Icyayi Kinjirije u Rwanda Miliyoni $3 Mu Minsi Irindwi

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kohereza hanze ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, gitangaza ko mu minsi irindwi ishize u Rwanda rwohereje hanze icyayi gipima toni 987 cyose hamwe kikaba cyararwinjirije $ 3,129,805.

Nicyo gihingwa kinjije menshi ugereranyije n’ibindi rwohereza hanze birimo n’ikawa n’indabo.

Imibare itangwa aha ni iyo hagati y’italiki 29, Mutarama kugeza taliki 02, Gashyantare, 2024.

Ku byerekeye ikawa, u Rwanda rwoherereje amahanga ipima toni 280 igurwa $ 1,329,891. Ikilo kimwe cyaguzwe ku $4,76.

- Advertisement -

Imbuto zose hamwe u Rwanda rwoherereje amahanga zanganaga na toni 450 zikaba zaraguzwe kuri $ 446,945, inyinshi zoherezwa muri Afurika no muri Aziya.

Ibindi rwohereje yo ni amata n’ibiyakomokaho byarwinjirije $36,412; rwohereje kandi amatungo mazima afite agaciro ka $149,550, inyama zifite agaciro ka $192,896, amagi afite agaciro ka $18,960 n’amafi afite agaciro ka $ 59,514.

Ku byerekeye ibinyampeke, ibyo u Rwanda rwoherereje amahanga byarwinjirije $1,018,744.

Ibinyamafufu rwoherejeyo ni ukuvuga ibirayi, imyumbati n’ibindi byarwinjirije $ 660,475 n’aho ibinyamisogwe byinjirije u Rwanda $194,013 mu gihe ‘ibindi’ byo byinjije $ 400,099.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version