Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Habineza Yajyanye Inyandiko Zaburaga Mu Idosiye Yo Kwiyamamaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Habineza Yajyanye Inyandiko Zaburaga Mu Idosiye Yo Kwiyamamaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2024 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku rukuta rwe rwa X, Dr. Frank Habineza yatangaje ko yagejeje kuri Komisiyo y’amatora inyandiko ebyiri zaburaga mu idosiye yo gusaba kwemererwa kwiyamamariza kuba Perezida wa Repubuka mu matora abura igihe gito ngo abe.

Ku wa Mbere taliki 20, Gicurasi, 2024 nibwo Habineza yari yagejeje kuri NEC dosiye ye ariko abakomiseri basanga hari ibiburamo.

Baje gusanga hari ibyo atazanye birimo icyemezo kigaragaza ko yaretse ubundi bwenegihugu n’ibaruwa yandikiwe NEC isaba kuba umukandida.

Depite Frank Habineza uyobora Ishyaka Democratic Green Party yasobanuye ko icyemezo kigaragaza ko yaretse ubwenegihugu yumvaga ‘atari ngombwa’ kuko yari yarakerekanye mu matora yabaye mu mwaka wa  2017, icyo gihe nabwo akaba yarashakaga kuba Perezida

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga  yaretse ubwenegihugu yari afite bwa Suède ubwo yari agiye kwiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, bityo ngo yumvaga atari ngombwa kongera kuzana icyo cyemezo ku yindi nshuro.

Izi nizo nyandiko zaburaga

Perezida wa Komisiyo y’amatora Oda Gasinzigwa yahise asaba ko Green Party ikora ibishoboka byose ibyo byangombwa bizaboneka mbere y’uko hasohorwa urutonde ntakuka rw’abakandida bemerewe kwiyamamaza.

Kuri X,  Habineza yatangaje ko ubu izo nyandiko yamaze kuzibona no kuzigeza ku rwego rushinzwe kuzisuzuma.

Ubusanzwe uwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda asabwa kuba afite ubwenegihugu nyarwanda bw’inkomoko, kuba nta bundi bwenegihugu afite, kuba indakemwa mu myitwarire no kuba atarambuwe n’inkiko uburenganzira mbonezamubano n’ubwa politiki.

Asabwa kuba afite nibura imyaka 35 y’amavuko, akaba aba mu Rwanda mu gihe atanga kandidatire.

- Advertisement -

Ku Badepite bo  basabwa kuba bafite imyaka 21 y’amavuko no kuba ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda.

NEC iteganya ko kuva ku wa 14 Kamena 2024 hazatangazwa kandidatire zemejwe burundu, ku wa 22 Kamena -13 Nyakanga 2024 hakazatangira kwiyamamaza nyirizina.

TAGGED:AmatorafeaturedGasinzigwaHabinezaInyandikoPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruto Yabwiye Amerika Ibyo Afurika Yifuza
Next Article Ikigo Apple Gikomeje Gushinjwa Gutera Inkunga Abiba Amabuye Ya DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?