ka Bwito hafi ya Rwindi.

Hose ni muri Rutchuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ni ubwicanyi bwabaye mu ijoro ryo kuwa 30, rishyira 01, Ukuboza, 2022.

Uko iminsi ishira ni ko  abantu bakomeje kwibaza umutwe wa gisirikare waba warakoze buriya bwicanyi bwakorewe abasivili!

Mu gihe M23 ari iyo iri gushyirwa mu majwi na Guverinoma ya Kinshasa, abo ku ruhande rwayo bo bavuga ko ibiri kuhabera ari ikintu cyerekana ko na Jenoside ishobora kuzahakorerwa.

Abahanga bemeza ko nta Jenoside yakorwa Leta itayiri inyuma.

Uruhande rwa Guverinoma ya DRC ruvuga ko kuba aho buriya bwicanyi bwabereye ari ahantu hasanzwe hayoborwa na M23, bivuze  ari yo yagombye kubibazwa.

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC witwa Patrick Muyaya avuga ko igihugu cye kizakora ibyo gishoboye byose hakamenyekana kandi hagahanwa abagize uruhare muri buriya bwicanyi.

Umuryango w’Abibumbye wo watangaje ko hagiye gushyirwaho itsinda ‘ryigenga’ ryo guperereza hakamenyekana abishe bariya basivili.

Ikindi ni uko DRC iteganya gusaba Umuryango mpuzamahanga gushyiraho komisiyo yigenga yo kubikurikirana.

MONUSCO nayo irasaba ko habaho iperereza ryigenga…

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri DRC bwitwa MONUSCO nabwo buvuga ko hakwiye kubaho itsinda ryihariye ryo guperereza iby’ubu bwicanyi.

Ku rundi ruhande, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uvuga ko hari n’abandi bantu benshi biciwe muri Rutshuru mu minsi mike ishize.

Ambasaderi w’uyu Muryango muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Jean-Marc Châtaignier avuga ko ubwo bwicanyi bwabayeho kandi ko ari ngombwa ko bikorwa ho raporo, igatangazwa, ababigizemo uruhare bakabihanirwa.

Kubera ko nta ruhande rwigenga ruragira icyo rutangaza kuri ibi, birasaba ko Umuryango w’abibumbye ushyiraho itsinda ryo kubigenzura ridafite aho ribogamiye nk’uko Radio Okapi yabyanditse.

TAGGED:AmadinifeaturedFPRGuverinomaImanaInkotanyiMuyaya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Muri RDB Asobanura Uburyo Afurika Yageza Ubukerarugendo Bwayo Ku Isonga
Next Article Rwanda: Abashaka Gukorera Impushya Zo Gutwara Ibinyabiziga ‘Boroherejwe’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?