Mu buryo budasubirwaho, ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo bwemeje ko uwari Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Général-Major Peter Chirumwami Nkuba yishwe n’amasasu.
Taarifa ifite amakuru ko yarashwe mu nda ubwo yari yajyanye n’abasirikare ahitwa Sake kuri uyu wa Kane agiye kwereka amahanga ko umutekano ari wose muri kariya gace.
Kuraswa kwe kwari kwatangajwe mbere na M23 mu itangazo rasohowe na AFC(Alliance Fleuve Congo), uyu ukaba umutwe uhiriyemo na M23 ishami rya gisirikare.
Inama y’ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Congo yateranye ku mugoroba w’uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Mutarama 2025 niyo yemeje ko Chirumwami Nkuba yapfuye, ndetse abari abayirimo batangaza ko bazamuhorera uko byagenda kose.
Perezida Félix Tshisekedi niwe wari uyiyoboye, yanzuye ko ingabo ze n’abandi bakorana bazakora ibishoboka byose kugira ngo abambuye ubuzima Maj Gen Chirumwami babiryozwe.
#RDC | Ce vendredi à la Cité de l’Union africaine, le Chef de l’État, Commandant suprême des Forces armées, a présidé une réunion du Conseil supérieur de la défense élargi. La situation opérationnelle dans toute la #RDC, spécifiquement dans la province du #NordKivu a été passée… pic.twitter.com/Keuc3f0d2D
— Présidence RDC 🇨🇩 (@Presidence_RDC) January 24, 2025
Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo Général Major Sylvain Ekenge yatangaje ko Maj Gen Chirumwami yaguye ku rugamba ku wa Kane.
Ekenge yavuze ko Chirumwami yarashwe na M23 ajyanwa kwa muganga ariko biranga arahagwa.
Avuga ko uwo musirikare mukuru yaguye kwa muganga mu mahanga aho yari yagiye kuvurizwa.
Ikindi ni uko Perezida Tshisekedi yatanze amabwiriza akomeye yo gukubura umwanzi no kumwirukana mu nkengero z’umujyi wa Goma.