Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hasohotse Telefoni Izagurwa N’Umugabo Igasiba Undi!
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Hasohotse Telefoni Izagurwa N’Umugabo Igasiba Undi!

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2021 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uruganda ruhanga udushya mu misusire y’ibintu( design) rwitwa Caviar rwakoze igifubiko cy’icyuma kizashyira inyuma y’ibyuma by’ikoranabuhanga bikoze iPhone 13 Pro Max,gikozwe na zahabu ifite ibyo bita karat zigera kuri 18.

Zahabu  ifite karat 18 iba igizwe na 75% bya zahabu, iyindi 25% ari uruvange rw’andi mabuye arimo umulinga, n’icyuma.

Ku rundi ruhande ariko ikinyamakuru kitwa Times of India kivuga ko iyi zahabu iba ihendutse ugereranyije n’izindi zahabu ziha zifite karat 24 cyangwa karat 22.

Iyi telefoni irahenze kurusha izindi ziriho

Uko bimeze kose ariko, telefoni ikozwe mu byuma birimo na zahabu irahenze kurusha izindi zose ziri ho kugeza ubu.

iPhone 13 Pro Max niyo iherutse gusohoka mu zindi zo mu bwoko bwayo, ihenze kurusha izindi ikaba yaguraga hejuru ya $990.

Kungeraho biriya bintu bikozwe muri zahabu, byayizamuriya agaciro k’uburyo ubu igura hagati ya $42,390 na $48,080.

Uyabaze mu mafaranga y’u Rwanda usanga arenga miliyoni 49 ni ukuvuga amafaranga ashobora kugura imodoka yo mu bwoko bwa Land Cruiser TXL Prado.

Ni telefoni ifite agaciro karuta ak’ivatiri yo mu bwoko bwa Land Cruiser TXL Prado.

Iriya telefoni abayikoze bayise ‘Totol Gold’ ikazasohokamo telefoni 99 gusa.

Ku gifubiko cya ziriya telefoni hazaba hariho ibishushanyo biteye amabengeza k’uburyo abantu bafite amafaranga menshi bazayigura bumva ntacyo bahombye.

iPhone 13 isanzwe ari telefoni yihariye…

Telefoni ya iPhone 13 ifite ubushobozi bwo gukorana n’icyogajuru k’uburyo umuntu ashobora guhamagara cyangwa kohereza ubutumwa bitabaye ngombwa ko telefoni ye iba hari aho ihuriye na murandasi yaba iy’igisekuru cya kane( 4G) cyangwa iy’icya gatanu( 5G).

Ikinyamakuru cyandika ku ikoranabuhanga kitwa MacRumors giherutse kwandika ko iriya telefoni izaba ifite batiri ibika umuriro igihe kirekire ugereranyije n’iyayibanjirije yitwa iPhone 12.

The Bloomberg nayo yanditse ko iriya telefoni izaba ifite uburyo bwinshi bwo gufata no gutunganya video.

Abatunganya video( video editors) bazishimira iriya telefoni kuko ifite uburyo bwo kuzifata no kuzitunganya bwitwa HD kandi buri mu mimerere( format) ine itandukanye bita ‘4K formats.’

Ni telefoni ifite ubushobozi bwo gukorana n’ibigo bifite satelite zitanga amakuru birimo AT&T Inc, Verizon, ndetse na  Globalstar .

Telefoni iPhone 13 nto ifite ubushobozi bwo kubika ibintu byajya ahantu hangana na GB ziri hagati ya 64 na GB 128 mu gihe inini kuri yo ifite ubushobozi bwo kubika ibintu byajya ahantu hangana na GB ziri hagati ya 128 na 256 ndetse zikaba zagera no kuri GB 512.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaIvatiritelefoniZahabu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RTDA Mu Kibazo N’Umushoramari Ku Muhanda Muhanga-Karongi
Next Article U Rwanda Rwiyemeje Kugabanya 25% Ku Mpfu Ziterwa n’Indwara Zitandura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?