Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Mu Ihurizo Ryo Kumenya Abo Izemerera Gucukura Petelori
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbukungu

DRC Mu Ihurizo Ryo Kumenya Abo Izemerera Gucukura Petelori

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 July 2024 4:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abashinzwe kurinda ibidukikije  hirya no hino ku isi basaba Guverinoma ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo kuba ihagaritse ipiganwa yashyizeho ngo abashaka gucukura petelori na gazi batange amadosiye abisaba.

Bavuga ko Guverinoma y’iki gihugu yaba ibihagaritse, ikabanza gushyiraho politiki nyazo zizayifasha kugenzura niba abazatsindira ayo masoko batazacukura uwo mutungo mu buryo bwangiza ibidukikije.

Guverinoma yo ivuga ko abavuga ibyo babikora batabanje gutanga undi muti babona iki gihugu cyakoresha kugira ngoi kibone amafaranga ateza imbere abagituye.

Kuri uyu munsi mpuzamahanga wahariwe kurengera ibidukikije, abaharanira ko bitangirika bavuga ko umutungo kamere mwinshi Repubulika ya Demukarasi ya Congo ifite udacukuwe neza waba ikibazo kurusha uko waba igisubizo.

I Kinshasa bamaze umwaka urenga batanze isoko ku bantu bifuza gupiganirwa gucukura ibikomoka kuri petelori iki gihugu kivuga ko cyavumbuye mu butaka bwacyo.

Minisitiri w’ibidukikije muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Eve Bazaïba avuga ko ubucukuzi bwa petelori na gazi bwaba kimwe mu byo igihugu cye cyaheraho giteza imbere abagituye, akavuga ko abatabibona batyo bagombye gutanga undi muti.

Ibi Eve abishingira ku ngingo iherutse gutangarizwa  muri raporo y’Umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi, International Trade Administration, yavugaga ko ubwinshi bwa petelori iri mu Burasirazuba bw’iki gihugu butuma kiba icya kabiri kiyifite ku bwinshi nyuma ya Angola.

Angola niyo ya mbere ikize kuri uyu mutungo kamere muri Afurika yo Hagati n’iyo mu Majyepfo.

Kiriya kigo kivuga ko DRC ifite utugunguru twose hamwe miliyoni 180.

Ibyo kandi ngo bigendanye ni uko iki gihugu gifite gazi metane n’izindi gazi zipima metero kibe miliyari 30.

Mu kiyaga cya Kivu barapimye basanga harimo gazi metani zingana na metero kibe miliyari 60.

Iki kiyaga gikora ku Rwanda no kuri Repubulka ya Demukarasi ya Congo, u Rwanda rwo rukaba rwaranatangiye kuyivoma binyuze mu ruganda Shema Power ruba mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu.

Rurayicukura rukayihinduramo amashanyarazi yiyongera mu yandi rukeneye ngo inganda zarwo zihaze ku muriro.

Umuriro rukura muri gazi metani ungana na megawati hagati ya 30 na 40 kandi usigaramo ni mwinshi kuko buri mwaka iki kiyaga kizamo gazi metane iri hagati ya metero kibe miliyoni 120 na miliyoni 250.

Uruganda Shema Power ruri mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu: Ifoto@Taarifa.rwanda

Tugarutse kuri DRC, Umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi uvuga ko itumiza ibintu byose ikenera mu gutuma ubukungu bwayo bukora ni ukuvuga ibituma inganda n’ibinyabiziga byayo bikore neza.

Umutungo DRC ifite ivuga ko udakwiye kuyipfira ubusa ngo abayituye bicire isazi mu jisho kandi  ikize bene ako kageni.

Abahanga bo muri iki gihugu bavuga ko bishoboka ko abagituye basobanurirwa akamaro ko kubyaza umusaruro umutungo kamere wacyo ariko bakanirinda ko wangirika ku buryo utazagirira akamaro urubyiruko rw’ejo hazaza.

Ubuyobozi bwa DRC buvuga ko kugira umutungo ungana kuriya ariko ugakena nabyo bitarimo ubwenge.

Minisitiri Bazaïba avuga ko bikwiye ko higwa uko ibikomoka kuri petelori biri mu gihugu cye bicukurwa bikongererwa agaciro bikagurishwa amafaranga avuyemo akazamura imibereho y’abaturage aho kugira ngo bicwe n’inzara ngo bararinda ibidukikije.

Icyakora ntahakana ko bikwiye kurindwa, ariko avuga ko mu kubirinda hagomba no kurebwa uko byabyazwa umusaruro.

Ndetse ngo hasanzwe hari amategeko ahana abantu bacukura mu kajagari amabuye y’agaciro cyangwa undi mutungo kamere.

Ikibazo cyo kumenya uko umutungo kamere wa DRC wabyazwa umusaruro bitabangamiye ibidukikije kirakomeye.

Abashinzwe kurinda ibidukikije bavuga ko kugira ngo Guverinoma yemeze ko uriya mutungo uzacukurwa nk’uko ibyifuza, bisaba ko amategeko asanzwe arinda ko ibyanya bikomye bisagarirwa ahindurwa.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ingingo y’uko DRC ishaka kwemerwa n’Umuryango mpuzamahanga nk’igihugu kirengera ibidukikije ku buryo yahabwa no ku madolari yagenewe ibihugu bibikora bityo.

Abasomyi ba Taarifa bagomba kumenya ko 65% by’ubuso bwose bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo buriho amashyamba ni ukuvuga ubuso bungana na hegitari miliyoni 155.

Si ubwo buso gusa ahubwo hari n’igice kinini kigizwe n’imigezi inzuzi n’ibiyaga, ubuso bugari bucukurwaho amabuye y’agaciro  n’igice kindi kinini gikize ku bindi bintu kamere bitaboneka henshi ku isi.

Hari umuhanga mu by’amashyamba na nyiramugengeri iboneka mu bishanga bya DRC witwa Richard Kitenge wabwiye The East African ko umutungo w’ibyo byombi uramutse ucukuwe neza wajya winjiriza iki gihugu miliyari $200 ku mwaka!

Kitenge avuga kandi ko iki gihugu kiramutse kitaye ku nyamaswa ziba muri pariki zacyo cyajya kizivanamo andi madolari atari macye.

Minisitiri w’Intebe wa DRC witwa Judith Suminwa avuga ko igihugu cye kizakora uko gishoboye kigashyiraho politiki ziboneye, zizatuma abashoramari bo kubyaza umusaruro uriya mutungo kamere baboneka ariko nanone ntibawangize.

Nk’uko bimeze henshi muri Afurika, DRC nayo yugarijwe na barushimusi bayicira inyamaswa, isuri, inkangu, abangiza amashyamba n’ibindi bituma urusobe rw’ibinyabuzima bidasagamba.

TAGGED:AmabuyeDRCfeaturedGaziIbidukikijeIshyambaKivuPetelori
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Barindwi Baguye Mu Mubyigano Wabereye Mu Gitaramo
Next Article Ese Raporo Zivuga Ku Iterambere Ry’u Rwanda Ntizizatuma Rwirara?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?