Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Twamenye Ku Muntu ‘Wiciwe’ Ku Muhima Ejo Hashize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ibyo Twamenye Ku Muntu ‘Wiciwe’ Ku Muhima Ejo Hashize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2021 8:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’inkuru Taarifa yanditse kuri uyu wa Gatandatu tariki 25, Ukuboza, 2021 yatabarizaga umugabo wari wiciwe ku muhanda akahirirwa yabuze urwego rwahamukura twaje kumenya ko nyakwigendera yitwa Niyonshuti Jean Baptiste.

Umwe muri benewabo utashatse ko tumuvuga amazina yatubwiye ko nyakwigendera yari umushoferi utwara ikamyo.

Ngo nyakwigendera yagiranye ikibazo n’ abanyonzi bitendekaga ku ikamyo ye, barashyamirana umwe amukubita ikibuye yitura hasi arapfa.

Niyonshuti yari afite umugore n’umwana umwe.

Yari afite Se na Mukase.

Uwaduhaye amakuru avuga ko abanyonzi bamukubise ririya buye barimukutiye ahitwa kwa Mutangana.

Nyakwigendera yari asigaranye na murumuna we gusa kuko Nyina n’abavandimwe be bandi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Uwo mu muryango we kandi yatubwiye ko nyakwigendera yagejejwe kwa muganga yambaye ikoboyi.

Ikindi ngo ni uko nta mbago yagenderagaho bityo agakeka ko ababikoze baba barazimushyize iruhande bajijisha.

Ku rundi ruhande ariko umwirondoro we ntuhurizwaho.

Umuvugizi w’Urwego rw’ubugenzacyaha Dr Thierry B. Murangira yabwiye Taarifa ko iperereza ry’ibanze ryasanze yitwa Ufitinema Evalde.

Avuga ko ibyo RIB yabonye ari iby’iperereza ry’ibanze, ko iperereza baritangiye kandi rizagenda neza kugira ngo abagize uruhare muri biriya bafatwe.

Umurambo we wajyanywe ku kigo Rwanda Forensic Laboratory ngo hamenyekane icyo yazize.

Yasabye abantu kujya birinda kuvangira ibimenyetso by’ahakorewe icyaha cyavuyemo urupfu kugira ngo batagira ibyo bangiza.

Ati ” Abantu nibabona aho undi yaguye bajye birinda kugira icyo bahakora ahubwo batabaze Polisi cyangwa RIB”.

Ibi yatubwiye bisa n’aho ari byo abaturage bashyize mu bikorwa kuko umubiri wa nyakwigendera wamaze amasaha menshi hanze hirinzwe kugira uwamukoraho.

Ndahiro Valens Pappy yatabarije uyu muntu ngo baze bamukure aho yari yaguye.
TAGGED:featuredJenosideMuhimaRIBUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwageze Ku Ntego Yo Gukingira COVID-19 Abaturage 40%
Next Article Mu Birindiro Bikuru Bya ADF, Ingabo Za Uganda Zahasanze Imineke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingazi: Uburyo Bushya Bwa Leta Bwo Korohereza Urubyiruko Kubona Akazi

Nyakarundi Yaganirije Bagenzi Be Ba Somalia Na Qatar

Abayobozi Ba Amerika Barisukiranya Muri Israel

Gasana Alfred Wari Ambasaderi Mu Buholandi Yagizwe Senateri

RIB Yafunze Uwasabaga Abantu Kujyana Amafaranga Mu Rusengero Ngo Bakubirwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Kenya: Batatu Mu Baje Gusezera Kuri Odinga Barasiwe Kuri Stade

Kayonza: Imvura Yishe Batandatu Biganjemo Abana

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ubusugire Bw’Igihugu Bushingiye No Kubo Mufatanya- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ubufaransa Bugiye Gukoresha Inama Ku Mutekano Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ubuyapani: Bwa Mbere Umugore Yabaye Minisitiri W’Intebe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Hakenewe Miliyari $ 50 Zo Gusana Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?