Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibitazibagirana Ku Buzima Bwa Gatoyire, Washoboye Gukumira Jenoside Aho Yayoboraga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

Ibitazibagirana Ku Buzima Bwa Gatoyire, Washoboye Gukumira Jenoside Aho Yayoboraga

admin
Last updated: 20 August 2021 12:46 pm
admin
Share
SHARE

Inshuti, imiryango n’abamenye ubutwari bwa Gatoyire Damien, bari mu gahinda nyuma y’itabaruka ry’uyu mukambwe ku myaka 81. Ntazibagirana kubera uruhare yagize mu gukumira Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri segiteri yayoboraga, ku buryo nta Batutsi bahiciwe.

Ni umwe muri bake mu Rwanda bahawe umudali w’Umurinzi w’Igihango ku rwego rw’Igihugu, mu mwaka wa 2015. Mu gihe cya Jenoside yari Konseye (conseiller) wa Segiteri Gasange muri Komine Giti.

Ni ku gice cyahindutse akarere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba, mu gihe ikindi cya komini Giti cyometswe ku Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.

Raporo y’ibikorwa bya Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu mwaka wa 2015-2016 igaragaza ko Gatoyire yashoboye kubuza abaturage be kwitabira Jenoside yakorewe Abatutsi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ahubwo ngo bafatanyije guhangana n’ibitero by’Interahamwe zavaga muri komini za Murambi na Gicumbi bakoresheje imiheto, amacumu n’amabuye, bityo bashobora kurinda inkike za Segiteri yayoboraga.

Ikomeza iti “Ibi byatumye muri Segiteri yayoboraga nta batutsi bahagwa kandi yakomeje kubanisha abaturage mu mahoro.”

Ubutwari bwe si ubwa vuba

Buhera ku butegetsi bwa Gregoire Kayibanda n’ishyaka rye PARMEHUTU (Parti du Mouvement de l’Emancipation Hutu).

Ku myaka 19 Gatoyire yaje kugirwa umuyobozi w’urubyiruko muri segiteri iwabo, icyo gihe inshingano yari ategerejweho zari ugushishikariza urubyiruko rw’Abahutu kwanga Abatutsi, byagombaga kugeza ku kubatsemba.

- Advertisement -

Nyamara aho kurwigisha urwango yarusabaga kunga ubumwe, abikora abizi ko bigenze nabi yabizira.

Mu gihe cy’amashyaka menshi yasabye abaturage be ko batatandukanywa n’amashyaka, ahubwo ko bakomeza kuba umwe, bagafatanya.

Mu gihe cya Jenoside Leta yatanze imbunda muri za segiteri, yiyemeza kuyikoresha mu kurinda abaturage yayoboraga.

Yagize ati “Nari mfite imbunda, bari barampitiyemo imbunda ikomeye, bazaga no kuyisura buri gihe ngo barebe ko yoze, bagasanga nayogeje. Komini Giti, ni kure ngira ngo, ariko bangeneraga amasasu kuko ni njye wari ahantu hakomeye, ndwana n’abantu b’i Murambi.” Ni mu kiganiro yigeze kugirana na televiziyo y’igihugu.

Aho i Murambi naho ubu ni mu Karere ka Gatsibo, ikaba yari komini yayoborwaga na Burugumesitiri Jean Baptiste Gatete wabaye ruharwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri icyo gihe Gatoyire ngo yafashwaga na Burugumesitiri Sebashumba Edouard wayoboraga komini Giti, wamuhaga amasasu.

Muri icyo gihe yakuye ubwato bwose mu kiyaga cya Muhazi, kugira ngo Interahamwe zituruka mu yahoze ari Komini Bicumbi zitabona uko zambuka ngo zibatere.

Gatoyire ariko yari afite ubwato yahishaga mu nzu ye, yakoreshaga mu gucikisha Abatutsi anyuze muri Muhazi, akabikora nijoro, hafi buri munsi.

Yakomeje ati “Guhera mu 1959, n’abantu nayoboraga nigeze kubabwira ko umuntu wese ari umunyarwanda, ibi byose bya Ndi umunyarwanda njye byamapaye amahoro, kuvuga ririya zina ry’Umunyarwanda.”

“Nabwiraga abasore nti ko mushaka kwica abatutsi, mwavutse, mwasanze inka hano? Bati ashwi! None se uriya washyize inka mu rugo ngo munywe amata si sogokuru? Mwamwica mute? Urubyiruko nayoboraga nta muntu rwishe.”

Yabaye umwe mu bahamya b’uko igihe cyose uyobora abantu ntubavangure ngo ukunde bamwe wange abandi, nta cyatuma batumva ibyo ubabwira.

Ati “Njye narababwiraga nti mureke twitabare, niba uri umuhutu urakize, umututsi ni umukene, nta kuntu bazaza ngo bice umututsi batahe imbokoboko batagutwaye ibintu byawe.”

Mongi Justine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko muri iyo segiteri nta muntu watekerezaga ibyo kwica, kubera ubutumwa bahabwaga n’umuyobozi.

Ati “Bafataga amacumu n’imiheto bakavuga ngo tujye kurwana, dukumire bariya bantu bataza kutwanduza. Bose baragendanaga, uyu musaza ni we wagendanaga nabo, bamuherekeje, bakavuga ngo ntabwo dushaka ko bariya bantu baza kutwanduza. Nuko Imana nayo iradutabara, kuko imbaraga zashoboraga kuba nkeya.”

Inkotanyi ngo zaje kubageraho Interahamwe zitarashobora kubanesha.

Yakomeje ati “Inkotanyi zije rero dukira dutyo, twibera aho dutyo, n’ubungubu usanga abantu batubaza – twari dutuye mu cyahoze ari [komini] Giti – bati muri Giti yayindi itarishe? Icyahatugeza ngo turebe aho hantu ukuntu hameze.”

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Gatoyire yakomeje kuyobora Segiteri kugeza muri 2003, akomeza no kubanisha abaturage mu mahoro, atanga ibiganiro bigamije guteza imbere ubumwe bw’Abanyarwanda.

Umuryango Unity Club ugira uruhare mu guhemba Abarinzi b’Igihango, wihanganishije Umuryango wa Gatoyire witabye Imana ku wa 17 Kanama 2021. Hari amakuru ko azashyingurwa kuri uyu wa Gatandatu.

Twihanganishije umuryango w'Umurinzi w’Igihango ku rwego rw'Igihugu GATOYIRE Damien witabye Imana.

Yagize uruhare rukomeye mu gukumira ibitero byagabwaga ku bahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Gasange, ubu ni muri @GatsiboDistrict

Aruhukire mu mahoro. pic.twitter.com/Akv7MXGpsN

— Unity Club (@UnityClubRw) August 20, 2021

Abarinzi b’igihango ku rwego rw’igihugu bagera muri 40.

Ibindi byiciro ari nabyo birimo abantu benshi bahawe imidali ni Abarinzi b’Igihango ku rwego rw’Akagari, ku rwego rw’Umurenge no ku rwego rw’Akarere. Bose hamwe barenga 6000.

 

 

 

TAGGED:featuredGatoyire DamienGatsiboGitiUmurinzi w'IgihangoUnity Club
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikarita Y’Isi Ikwiye Kuvugururwa
Next Article Isomwa Ry’Urubanza Rwa Rusesabagina Ryahawe Itariki Nshya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?