Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibice Byafashwe Na M23 Bikomeje Guhabwa Abayobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibice Byafashwe Na M23 Bikomeje Guhabwa Abayobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 December 2022 12:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bukuru wa M23 bakomeje gushyiraho abantu bayobora ibice uyu mutwe wafashe. Kuri uyu wa Gatatu Taliki 21, Ukuboza, 2022 hashyizweho abazayobora agace ka Rubare kari  muri Rutshuru.

Radio Okapi ivuga ko muri aka gace, hashyizweho kandi umuyobozi w’umujyi, umwungirije, umunyamabanga, ushinzwe isuku n’isukura ndetse n’umuyobozi w’umuco gakondo.

Mu Mijyi minini nka Kiwanja, M23 yahashyize Komite z’amahoro n’iterambere ry’aho.

Zizajya zifatwa nk’inkiko z’ibanze zifite inshingano zo gukemura amakimbirane ashingiye ku mibereho mu gihe ibijyanye n’umutekano bigenzurwa na M23 ubwayo.

Si ubwa mbere M23 ishyizeho ubuyobozi mu bice uyu mutwe wafashe kuko yashyizeho n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Bunagana.

Rutshuru ni kamwe mu duce M23 yigaruriye

Ugenzura abinjira n’abasohoka ndetse washyizeho  n’uburyo bwo gukusanya imisoro n’amahoro.

Amakuru avuga ko abaturage bo mu bice M23 yigaruriye bari gukusanya amafaranga yo kuzagura ibinyobwa n’ibiribwa byo kwishimira Noheli n’Ubunani.

Ku rundi ruhande, ubuyobozi bw’ingabo za DRC buherutse gutangaza ko bwashushubikanyije abarwanyi ba M23 bubakura mu bice yari yarigaruriye.

N’ubwo ibiganiro byakorewe i Luanda no muri Nairobi byatanze umurongo ibintu byacamo kugira ngo amahoro agaruke muri DRC, kugeza ubu bisa n’aho nta kintu kinini kiraba mu gutuma amahoro arambye ahagaruka.

Igihe icyo ari cyo cyose ibintu bishobora kuzasubira irudubi.

Nairobi: Inyeshyamba Zirasaba DRC Kuziha Imbabazi Amahoro Agahinda

TAGGED:AbayoboziDRCfeaturedImirwanoM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Abanyarwanda Bo Mu Rwanda Bazahurira N’Ababa Mu Mahanga Mu Gitaramo
Next Article Abatuye Umujyi Wa Kigali Baraburirwa…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?