Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Habineza Yajyanye Inyandiko Zaburaga Mu Idosiye Yo Kwiyamamaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Habineza Yajyanye Inyandiko Zaburaga Mu Idosiye Yo Kwiyamamaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2024 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku rukuta rwe rwa X, Dr. Frank Habineza yatangaje ko yagejeje kuri Komisiyo y’amatora inyandiko ebyiri zaburaga mu idosiye yo gusaba kwemererwa kwiyamamariza kuba Perezida wa Repubuka mu matora abura igihe gito ngo abe.

Ku wa Mbere taliki 20, Gicurasi, 2024 nibwo Habineza yari yagejeje kuri NEC dosiye ye ariko abakomiseri basanga hari ibiburamo.

Baje gusanga hari ibyo atazanye birimo icyemezo kigaragaza ko yaretse ubundi bwenegihugu n’ibaruwa yandikiwe NEC isaba kuba umukandida.

Depite Frank Habineza uyobora Ishyaka Democratic Green Party yasobanuye ko icyemezo kigaragaza ko yaretse ubwenegihugu yumvaga ‘atari ngombwa’ kuko yari yarakerekanye mu matora yabaye mu mwaka wa  2017, icyo gihe nabwo akaba yarashakaga kuba Perezida

Avuga  yaretse ubwenegihugu yari afite bwa Suède ubwo yari agiye kwiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, bityo ngo yumvaga atari ngombwa kongera kuzana icyo cyemezo ku yindi nshuro.

Izi nizo nyandiko zaburaga

Perezida wa Komisiyo y’amatora Oda Gasinzigwa yahise asaba ko Green Party ikora ibishoboka byose ibyo byangombwa bizaboneka mbere y’uko hasohorwa urutonde ntakuka rw’abakandida bemerewe kwiyamamaza.

Kuri X,  Habineza yatangaje ko ubu izo nyandiko yamaze kuzibona no kuzigeza ku rwego rushinzwe kuzisuzuma.

Ubusanzwe uwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda asabwa kuba afite ubwenegihugu nyarwanda bw’inkomoko, kuba nta bundi bwenegihugu afite, kuba indakemwa mu myitwarire no kuba atarambuwe n’inkiko uburenganzira mbonezamubano n’ubwa politiki.

Asabwa kuba afite nibura imyaka 35 y’amavuko, akaba aba mu Rwanda mu gihe atanga kandidatire.

Ku Badepite bo  basabwa kuba bafite imyaka 21 y’amavuko no kuba ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda.

NEC iteganya ko kuva ku wa 14 Kamena 2024 hazatangazwa kandidatire zemejwe burundu, ku wa 22 Kamena -13 Nyakanga 2024 hakazatangira kwiyamamaza nyirizina.

TAGGED:AmatorafeaturedGasinzigwaHabinezaInyandikoPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruto Yabwiye Amerika Ibyo Afurika Yifuza
Next Article Ikigo Apple Gikomeje Gushinjwa Gutera Inkunga Abiba Amabuye Ya DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Na Hamas Ntibiri Buhagararirwe Mu Isinywa Rya Burundu Ry’Amahoro Ya Gaza

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?