Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Harakurikiraho Iki Nyuma Y’Ifatwa Rya Uvira?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Harakurikiraho Iki Nyuma Y’Ifatwa Rya Uvira?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2025 2:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kwemeza uko bizagenda mu buryo bwuzuye byagorana. Icyakora uwavuga ko akazi kazanye ingabo z’u Burundi muri DRC ku ruhande M23 iyoboye karangiye, yaba ari mu kuri.

Ushingiye ku byavuzwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu Dr. Edouard Bizimana ubwo yaganiraga n’abahagarariye ibihugu byabo, wakwemeza ko iki gihugu cyabonaga ko AFC/M23 izafata Uvira nta kabuza.

Mu buryo buteruye, yasaga nusaba abo barwanyi kutazototera igihugu cye.

Icyakora ibyo bishobora guhinduka kuko hari umwe mu bayobozi ba M23 uvuga ko i Gitega bohereje rwihishwa Imbonerakure nyinshi muri DRC ngo zizihimure ku baturage ba Uvira bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Kuba FARDC ikiri kumwe n’abarwanyi ba Wazalendo kandi bakaba bagikambitse mu misozi ituriye Uvira, bivuze ko abarwanyi ba AFC/M23 bazakomeza ibikorwa byabo bya gisirikare mu rwego rwo gutuma aho bafashe hatekana mu buryo buhamye.

Ubwo kandi niko abo barwanyi bazaba basunika Imbonerakure ngo zibavire aho zisubire iwabo kandi ibi bishobora gutuma intambara yototera umupaka w’u Burundi.

Biramutse bigeze kuri iyo ntera, hari ubwo ingabo z’u Burundi zarasana na M23 ngo zitabare abafasha bazo ari bo Imbonerakure.

Tshisekedi yasabye Ndayishimiye kutamutaba mu nama

Nyuma y’uko M23 ikajirije umurego muri iyi mirwano, Perezida Tshisekedi yanyarukiye i Burundi ku wa Mbere Tariki 08, Ukuboza, 2025 asaba Ndayishimiye kutamutaba mu nama kandi bararuhanye.

Umunyamakuru witwa Baelenge Irenge avuga ko ubwo yabimubwiraga, undi yamubwiye ko aho ibintu bigeze, buri wese agomba kwirwanaho.

Ngo yaramubwiye ati: “Mugenzi wanjye, unyihanganiye ubu ibintu n’iwanjye byakomeye. Iyi ntambara iri kototera igihugu cyanjye. Ubwo rero unyihanganire rwose!”

Kuri X, Irenge yanditse ko nyuma yo kubyumva atyo, Tshisekedi yigiriye inama yo kubaza Tanzania niba yaziba icyo cyuho.

Nk’uko bisanzwe bizwi, Tanzania ikunze gutinda kwerekana uruhande ihengamiyeho, ibi kandi muri iki gihe birashoboka cyane kuko n’ubusanzwe iki gihugu cya Samia Suluhu Hassan kitarasubiza neza ibintu ku murongo nyuma y’amatora ataravuzweho rumwe yabaye mu mpera z’Ukwakira, 2025.

Leta zunze ubumwe z’Amerika nk’umuhuza zirakurikiranira hafi ibiri kuba.

AFC/M23 yo yemeza ko izatuma Uvira itekana, igisigaye kikaba kubihanga amaso.

TAGGED:AFC/M23BurundiCongofeaturedInyeshyambaNdayishimiyeTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yemeza Ko Yinjiye Muri Uvira, Guverineri Akabihakana
Next Article Kwinjira Muri Amerika Bigiye Kugora Abakoresheje Imbuga Nkoranyambaga Uko Itabishaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?