Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Twamenye Ku Muntu ‘Wiciwe’ Ku Muhima Ejo Hashize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ibyo Twamenye Ku Muntu ‘Wiciwe’ Ku Muhima Ejo Hashize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2021 8:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’inkuru Taarifa yanditse kuri uyu wa Gatandatu tariki 25, Ukuboza, 2021 yatabarizaga umugabo wari wiciwe ku muhanda akahirirwa yabuze urwego rwahamukura twaje kumenya ko nyakwigendera yitwa Niyonshuti Jean Baptiste.

Umwe muri benewabo utashatse ko tumuvuga amazina yatubwiye ko nyakwigendera yari umushoferi utwara ikamyo.

Ngo nyakwigendera yagiranye ikibazo n’ abanyonzi bitendekaga ku ikamyo ye, barashyamirana umwe amukubita ikibuye yitura hasi arapfa.

Niyonshuti yari afite umugore n’umwana umwe.

Yari afite Se na Mukase.

Uwaduhaye amakuru avuga ko abanyonzi bamukubise ririya buye barimukutiye ahitwa kwa Mutangana.

Nyakwigendera yari asigaranye na murumuna we gusa kuko Nyina n’abavandimwe be bandi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Uwo mu muryango we kandi yatubwiye ko nyakwigendera yagejejwe kwa muganga yambaye ikoboyi.

Ikindi ngo ni uko nta mbago yagenderagaho bityo agakeka ko ababikoze baba barazimushyize iruhande bajijisha.

Ku rundi ruhande ariko umwirondoro we ntuhurizwaho.

Umuvugizi w’Urwego rw’ubugenzacyaha Dr Thierry B. Murangira yabwiye Taarifa ko iperereza ry’ibanze ryasanze yitwa Ufitinema Evalde.

Avuga ko ibyo RIB yabonye ari iby’iperereza ry’ibanze, ko iperereza baritangiye kandi rizagenda neza kugira ngo abagize uruhare muri biriya bafatwe.

Umurambo we wajyanywe ku kigo Rwanda Forensic Laboratory ngo hamenyekane icyo yazize.

Yasabye abantu kujya birinda kuvangira ibimenyetso by’ahakorewe icyaha cyavuyemo urupfu kugira ngo batagira ibyo bangiza.

Ati ” Abantu nibabona aho undi yaguye bajye birinda kugira icyo bahakora ahubwo batabaze Polisi cyangwa RIB”.

Ibi yatubwiye bisa n’aho ari byo abaturage bashyize mu bikorwa kuko umubiri wa nyakwigendera wamaze amasaha menshi hanze hirinzwe kugira uwamukoraho.

Ndahiro Valens Pappy yatabarije uyu muntu ngo baze bamukure aho yari yaguye.
TAGGED:featuredJenosideMuhimaRIBUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwageze Ku Ntego Yo Gukingira COVID-19 Abaturage 40%
Next Article Mu Birindiro Bikuru Bya ADF, Ingabo Za Uganda Zahasanze Imineke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?