Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Green Party Yirukanye Abarwanashyaka Babiri Ibashinja ‘Imigambi Mibisha’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Green Party Yirukanye Abarwanashyaka Babiri Ibashinja ‘Imigambi Mibisha’

admin
Last updated: 25 October 2021 11:50 am
admin
Share
SHARE

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) ryatangaje ko ryirukanye abarwanashyaka babiri bitwa Tuyishime Jean Deogratious na Mutabazi Ferdinand, bashinjwa ko bafite imigambi yo gusenya ishyaka.

Itangazo ryashyizweho umukono na perezida wa DGPR, Depite Dr Frank Habineza, rivuga ko ari icyemezo cyafashwe na komite nyobozi nyuma yo kugirwa inama na Komite Nkemurampaka y’Ishyaka, ku bijyanye n’imyitwarire mibi yagiye iranga bamwe mu barwanashyaka bayo.

Rikomeza riti “Byagaragaye ko bafite imigambi mibisha kandi y’ubugambanyi yo gusenya Ishyaka barisenyera mu ryo benda gushinga, bavuga ko babiterwamo inkunga n’abari hanze y’igihugu.”

“Kandi byagaragaye ko bamaze igihe bakangurira bamwe mu bayobozi b’Ishyaka gufatanya na bo muri uwo mugambi mubisha. Byakomeje kugaragagara ko nta bunyangamugayo bwabaranze cyangwa indangagaciro z’Ishyaka,”

Muri ibyo byose ngo baranzwe no kunyuranya n’amategeko y’Ishyaka ndetse n’itegeko rigenga imyitwarire y’abanyapolitike n’imitwe ya politike mu Rwanda.

Yakomeje ati “[Ubuyobozi] bwafashe icyemezo cyo kwirukana burundu mu Ishyaka abo bavuzwe haruguru.”

Dr Habineza yabwiye Taarifa ko nyuma yo kubirukana, hagiye gusuzumwa niba hakwitabazwa Urwego rw’Ubugenzacyaha ngo rukore iperereza ku byo babashinja.

Ati “Tuzabyigaho.”

Green Party ivuga ko Tuyishime Jean Deogratious yaherukaga gukurwa ku rutonde rwa burundu rw’abakandida b’Ishyaka mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye mu 2018.

Ni icyemezo cyafashwe Komisiyo y’igihugu y’Amatora imaze kwereka abayobozi b’Ishyaka dosiye y’urubanza abaturage bari baramurezemo ibyaha by’ubwambuzi, kubura ubunyangamugayo, no kutubaha amategeko.

Tuyishime Jean Deogratious yari Umunyamabanga ushinzwe Itumanaho mu ishyaka, muri manda yatowe mu 2019

Ni mu gihe Mutabazi Ferdinand utuye mu Karere ka Rugango, mu ntangiriro z’uyu mwaka yashinjwe ko “yiburishije irengero nyuma yo kutishura imyenda yari abereyemo muramu we”, ashakaga kubihindura ibibazo byapolitike.

Icyo gihe ngo yifuzaga ko bigaragara ko ari inzego z’umutekano zabikoze, agonganishe Ishyaka DGPR n’Inzego za Leta, nk’uko ishyaka ribisobanura.

Mutabazi Ferdinand yirukanywe mu ishyaka
Tuyishime Jean Deogratious wirukanywe
TAGGED:featuredFrank HabinezaGreen PartyIshyakaMutabazi FerdinandTuyishime Jean Deogratious
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe Wa Sudan n’Abagize Guverinoma Benshi Batawe Muri Yombi
Next Article Umunyarwanda Yakoze Ikoranabuhanga Rizabuza Abajura Kugurisha Ibyo Bibye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?