Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Ishyaka Rya Tshisekedi Ryitandukanyije N’Abarifashije Mu Kwiyamamaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Ishyaka Rya Tshisekedi Ryitandukanyije N’Abarifashije Mu Kwiyamamaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 January 2024 7:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishyaka L’Union pour la Démocratie et le Progrès Social (UDPS) riri ku butegetsi kandi rikaba ari naryo Felix Tshisekedi abarizwamo ryatangaje ko ryitandukanyije n’abari bararyiyunzeho mu matora y’Abadepite n’Abajyanama ku rwego rwa za Provinces kubera ko baherutse gutangazwa na Komisiyo y’amatora ko hari aho bibye amajwi.

Ibyo kwiba amajwi byemejwe n’iriya Komisiyo nyuma yo gukora isesengura bisabwe na Kiliziya Gatulika, Abadivantisite b’Umunsi wa Karindwi, Sosiyete sivile ndetse n’imiryango mpuzamahanga.

UDPS yatangaje ko abo bantu bose bagize uruhare mu kwibwa kw’ayo majwi badakwiye gukomezanya nayo ndetse yasohoye n’urutonde rw’amazina yabo.

Urwo rutonde Radio Okapi dukesha iyi nkuru irarufite.

Abavugwaho iyo myitwarire ihabanye na Demukarasi, barimo n’uwitwa Sam Bokolombe, bavuga barengana.

Bokolombe we ararahira akirenga, akavuga ko yabera atigeze agira imyitwarire yo kunyuranya n’amategeko.

Ati: “ Imana niyo yonyine ibizi.”

Umugore witwa Colette Tshomba nawe avuga ko ibyo CENI yakoze ari byo yabwirijwe n’abo mu ishyaka riri ku butegetsi kugira ngo bikize abantu babonaga ko bazabasaba imyanya n’ibindi bari bugenerwe n’amategeko iyo baza kwemererwa gukomezanya na UDPS.

Avuga ko mu gace yatorewemo ka Funa( muri Kinshasa) abantu be basanzwe bamuzi kandi batabura kumutora bityo ngo nta majwi yibye cyangwa ngo agire ikindi kibi akora mu byari bibujijwe na Komisiyo y’amatora, CENI.

Uwitwa Trymphon Kin-Kiey Mulumba w’i Masimanimba avuga ko yarenganye agasaba ko CENI yereka inkiko ibyo yashingiyeho ivuga ko yibye amajwi.

Avuga ko ako karengane gakwiye gucika.

Mu gihe abo bashinjwa kuba amajwi mu matora y’Abadepite n’Abajyanama ba za Provinces, ku rundi ruhande, abo ku ruhande rwa Tshisekedi nabo bashinjwa kumwibira amajwi bigatuma atorerwa kongera kuyobora DRC.

Iyi ni ingingo iri mu zishyushye muri Politiki ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu ntangiriro za Mutarama, 2024.

Ifoto: Umwe mu bayobozi ba UDPS@Radio Okapi/Ph Paul Matendo.

TAGGED:AmajwiAmatoraDRCfeaturedTshisekediUDPS
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gucika Kw’Ibisiga Byitwa Inkongoro Bizashyira Afurika Mu Kaga
Next Article Polisi y’u Rwanda Yihakanye Umunyamahanga Uvuga Ko Akorana Nayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?