Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Yongereye Amafaranga Y’Ingengo Y’Imari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Guverinoma Yongereye Amafaranga Y’Ingengo Y’Imari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 February 2024 6:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri w'imari n'igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana
SHARE

Nyuma yo kubona ko hari amafaranga menshi igihugu cyakoresheje muri Mutarama, 2024 yari yarateganyijwe mu ngengo y’imari ya 2023/2024, byabaye ngombwa ko Minisiteri y’imari n’igenamigambi yongeraho andi angana na Miliyari Frw 85.6 ni ukuvuga 1.7% by’ingengo y’imari nk’iyi yari yarateganyijwe muri  Kamena, 2023.

Byakozwe kugira ngo ibikorwa byarateguwe  kugeza muri Kamena, 2024 bitazabura amafaranga yo kubishyira mu bikorwa.

Ibi Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yaraye abisobaniriye Inteko rusange y’Abadepite yaraye iteraniye mu Ngoro yayo ku Kimihurura.

Yavuze ko izi mpinduka zakozwe hashingiwe ku mikoreshereze y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2023/2024 mu gihembwe cyayo cya mbere kuko yageze kuri 61% mu mpera za Mutarama, 2024 kandi ibikenewe gushyirwamo andi mafaranga kugeza muri Kamena uyu mwaka bikiri byinshi.

Yabwiye intumwa za rubanda ko amafaranga yongerewe muri iriya ngengo y’imari yasaranganyijwe mu nzego z’ubuzima bw’igihugu zari ziyakeneye hashingiwe ku migambi y’ishoramari yari yarateganyijwe.

Dr. Ndagijimana yagize ati: “ Igice kinini cy’aya mafaranga kizashyirwa mu kuzamura imishahara y’abakozi ba Leta, ibikorwa by’amatora y’Umukuru w’igihugu n’Abadepite, amafaranga agenewe abasezerewe ku rugamba ndetse no kunoza iby’amafaranga agenewe za Ambasade harimo n’iziherutse gutangira gukora.”

Hari n’amafaranga azashyirwa mu mishinga y’iterambere azarenga miliyari Frw 83.7 avuye kuri miliyari Frw 1.894.7 na miliyari 1.978.3 yari yarateguwe mbere.

Iyi mishinga igendanye n’iy’ubuhinzi cyane cyane mu gukoresha amafumbire, imishinga y’ibikorwaremezo, kwishyura abahoze batuye mu bice byanyujijwemo ibikorwaremezo n’ibindi.

Mu bisobanuro yahaye Abadepite, Minisitiri Ndagijimana yavuze ko ibipimo by’uko ubukungu bw’u Rwanda bwifashe byerekana ko buzamuka neza kandi buri kwivana mu ngaruka za COVID-19 mu buryo bufatika.

Avuga ko ibi bigaragazwa n’uko  muri iki gihembwe cya mbere cy’ingengo y’imari ya 2023/2024, imibare igaragaza ko bwazamutse ku kugero cya 7.6% kandi ngo iyi mibare irenze uko abahanga bari babiteganyije.

Ibi byatewe ahanini n’uko hari abashoramari benshi bitabiriye gushora mu Rwanda, biha abantu akazi barinjiza kandi biterwa nanone  na politiki zifatika zo kwita ku Banyarwanda bafite amikoro make ugereranyije n’abandi zashyizweho zituma bakora bagira imibereho myiza.

TAGGED:featuredImariIngengoNdagijimanaRwandaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Pologne Yageze i Kibeho
Next Article Kibeho: Perezida Duda Yahawe Ishusho Ya Bikira Mariya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?