Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikorwa Byo ‘Kurasa Umwaka’ Mu Mujyi wa Kigali Byahagaritswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibikorwa Byo ‘Kurasa Umwaka’ Mu Mujyi wa Kigali Byahagaritswe

admin
Last updated: 31 December 2021 7:48 am
admin
Share
SHARE

Umujyi wa Kigali wahagaritse ibikorwa byo kurasa urufaya rw’Urumuri byari biteganyijwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, hagamijwe gukaza ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’ubwandu bwa COVID19 bwiyongera umunsi ku munsi.

Ni icyemezo gikuweho nyuma y’umunsi umwe gusa gifashwe, kuko ku wa 29 Ukuboza ari bwo Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa 31 Ukuboza 2021 rishyira ku wa 1 Mutarama 2022 saa sita za nijoro, hazaturitswa urufaya rw’urumuri ahantu hatanu.

Hari kuri Radisson Blu Hotel & Convention Centre, Stade Amahoro, Mont Kigali, ku Musozi wa Bumbogo no kuri Kigali Marriott Hotel.

Icyo gihe Umujyi wa Kigali wasabaga abaturage “kuzatikanga cyangwa ngo bahungabane.”

Mu itangazo ryo kuri uyu wa 30 Ukuboza, Rubingisa yatangaje ko  mu rwego rwo gukaza ingamba zo gukomeza gukumira ikwirakwira ry’ubwandu bw’icyorezo cya koronavirus buzamuka umunsi ku munsi, “turabamenyesha ko gahunda yari iteganyijwe yo guturitsa urufaya rw’urumuri mu kwizihiza isozwa ry’umwaka no gutangira undi, isubitswe mu bice byose uko byari byatangajwe.”

Yakomeje ati “Umujyi wa Kigai urasaba abantu bose gukomeza kwitwararika no gukaza ingamba mu guhangana na koronavirusi.”

Magingo aya Umujyi wa Kigali nubwo ufite abantu benshi bakingiwe kurusha ikindi gice cy’igihugu, niwo ufite abantu benshi barimo kwandura COVID-19.

Urugero nko mu bantu 1488 basanzwemo uburwayi kuri uyu wa Kane harimo 764 bo mu Mujyi wa Kigali, mu gihe mu bantu 2083 babonetse ku wa Gatatu Umujyi wa Kigali wari ufitemo 1133.

Ubwo hasozwaga umwaka ushize wa 2020 nabwo, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwahagaritse ibikorwa byo kurasa umwaka kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19, ariko bwemeza ko hari abikorera bazabikora bubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

 

 

TAGGED:COVID-19featuredKurasa UmwakaUbunani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri ‘Bangije’ Ibikoresho Basoje Ikizamini Cya Leta Bakatiwe Gufungwa Imyaka Itanu
Next Article Imiryango 4755 Yemerewe Amashanyarazi Binyuze muri #CanaChallenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?