Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Ubwoba Bw’Uko Ikirunga Cya Nyamuragira Cyaruka Ni Bwinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Ubwoba Bw’Uko Ikirunga Cya Nyamuragira Cyaruka Ni Bwinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2023 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe kugenzura ibirunga giherereye i Goma cyasabye abaturage b’aho kuba biteguye ko igihe icyo ari cyo cyose bahunga kubera ko hari ibimenyetso by’uko ikirunga cya Nyamuragira ‘gishobora’ kuruka.

Ni ibimenyetso byatangiye kugaragara guhera kuri uyu wa Mbere taliki 13, Werurwe, 2023 ku gasongero kacyo.

Ibyo bimenyetso bigizwe n’umwotsi n’ivu bizamuka ku munwa wacyo kandi ibi ni bimwe mu bimenyetso bikomeye biteguza ko ikirunga kiba gishobora kuruka.

Ikindi kimenyetso abahanga basanze cyerekana ko ikirunga kiba kiri hafi kuruka ni uko inyamaswa zikurura inda( imiserebanya, ibikeri, inzoka…) zitangira guhunga.

Zihunga kuko imibiri yazo iba yamaze kumva ibimenyetso mpuruza by’uko mu nda y’isi hari ibidasanzwe biri kuhakorerwa.

Ikirunga cya Nyamuragira giherereye muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika ya Dekokarasi ya Congo.

Cya kigo gishinzwe kugenzura ibirunga biri mu Karere u Rwanda ruharereyemo (kitwa Goma Volcano Observatory)  gitangaza ko ‘ibipimo bihari by’iruka’ bivuga ko hari ibikoma byoroshye biri kuva ku ndiba kugera hejuru y’ikirunga cya Nyamuragira.

Ibyo bikoma nibyo bita abahanga bita ‘lava’ kandi biba bishyushye ku gipimo kiri hejuru ya 30,000 °C.

Iki gipimo cy’ubushyuhe kiswe Celsius bitewe n’uko uwagihimbye yitwaga Anders Celsius (1701–1744) akaba yari umuhanga mu by’ikirere wo muri Suède.

Iki nicyo gikoresho bakoresha bapima ubushhyuhe bwa Celsius

Ihame ku miterere  n’imikorere y’ibirunga ni uko uko ibiva mu nda yabyo bishyuha cyane ari nako byihuta iyo ikirunga kibisohoye.

Impuguke zo muri cya kigo twavuze haruguru zivuga ko kiriya kirunga kirutse muri iki gihe ibikoma byashokera muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Abatuye n’abaturiye umujyi wa Goma basabwe kwitondera amazi bogesha ibyombo( amasahane, amasafuriya..) kuko ashobora kutozwa neza hagasigaraho ivu ryavuye mu kirunga kandi iryo vu ni uburozi bukomeye.

Abakora ingendo zo mu kirere basabwe gukurikiza ibyerekezo birinda kunyura hejuru ya Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Lt Gen Constant Ndima Kongba yasabye abaturage gutuza bagategereza ibitangazwa.

Muri Gicurasi  2021, nabwo byari byatangajwe ko iki kirunga cyarutse ariko haza amakuru avuguruza avuga ko habayeho kwikanga.

TAGGED:featuredGomaIkirungaKivuNyamuragira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusore W’i Nyanza Yakubise Se Isuka Mu Mutwe
Next Article M23 Yavuye Mu Bice Yari Ifite, Mai-Mai Irabifata
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?