Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Green Party Yirukanye Abarwanashyaka Babiri Ibashinja ‘Imigambi Mibisha’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Green Party Yirukanye Abarwanashyaka Babiri Ibashinja ‘Imigambi Mibisha’

admin
Last updated: 25 October 2021 11:50 am
admin
Share
SHARE

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) ryatangaje ko ryirukanye abarwanashyaka babiri bitwa Tuyishime Jean Deogratious na Mutabazi Ferdinand, bashinjwa ko bafite imigambi yo gusenya ishyaka.

Itangazo ryashyizweho umukono na perezida wa DGPR, Depite Dr Frank Habineza, rivuga ko ari icyemezo cyafashwe na komite nyobozi nyuma yo kugirwa inama na Komite Nkemurampaka y’Ishyaka, ku bijyanye n’imyitwarire mibi yagiye iranga bamwe mu barwanashyaka bayo.

Rikomeza riti “Byagaragaye ko bafite imigambi mibisha kandi y’ubugambanyi yo gusenya Ishyaka barisenyera mu ryo benda gushinga, bavuga ko babiterwamo inkunga n’abari hanze y’igihugu.”

“Kandi byagaragaye ko bamaze igihe bakangurira bamwe mu bayobozi b’Ishyaka gufatanya na bo muri uwo mugambi mubisha. Byakomeje kugaragagara ko nta bunyangamugayo bwabaranze cyangwa indangagaciro z’Ishyaka,”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri ibyo byose ngo baranzwe no kunyuranya n’amategeko y’Ishyaka ndetse n’itegeko rigenga imyitwarire y’abanyapolitike n’imitwe ya politike mu Rwanda.

Yakomeje ati “[Ubuyobozi] bwafashe icyemezo cyo kwirukana burundu mu Ishyaka abo bavuzwe haruguru.”

Dr Habineza yabwiye Taarifa ko nyuma yo kubirukana, hagiye gusuzumwa niba hakwitabazwa Urwego rw’Ubugenzacyaha ngo rukore iperereza ku byo babashinja.

Ati “Tuzabyigaho.”

Green Party ivuga ko Tuyishime Jean Deogratious yaherukaga gukurwa ku rutonde rwa burundu rw’abakandida b’Ishyaka mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye mu 2018.

- Advertisement -

Ni icyemezo cyafashwe Komisiyo y’igihugu y’Amatora imaze kwereka abayobozi b’Ishyaka dosiye y’urubanza abaturage bari baramurezemo ibyaha by’ubwambuzi, kubura ubunyangamugayo, no kutubaha amategeko.

Tuyishime Jean Deogratious yari Umunyamabanga ushinzwe Itumanaho mu ishyaka, muri manda yatowe mu 2019

Ni mu gihe Mutabazi Ferdinand utuye mu Karere ka Rugango, mu ntangiriro z’uyu mwaka yashinjwe ko “yiburishije irengero nyuma yo kutishura imyenda yari abereyemo muramu we”, ashakaga kubihindura ibibazo byapolitike.

Icyo gihe ngo yifuzaga ko bigaragara ko ari inzego z’umutekano zabikoze, agonganishe Ishyaka DGPR n’Inzego za Leta, nk’uko ishyaka ribisobanura.

Mutabazi Ferdinand yirukanywe mu ishyaka
Tuyishime Jean Deogratious wirukanywe
TAGGED:featuredFrank HabinezaGreen PartyIshyakaMutabazi FerdinandTuyishime Jean Deogratious
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe Wa Sudan n’Abagize Guverinoma Benshi Batawe Muri Yombi
Next Article Umunyarwanda Yakoze Ikoranabuhanga Rizabuza Abajura Kugurisha Ibyo Bibye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?