Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igihe Kirageze Ngo Dushyire Ibintu Mu Bikorwa-Dr Biruta Avuga Kuri CHOGM
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Igihe Kirageze Ngo Dushyire Ibintu Mu Bikorwa-Dr Biruta Avuga Kuri CHOGM

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 February 2021 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta yanditse ko inama ya CHOGM izabera mu Rwanda muri Kamena, 2021 izaba uburyo bwo gushyira mu bikorwa za politiki z’ibihugu by’uriya muryango, imvugo ikaba ingiro.

Ni mu nyandiko yasohoye mu kanyamakuru kitwa Commonwealth Voices gaha ijambo abantu bo muri uyu muryango kugira ngo bagire icyo bavuga ku nama ya CHOGM baba bitegura kuzitabira.

Mu nyandiko ye yavuze ko igihe ari iki kugira ngo amagambo ahindurwe ibikorwa, kandi ubuyobozi burusheho guha abantu bose uruhare mu ishyirwa mu bikorwa bya za Politiki.

Yanditse ati: “Mu by’ukuri igihe ni iki kugira ngo dushyire mu bikorwa politiki zacu kandi dukore k’uburyo politiki zose cyane cyane iz’ubuzima zifasha abantu bose batuye ibihugu byacu kubona serivisi z’ubuzima kandi n’ubukungu bwacu butere imbere nta we buheje.”

Dr Biruta yavuze ko politiki zifatwa muri iki gihe zigomba gukora k’uburyo zihuriza hamwe ibikerewe byose kugira ngo zunganirane n’izo mu karere ibihugu bihereremo ndetse n’izo ku rwego rwagutse kurushaho.

U Rwanda rwiteguye CHOGM

Yanditse ko muri iki gihe Isi iri mu bibazo yatewe na COVID-19 igikenewe cyane ari ubufatanye kugira ngo inkingo zabonetse kandi zikaba zaremejwe na OMS/WHO zizahabwe abatuye Isi nta vangura bityo ubuzima busubire mu buryo n’ubukungu buzanzamuke ku nyungu za bose.

Yaciye umugani w’Abanyarwanda uvuga ko ‘ababiri bishe umwe’, avuga ko ubufatanye ari ingenzi muri iki gihe.

U Rwanda rwiteguye kuzakira Inama n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zivuga Icyongereza iteganyijwe kuzaba muri Kamena, 2021 ikazaba ari iya 26.

Biruta yijeje abazitabira iriya nama ko bazakirwa neza mu buryo bwose, abaha ikaze mu Rwanda.

TAGGED:BirutaCHOGAMCOVID-19featuredRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article The Ben Yatomoye Umukunzi We, Bamwe Bamusaba Ko Yamwambika Impeta
Next Article Urukiko Rw’Ikirenga Rwasabwe Gutesha Agaciro Itorwa Rya Museveni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?