Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Green Party Yirukanye Abarwanashyaka Babiri Ibashinja ‘Imigambi Mibisha’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Green Party Yirukanye Abarwanashyaka Babiri Ibashinja ‘Imigambi Mibisha’

Last updated: 25 October 2021 11:50 am
Share
SHARE

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) ryatangaje ko ryirukanye abarwanashyaka babiri bitwa Tuyishime Jean Deogratious na Mutabazi Ferdinand, bashinjwa ko bafite imigambi yo gusenya ishyaka.

Itangazo ryashyizweho umukono na perezida wa DGPR, Depite Dr Frank Habineza, rivuga ko ari icyemezo cyafashwe na komite nyobozi nyuma yo kugirwa inama na Komite Nkemurampaka y’Ishyaka, ku bijyanye n’imyitwarire mibi yagiye iranga bamwe mu barwanashyaka bayo.

Rikomeza riti “Byagaragaye ko bafite imigambi mibisha kandi y’ubugambanyi yo gusenya Ishyaka barisenyera mu ryo benda gushinga, bavuga ko babiterwamo inkunga n’abari hanze y’igihugu.”

“Kandi byagaragaye ko bamaze igihe bakangurira bamwe mu bayobozi b’Ishyaka gufatanya na bo muri uwo mugambi mubisha. Byakomeje kugaragagara ko nta bunyangamugayo bwabaranze cyangwa indangagaciro z’Ishyaka,”

Muri ibyo byose ngo baranzwe no kunyuranya n’amategeko y’Ishyaka ndetse n’itegeko rigenga imyitwarire y’abanyapolitike n’imitwe ya politike mu Rwanda.

Yakomeje ati “[Ubuyobozi] bwafashe icyemezo cyo kwirukana burundu mu Ishyaka abo bavuzwe haruguru.”

Dr Habineza yabwiye Taarifa ko nyuma yo kubirukana, hagiye gusuzumwa niba hakwitabazwa Urwego rw’Ubugenzacyaha ngo rukore iperereza ku byo babashinja.

Ati “Tuzabyigaho.”

Green Party ivuga ko Tuyishime Jean Deogratious yaherukaga gukurwa ku rutonde rwa burundu rw’abakandida b’Ishyaka mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye mu 2018.

Ni icyemezo cyafashwe Komisiyo y’igihugu y’Amatora imaze kwereka abayobozi b’Ishyaka dosiye y’urubanza abaturage bari baramurezemo ibyaha by’ubwambuzi, kubura ubunyangamugayo, no kutubaha amategeko.

Tuyishime Jean Deogratious yari Umunyamabanga ushinzwe Itumanaho mu ishyaka, muri manda yatowe mu 2019

Ni mu gihe Mutabazi Ferdinand utuye mu Karere ka Rugango, mu ntangiriro z’uyu mwaka yashinjwe ko “yiburishije irengero nyuma yo kutishura imyenda yari abereyemo muramu we”, ashakaga kubihindura ibibazo byapolitike.

Icyo gihe ngo yifuzaga ko bigaragara ko ari inzego z’umutekano zabikoze, agonganishe Ishyaka DGPR n’Inzego za Leta, nk’uko ishyaka ribisobanura.

Mutabazi Ferdinand yirukanywe mu ishyaka
Tuyishime Jean Deogratious wirukanywe
TAGGED:featuredFrank HabinezaGreen PartyIshyakaMutabazi FerdinandTuyishime Jean Deogratious
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe Wa Sudan n’Abagize Guverinoma Benshi Batawe Muri Yombi
Next Article Umunyarwanda Yakoze Ikoranabuhanga Rizabuza Abajura Kugurisha Ibyo Bibye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?