Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Yongereye Amafaranga Y’Ingengo Y’Imari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Guverinoma Yongereye Amafaranga Y’Ingengo Y’Imari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 February 2024 6:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri w'imari n'igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana
SHARE

Nyuma yo kubona ko hari amafaranga menshi igihugu cyakoresheje muri Mutarama, 2024 yari yarateganyijwe mu ngengo y’imari ya 2023/2024, byabaye ngombwa ko Minisiteri y’imari n’igenamigambi yongeraho andi angana na Miliyari Frw 85.6 ni ukuvuga 1.7% by’ingengo y’imari nk’iyi yari yarateganyijwe muri  Kamena, 2023.

Byakozwe kugira ngo ibikorwa byarateguwe  kugeza muri Kamena, 2024 bitazabura amafaranga yo kubishyira mu bikorwa.

Ibi Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yaraye abisobaniriye Inteko rusange y’Abadepite yaraye iteraniye mu Ngoro yayo ku Kimihurura.

Yavuze ko izi mpinduka zakozwe hashingiwe ku mikoreshereze y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2023/2024 mu gihembwe cyayo cya mbere kuko yageze kuri 61% mu mpera za Mutarama, 2024 kandi ibikenewe gushyirwamo andi mafaranga kugeza muri Kamena uyu mwaka bikiri byinshi.

Yabwiye intumwa za rubanda ko amafaranga yongerewe muri iriya ngengo y’imari yasaranganyijwe mu nzego z’ubuzima bw’igihugu zari ziyakeneye hashingiwe ku migambi y’ishoramari yari yarateganyijwe.

Dr. Ndagijimana yagize ati: “ Igice kinini cy’aya mafaranga kizashyirwa mu kuzamura imishahara y’abakozi ba Leta, ibikorwa by’amatora y’Umukuru w’igihugu n’Abadepite, amafaranga agenewe abasezerewe ku rugamba ndetse no kunoza iby’amafaranga agenewe za Ambasade harimo n’iziherutse gutangira gukora.”

Hari n’amafaranga azashyirwa mu mishinga y’iterambere azarenga miliyari Frw 83.7 avuye kuri miliyari Frw 1.894.7 na miliyari 1.978.3 yari yarateguwe mbere.

Iyi mishinga igendanye n’iy’ubuhinzi cyane cyane mu gukoresha amafumbire, imishinga y’ibikorwaremezo, kwishyura abahoze batuye mu bice byanyujijwemo ibikorwaremezo n’ibindi.

Mu bisobanuro yahaye Abadepite, Minisitiri Ndagijimana yavuze ko ibipimo by’uko ubukungu bw’u Rwanda bwifashe byerekana ko buzamuka neza kandi buri kwivana mu ngaruka za COVID-19 mu buryo bufatika.

Avuga ko ibi bigaragazwa n’uko  muri iki gihembwe cya mbere cy’ingengo y’imari ya 2023/2024, imibare igaragaza ko bwazamutse ku kugero cya 7.6% kandi ngo iyi mibare irenze uko abahanga bari babiteganyije.

Ibi byatewe ahanini n’uko hari abashoramari benshi bitabiriye gushora mu Rwanda, biha abantu akazi barinjiza kandi biterwa nanone  na politiki zifatika zo kwita ku Banyarwanda bafite amikoro make ugereranyije n’abandi zashyizweho zituma bakora bagira imibereho myiza.

TAGGED:featuredImariIngengoNdagijimanaRwandaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Pologne Yageze i Kibeho
Next Article Kibeho: Perezida Duda Yahawe Ishusho Ya Bikira Mariya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?