Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikarita Y’Isi Ikwiye Kuvugururwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Ikarita Y’Isi Ikwiye Kuvugururwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2021 12:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari impamvu ebyiri z’ingenzi zituma tubyemeza: Kuvuka kw’ibirwa no kuzimira kwabyo. Mu Buyapani haherutse kuvuka ikirwa gishya nyuma y’iruka ry’ikirunga kiri munsi y’Inyanja kitwa Fukutoku-Okanoba. Hagati aho hari ibirwa bigiye kuzarengerwa n’amazi kubera kuyenga kw’amazi yibumbiye mu mpera z’Isi, ibyo bita ’Polar Ice Melting.’

U Buyapani ni igihugu kigizwe n’ibirwa  6,852.

Igitangaje ni uko bicyiyongera kubera imiterere yo mu nsi y’inyanja u Buyapani buteretsemo.

Ibirunga biri munsi y’inyanja u Buyapani buteretsemo nibyo bituma ibirwa byabwo bihora bivuka, ibindi bikazimira.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imitingito niyo yatumye u Buyapani bumera uko bumeze muri iki gihe kandi niyo izagena uko buzaba bumeze ‘ejo hazaza.’

U Buyapani hamwe n’ibindi bihugu biri mu karere buherereyemo, buri mu gice abahanga bita mu Gifaransa Ceinture de Feu, ni ukuvuga agace kabamo ibirunga byinshi kandi biruka kenshi( Volcans Actifs).

Mu gihe gito gishize, abahanga mu mikorere y’ibirunga n’imiterere y’isi babonye ko mu bilometero 1,200 uturutse mu Murwa mukuru w’u Buyapani, Tokyo, havutse ikirwa.

Iki kirwa batarita izina gituranye n’ikindi bita Iwo Jima.

Cyatangiye kugaragara mu mpera z’Icyumweru gishize, hari tariki 13, Kanama, 2021.

- Advertisement -

Gusa ni ikirwa kikivuka( baby island) kuko gifite akarambararo( diameter) ka Kilometero imwe.

Iki kirwa kiri kuvuka

Abahanga bandika mu kinyamakuru kitwa IFL Science bavuga ko kiriya kirwa kigikura kuko n’ikirunga cyatumye kivuka, nacyo kigikora.

Kiriya kirwa nigikura neza kizatuma ubuso bw’u Buyapani bwiyongera kuko gishobora kuzasatira ikindi kitwa kitwa Ogasawara.

Imiterere y’u Buyapani iratangaje…

Uretse kuba bufite ibirwa byinshi kandi bivuka kenshi, muri ibyo birwa hari byinshi bizimira bitamaze imyaka 100.

Ibyinshi mu birwa byemejwe ko byavutse muri kiriya gihugu, hari hagati y’imyaka ya 1904, 1914 na  1986, ntibyarambye kuko ibirunga byarutse bikabisenya cyangwa bikabiremamo ibindi bishya.

Ndetse hari n’ikirwa kitamaze amezi arenze abiri kikiriho.

Gusa hari ibindi byavutse birakura ubu byabaye ubukombe urugero ni ikirwa kitwa Nishino Shima.

Ikindi gituma u Buyapani buba igihugu gitangaje ni abagituye.

Nicyo gihugu gifite abantu baramba kurusha abandi ku isi kandi nicyo gihugu gifite abaturage bavuga ururimi rutuma badasohora amatembabuzi menshi( aturuka ku macandwe).

Kudasohora amatembabuzi aturuka ku macandwe biri mu byafashije Abayapani kutanduzanya COVID-19 ari benshi nk’uko byagenze mu bindi bihugu bya Aziya bituranye nabwo.

Bazwi ho kandi gufungura amafunguro akize kuri proteins zitangwa n’amafi.

Ntibakunze kubyibuha cyane kandi umubano w’Abayapani utuma abageze mu zabukuru babo basaza neza kuko baba bumva bagikunzwe.

Ikarita Y’Isi yatangiye gushushanywa n’Abagereki ba Mbere ya Yezu Kristu…

Abagereki ba cyera nibo batangiye gushushanya imiterere y’isi.

Uwabikoze bwa mbere ni uwitwaga Anaximander, wayishushanyije avuga ko yiburungushuye.

Anaximander

Hari mu Kinyejana cya gatandatu mbere ya Yezu Kristu.

Nyuma ye abandi Bagereki barushijeho kuyivugurura ndetse abayishushanyije bwa mbere mu buryo busa n’uko yemewe muri iki gihe ni

Eratosthenes na  Ptolomey wayishushanyije akanayiha imirongo mbariro miganda( longitudes) n’imirongo mbariro( latitudes).

Abandi bagiye bayinonosora kandi biracyakomeje kuko imiterere y’isi ihora ihinduka.

TAGGED:AbahangaBuyapanifeaturedIbirungaIkirwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwasubije u Burundi Abagabo Babiri Bavugwaho Gukorera Yo Ibyaha
Next Article Ibitazibagirana Ku Buzima Bwa Gatoyire, Washoboye Gukumira Jenoside Aho Yayoboraga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?