Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibice Byafashwe Na M23 Bikomeje Guhabwa Abayobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibice Byafashwe Na M23 Bikomeje Guhabwa Abayobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 December 2022 12:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bukuru wa M23 bakomeje gushyiraho abantu bayobora ibice uyu mutwe wafashe. Kuri uyu wa Gatatu Taliki 21, Ukuboza, 2022 hashyizweho abazayobora agace ka Rubare kari  muri Rutshuru.

Radio Okapi ivuga ko muri aka gace, hashyizweho kandi umuyobozi w’umujyi, umwungirije, umunyamabanga, ushinzwe isuku n’isukura ndetse n’umuyobozi w’umuco gakondo.

Mu Mijyi minini nka Kiwanja, M23 yahashyize Komite z’amahoro n’iterambere ry’aho.

Zizajya zifatwa nk’inkiko z’ibanze zifite inshingano zo gukemura amakimbirane ashingiye ku mibereho mu gihe ibijyanye n’umutekano bigenzurwa na M23 ubwayo.

Si ubwa mbere M23 ishyizeho ubuyobozi mu bice uyu mutwe wafashe kuko yashyizeho n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Bunagana.

Rutshuru ni kamwe mu duce M23 yigaruriye

Ugenzura abinjira n’abasohoka ndetse washyizeho  n’uburyo bwo gukusanya imisoro n’amahoro.

Amakuru avuga ko abaturage bo mu bice M23 yigaruriye bari gukusanya amafaranga yo kuzagura ibinyobwa n’ibiribwa byo kwishimira Noheli n’Ubunani.

Ku rundi ruhande, ubuyobozi bw’ingabo za DRC buherutse gutangaza ko bwashushubikanyije abarwanyi ba M23 bubakura mu bice yari yarigaruriye.

N’ubwo ibiganiro byakorewe i Luanda no muri Nairobi byatanze umurongo ibintu byacamo kugira ngo amahoro agaruke muri DRC, kugeza ubu bisa n’aho nta kintu kinini kiraba mu gutuma amahoro arambye ahagaruka.

Igihe icyo ari cyo cyose ibintu bishobora kuzasubira irudubi.

Nairobi: Inyeshyamba Zirasaba DRC Kuziha Imbabazi Amahoro Agahinda

TAGGED:AbayoboziDRCfeaturedImirwanoM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Abanyarwanda Bo Mu Rwanda Bazahurira N’Ababa Mu Mahanga Mu Gitaramo
Next Article Abatuye Umujyi Wa Kigali Baraburirwa…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?