Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Ibigomba Kunozwa Hagamijwe Iterambere Ry’Umupolisikazi- Min Bayisenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hari Ibigomba Kunozwa Hagamijwe Iterambere Ry’Umupolisikazi- Min Bayisenge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2021 6:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’Umuryango Prof. Jeannette Bayisenge yaraye abwiye abitabiriye  Ihuriro rya 11 ry’abapolisikazi muri Polisi y’u Rwanda ko hakiri ibibazo bishingiye ku myumvire yo guheza abagore ntibashobore kugaragaza ubushobozi bwabo.

Yavuze ko iki kibazo kigaragara mu bijyanye no gufata ibyemezo no mu yandi mahirwe.

Prof Bayisenge yasabye ko ibyo bibazo byazaganirwaho muri ririya huriro hagashakwa umuti ufatika uzafasha abagore kugera ku ntego zabo bagatanga kurushaho umusanzu wabo ku iterambere ry’Igihugu.

Kugeza ubu abapolisikazi batatu nibo bafite amapeti makuru  muri Polisi y’u Rwanda, babiri bafite ipeti rya Assistant Commissioner of Police ( ACP) undi ni Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe abakozi n’ubutegetsi , DIGP Jeanne Chantal Ujeneza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Undi mugore wahoze muri Polisi y’u Rwanda afite ipeti rya Assistant Commissioner of Police( ACP) ni ACP Lynder Nkuranga wahawe inshingano zikomeye mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe iperereza n’umutekano( NISS).

Ku rundi ruhande, Minisitiri Prof Jeannette Bayisenge yashimye ko hari byinshi abapolisikazi b’u Rwanda bagezeho binyuze mu mikorere myiza ya Polisi muri rusange.

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Prof Jeannette Bayisenge niwe wari umushyitsi mukuru akaba ari nawe wafunguye ririya huriro ku mugaragaro.

Yavuze ko ari umwanya mwiza wo gusuzuma ibimaze kugerwaho n’iterambere riganisha ku iterambere ry’Igihugu.

Yagize ati “Nishimiye gutangiza ku mugaragaro iri huriro ngarukamwaka ry’abapolisikazi ku nshuro yayo ya 11. Ni amahirwe kuko rifasha Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda mu gufatanya urugamba rwo guteza imbere ihame ry’uburinganire, hakareberwa hamwe ibimaze kugerwaho ndetse n’ahabaye intege nke kugira ngo hazibwe icyuho.”

- Advertisement -

Avuga ko ibi bikorwa kugira ngo abagore n’abagabo bagire uburenganzira bungana n’amahirwe angana mu gutanga umusanzu w’iterambere w’Igihugu n’Isi yose muri rusange.

Yavuze ko ihame ry’uburinganire ryashyizwe ku isonga mu migambi y’Igihugu mu cyerekezo cy’imyaka 30 (Vision 2050), ndetse no muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka 7 (NST1).

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yabwiye abari mu cyumba cy’inama kinini cya Polisi y’u Rwanda kiri ku Kacyiru  ko ririya huriro riba rigamije guteza imbere ubunyamwuga bw’abapolisikazi no kuzamura imikorere mu kazi kabo ka buri munsi.

Ati: “Iri huriro ni amahirwe menshi yo guhura no kungurana ibitekerezo, hakarebwa aho twavuye, aho turi ubu n’ibyo dushaka kugeraho mu guteza imbere uburinganire.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza

IGP Munyuza avuga ko kuba muri Polisi y’u Rwanda hari ishami rishinzwe by’umwihariko uburinganire ari bumwe mu buryo bwo gufasha abapolisikazi gutanga umusanzu mu iterambere ry’Igihugu.

Ikindi Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda avuga cyo kwishimira ni uko umubare w’abagore binjira muri Polisi y’u Rwanda wiyongera kandi bakazamurwa mu mapeti n’inshingano.

Ikindi ngo ni uko abapolisikazi b’u Rwanda boherezwa no mu butumwa bw’akazi hanze y’u Rwanda bikabongerera ubunararibonye buzabafasha kuzuza neza inshingano zabo kandi bidateje ibibazo mu miryango yabo.

Yibukije abari bamuteze amatwi ko muri Polisi y’u Rwanda hari Ishami rishinzwe guteza imbere uburinganire.

Iri shami riyoborwa na Assistant Commissioner of Police( ACP) Rose Muhisoni.

Ihuriro rya 11 ry’abapolisikazi b’u Rwanda ryitabiriwe n’abapolisikazi 150 baturutse mu mashami atandukanye ya Polisi mu gihugu hose, rizamara iminsi ibiri rifite insanganyamatsiko igira iti “Umupolisikazi w’u Rwanda ku isonga mu guteza imbere igipolisi cy’umwuga. ”

Ihuriro rya 11 ry’abapolisikazi b’u Rwanda ryitabiriwe n’abapolisikazi 150
TAGGED:AbapolisikazifeaturedMunyuzaPolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yabwiye UN Ko Iterabwoba Atari Ikintu Cyo Kujenjekera
Next Article Meya Wa Paris Arashaka Gutangiza Gahunda Ya GERAYO AMAHORO
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?